Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigiye gukurikira nyuma y’uko Ishyaka riburabujwe na Hoteli ku mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikigiye gukurikira nyuma y’uko Ishyaka riburabujwe na Hoteli ku mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR/Democratic Green Party of Rwanda) riravuga ko ritazaterera agati mu ryinyo nyuma y’uko ribanje kwangirwa gukorera inama muri imwe muri hoteli yo mu Karere ka Kayonza, ahubwo ko rigiye kuzamura iki kibazo mu nzego zo hejuru.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 17 Kamena, ubwo iri shyaka ryajyaga gukorera inteko rusange y’urubyiruko muri Hoteli ya MIDLAND iherereye mu Murenge wa Mukarange.

Ubuyobozi bw’Iyi Hoteli, bwabanje kwangira iri shyaka kuhakorera inama, ngo kuko bwari buzi ko atari ishyaka ahubwo ko bwari buzi ko ari ikigo cy’ubucuruzi.

Bamwe mu barwanashyaka ba Green Party of Rwanda, bari bitabiriye iyi Nteko rusange, bavuga ko bababajwe n’ibi bakorewe, bo babona ko ari ikibazo kiri muri bamwe, batarumva akamaro k’amashyaka.

Umwe ati “Ni ikintu tutakira neza kuko ubona ko hakiri ikibazo ko bamwe mu bayobozi batarabasha gusobanukirwa imikorere n’umumaro w’amashyaka.”

Umuyobozi ushinzwe imicungire y’iyi Hoteli, Robert Nkubiri yahakanye ko iri shyaka ritabujijwe kuhakorera inama kuko ari umutwe wa Politiki, ahubwo ko hari indi mpamvu.

Ati “Icyabayeho ni ugutinda kumvikana kuri ibyo biciro, ntakindi. Kwanga ntabwo byabayeho.”

Umuyobozi w’uyu Mutwe wa Politiki, Dr Frank Habineza, yavuze ko iyi myitwarire bagaragarijwe n’iyi hoteli, itagomba kurangirira aho, kuko iki kibazo kibaye ubugirakabiri muri aka Karere, ndetse no muri uyu Murenge wa Mukarange.

Ati “N’umwaka ushize mu kwezi kwa karindwi byarabaye muri aka Karere muri uyu Murenge wa Mukarange, n’ubundi bari batubujije gukora, bisaba ko Umuyobozi w’Akarere abijyamo. […] ni ibintu tugomba kwigaho noneho, ntabwo ari ibintu tugiye kureka, tugiye kubikurikirana mu nzego zo hejuru z’Igihugu.”

Dr Frank avuga ko bibabaje kubona bahora bavuga ko Demokarasi iri gutera imbere mu Rwanda, ariko bakaba bagihura n’ibibazo nk’ibi, ku buryo bidakwiye kwirengagizwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 2 =

Previous Post

Abakekwaho igikorwa cy’ubugome ndengakamere bavuze icyo babanje gukora nacyo kigize icyaha

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.