Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in MU RWANDA
0
Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Andrew Mwenda yavuze ko ntakosa abona kuba Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakwifuza kuba Perezida kuko na se ari we.

Nyuma y’ubutumwa bwatambutse kuri Twitter ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, buvuga ko asezeye mu gisirikare, havuzwe byinshi birimo no kuba bamwe barahise bemeza ko uyu muhungu wa Yoweri Museveni atangiye urugendo rwo kuzasimbura se ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Mu kiganiro cyatambutse kuri NBS Televiziyo, Andrew Mwenda yavuze ko buriya butumwa bwatambutse kuri Twitter ya Muhoozi, ari ikosa ryakozwe n’ukoresha Twitter ye.

Yagize ati “Buri butumwa bukimara kujya kuri Twitter bwanteye urujijo mpita njya kumureba iwe. Yampaye ibisobanuro. Kuva mu Gisirikare ni ibintu atekereza kuzakora nko mu myaka umunani iri imbere.”

Andrew Mwenda mu kiganiro

Nyuma ya buriya butumwa, hagaragaye amashusho magufi kuri Twitter ya Andrew Mwenda ari kumwe na Muhoozi bavuga ko azava mu Gisirikare mu myaka umunani iri imbere.

Gusa bamwe mu basesenguzi n’Abanyapolitiki bakibona buriya butumwa, bahise bemeza ko ibi bigaragaza ko Muhoozi aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2026 akaba yasimbura se Museveni nk’uko bimaze iminsi bivugwa.

Muri iki kiganiro cyatambutse kuri NBS, Andrew Mwenda yanagarutse kuri iyi ngingo, avuga ko afitanye amateka na Muhoozi kandi ko ari ibintu yishimira.

Yagize ati “Ese ni ikosa kuba Muhoozi yafata icyemezo cyo kuba Perezida ngo ni uko Ise ari Perezida.”

Andrew Mwenda kandi yanagarutse ku byo kuba Muhoozi akunze kwita Perezida Paul Kagame Se wabo, avuga ko na byo ntakibazo abibonamo.

Ati “Niba Muhoozi yarise Kagame Se wabo hanyuma agafungura umupaka, ikosa ririmo ni irihe.”

Andrew Mwenda yavuze ko Muhoozi bafitanye amateka maremare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 18 =

Previous Post

Russia&Ukraine: Ibyavuye mu biganiro byahuje ba Minisitiri b’Ubunayi n’Amahanga byamenyekanye

Next Post

Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini

Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.