Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne José Luis Mato Sanmartín, ukinira ikipe ya Espanyol yamanutse mu cyiciro cya 2, yatijwe muri Real Madrid, atanzweho ibihumbi 500 by’ama-Euros.

José Luis Mato Sanmartín, uzwi cyane nka Joselu, yerekeje muri Real Madrid nk’intizanyo ya Espanyol, aho yatanzweho ibihumbi 500 by’ama Euros.

Joselu, w’imyaka 33, ni ku nshuro ya 2 yerekeza mu ikipe ya Real Madrid  dore ko ari imwe mu makipe yazamukiyemo, nyuma akaza kujya muri Espanyol, cyane ko ku giti cye yitwaye neza muri iyi kipe nubwo umwaka w’imikino wa 2022-2023 warangiye imanutse mu cyiciro cya 2, aho yaje ku mwanya wa 3 mu batsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya Espagne La Liga 2022-2023 afite ibitego 16, inyuma ya Robert Lewandowski watsinze ibitego 23 na Karim Benzema watsinze ibitego 18, bikaba ari inshuro ya 4 yikurikiranya.

Joselu atsinda ibitego birenze 9 mu mwaka umwe w’imikino nubwo muri izo nshuro zose ikipe ye yamanutsemo ubugira kabiri.

Joselu yahamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu ya Espagne muri Werurwe, kuva ubwo akaba amaze kuyitsindira ibitego 3 mu minota 138 yagaragayemo mu mikino 4 yose, akaba kandi, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yafashije ikipe y’igihugu ya Espagne gutwara igikombe mpuzamahanga cyayo cya 4, nyuma yo gutsindira Croatia ku mukino wa nyuma, hitabajwe penalty.

Nubwo Real Madrid itatangaje byinshi ku izanwa rya Joselu, bivugwa ko ari intizanyo y’umwaka wose w’imikino aho yatanzweho ibihumbi 500 by’ama Euros, ndetse kandi akaba ashobora kuzatangwaho miliyoni imwe n’ibihumbi 500 y’ama Euros kugira ngo Real Madrid ibe yamugura.

Joselu akaba ari umukinnyi wa 4 Real Madrid isinyishije muri iyi mpeshyi, tubariyemo Brahim Diaz wayigarutsemo nyuma yo gutizwa muri AC Milan, Fran Garcia, wavuye muri Rayo Vallecano ndetse n’Umwongereza Jude Bellingham, wavuye muri Borussia Dortmund.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 9 =

Previous Post

Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi

Next Post

Humvikanye ibishya mu rubanza rw’uwigishaga muri Kaminuza uvuga ko arwaye mu mutwe

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Humvikanye ibishya mu rubanza rw’uwigishaga muri Kaminuza uvuga ko arwaye mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.