Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yageze i Cairo mu Misiri ivuye muri Morocco nyuma yuko ubuyobozi bw’umupira muri kiriya Gihugu buyangiye kuhakinira imikino ya gicuti ngo ku mpamvu z’umutekano.
Iyi kipe y’u Rwanda yerecyeje i Cairo kuri uyu wa Kane tariki 04 Kamena 2026, aho yagiye gukomerezayo imyiteguro y’imikino yo gushaka itike ya AFCON 2027.
Amakuru dukesha Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, nk’uko ryabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Kamena 2026, avuga ko “Amavubi yaraye mu Misiri”
FERWAFA ivuga ko nyuma yuko Ikipe y’u Rwanda igeze mu Misiri, kuri uyu wa Gatanu, itangira gukora imyitozo, aho iyikorera ku kibuga cya Tolip Gardens Hotel.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, ryavugaga ko “rimenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru n’Abaturarwanda muri rusange ko imikino ya gicuti mpuzamahanga Ikipe y’Igihugu Amavubi yari kuzakinira i Marrakech muri Maroc mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga cya FIFA cyo muri Kamena 2026, itakibaye.”
FERWAFA yatangaje ko “Ibi bije bikurikira ubutumwa yahawe n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Maroc bumenyesha ko iyo mikino itemewe kubera impamvu z’umutekano.”
Ni mu gihe bamwe mu bagize ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, bari bamaze kugera muri Morocco, ari na ho bavuye berecyeza i Cairo mu Misiri ahazakomereza uyu mwiherera uzaba hagati ya tariki 04 kugeza ku wa 11 Kamena 2026.

RADIOTV10






