Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne José Luis Mato Sanmartín, ukinira ikipe ya Espanyol yamanutse mu cyiciro cya 2, yatijwe muri Real Madrid, atanzweho ibihumbi 500 by’ama-Euros.

José Luis Mato Sanmartín, uzwi cyane nka Joselu, yerekeje muri Real Madrid nk’intizanyo ya Espanyol, aho yatanzweho ibihumbi 500 by’ama Euros.

Joselu, w’imyaka 33, ni ku nshuro ya 2 yerekeza mu ikipe ya Real Madrid  dore ko ari imwe mu makipe yazamukiyemo, nyuma akaza kujya muri Espanyol, cyane ko ku giti cye yitwaye neza muri iyi kipe nubwo umwaka w’imikino wa 2022-2023 warangiye imanutse mu cyiciro cya 2, aho yaje ku mwanya wa 3 mu batsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya Espagne La Liga 2022-2023 afite ibitego 16, inyuma ya Robert Lewandowski watsinze ibitego 23 na Karim Benzema watsinze ibitego 18, bikaba ari inshuro ya 4 yikurikiranya.

Joselu atsinda ibitego birenze 9 mu mwaka umwe w’imikino nubwo muri izo nshuro zose ikipe ye yamanutsemo ubugira kabiri.

Joselu yahamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu ya Espagne muri Werurwe, kuva ubwo akaba amaze kuyitsindira ibitego 3 mu minota 138 yagaragayemo mu mikino 4 yose, akaba kandi, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yafashije ikipe y’igihugu ya Espagne gutwara igikombe mpuzamahanga cyayo cya 4, nyuma yo gutsindira Croatia ku mukino wa nyuma, hitabajwe penalty.

Nubwo Real Madrid itatangaje byinshi ku izanwa rya Joselu, bivugwa ko ari intizanyo y’umwaka wose w’imikino aho yatanzweho ibihumbi 500 by’ama Euros, ndetse kandi akaba ashobora kuzatangwaho miliyoni imwe n’ibihumbi 500 y’ama Euros kugira ngo Real Madrid ibe yamugura.

Joselu akaba ari umukinnyi wa 4 Real Madrid isinyishije muri iyi mpeshyi, tubariyemo Brahim Diaz wayigarutsemo nyuma yo gutizwa muri AC Milan, Fran Garcia, wavuye muri Rayo Vallecano ndetse n’Umwongereza Jude Bellingham, wavuye muri Borussia Dortmund.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 8 =

Previous Post

Bamennye ibanga ry’icyumvikana nk’amareshyamugeni cyabashituye bagasezerana ku bwinshi

Next Post

Humvikanye ibishya mu rubanza rw’uwigishaga muri Kaminuza uvuga ko arwaye mu mutwe

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Humvikanye ibishya mu rubanza rw’uwigishaga muri Kaminuza uvuga ko arwaye mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.