Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigiye gukurikira nyuma y’uko Ishyaka riburabujwe na Hoteli ku mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikigiye gukurikira nyuma y’uko Ishyaka riburabujwe na Hoteli ku mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR/Democratic Green Party of Rwanda) riravuga ko ritazaterera agati mu ryinyo nyuma y’uko ribanje kwangirwa gukorera inama muri imwe muri hoteli yo mu Karere ka Kayonza, ahubwo ko rigiye kuzamura iki kibazo mu nzego zo hejuru.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 17 Kamena, ubwo iri shyaka ryajyaga gukorera inteko rusange y’urubyiruko muri Hoteli ya MIDLAND iherereye mu Murenge wa Mukarange.

Ubuyobozi bw’Iyi Hoteli, bwabanje kwangira iri shyaka kuhakorera inama, ngo kuko bwari buzi ko atari ishyaka ahubwo ko bwari buzi ko ari ikigo cy’ubucuruzi.

Bamwe mu barwanashyaka ba Green Party of Rwanda, bari bitabiriye iyi Nteko rusange, bavuga ko bababajwe n’ibi bakorewe, bo babona ko ari ikibazo kiri muri bamwe, batarumva akamaro k’amashyaka.

Umwe ati “Ni ikintu tutakira neza kuko ubona ko hakiri ikibazo ko bamwe mu bayobozi batarabasha gusobanukirwa imikorere n’umumaro w’amashyaka.”

Umuyobozi ushinzwe imicungire y’iyi Hoteli, Robert Nkubiri yahakanye ko iri shyaka ritabujijwe kuhakorera inama kuko ari umutwe wa Politiki, ahubwo ko hari indi mpamvu.

Ati “Icyabayeho ni ugutinda kumvikana kuri ibyo biciro, ntakindi. Kwanga ntabwo byabayeho.”

Umuyobozi w’uyu Mutwe wa Politiki, Dr Frank Habineza, yavuze ko iyi myitwarire bagaragarijwe n’iyi hoteli, itagomba kurangirira aho, kuko iki kibazo kibaye ubugirakabiri muri aka Karere, ndetse no muri uyu Murenge wa Mukarange.

Ati “N’umwaka ushize mu kwezi kwa karindwi byarabaye muri aka Karere muri uyu Murenge wa Mukarange, n’ubundi bari batubujije gukora, bisaba ko Umuyobozi w’Akarere abijyamo. […] ni ibintu tugomba kwigaho noneho, ntabwo ari ibintu tugiye kureka, tugiye kubikurikirana mu nzego zo hejuru z’Igihugu.”

Dr Frank avuga ko bibabaje kubona bahora bavuga ko Demokarasi iri gutera imbere mu Rwanda, ariko bakaba bagihura n’ibibazo nk’ibi, ku buryo bidakwiye kwirengagizwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Abakekwaho igikorwa cy’ubugome ndengakamere bavuze icyo babanje gukora nacyo kigize icyaha

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Amakuru mashya ku bakekwaho igikorwa cy’ubunyamaswa muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.