Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Imanike”: Igisubizo Min.Gatabazi yahaye Faustin Twagiramungu cyaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
3
“Imanike”: Igisubizo Min.Gatabazi yahaye Faustin Twagiramungu cyaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Benshi bagarutse ku gisubizo cyatanzwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney abwira Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, wanenze uburyo u Rwanda rwahawe kwakira CHOGM ngo kandi hari inenge arubonaho.

Faustin Twagiramungu wamenyekanye cyane nka ‘Rukokoma’ akaba yarabaye Minisitiri w’Intebe mbere yuko ahunga u Rwanda, ni umwe mu bakunze kunenga u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Uyu musaza utajya avuga neza u Rwanda, rimwe na rimwe akanarunenga ibishimwa na buri wese, ubwo u Rwanda rwakiraga ibikorwa bya CHOGM byasojwe mu cyumweru gishize, na bwo yagaragaje ko atishimiye ko iyi nama yabereye mu rw’imisozi igihumbi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, tariki 21 Kamena 2022, Twagiramungu yavuze ko ngo ari ikimwaro kuba Ubunyamabanga Bukuru bwa Commonwealth buha u Rwanda kwakira CHOGM kandi ruyobowe n’umuyobozi ngo wakoze ibikorwa bibi [tutifuje gutangaza mu nkuru yacu kuko bihabanye n’ukuri].

Benshi bazi ukuri kandi banazi imiyoborere myiza iranga umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame, bahise bamaganira kure ibitekerezo by’uyu munyapolitiki Faustin Twagiramungu wigeze kwiyamamariza kuyobora u Rwanda agatsindwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, uri mu batanze ibitekerezo ku byari byatangajwe na Rukokoma, yagize ati “Imanike.”

Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, batanze ibitekerezo kuri iki gisubizo cya Minisitiri Gatabazi, nka Dore Inyange Year wabanje guseka, arangije agira ati “nibinanirana abwire Ingabire Victoire amutabare amumanike.”

Uwitwa Jean Ufiteyezu yagize ati “Uyu n’ubundi na we ubwe ntariho, amaherezo ye ni ukujya mu kagozi kuko ntiyishima iyo abona ibyiza nk’ibi, gusa n’ubundi ntawahemukiye u Rwanda ngo bimugwe amahoro. U Rwanda ni igihugu cyahawe umugisha n’Uwiteka”

Jean Baptiste Uwizeyimana na we yaje agira ati “Nyakubahwa, ubusanzwe erega himanika abazima, naho abatariho se bakwimanika bate? Uyu ntariho namba pe.”

Iki gisubizo cya Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney nubwo amaze iminsi agihaye Twagiramungu, gikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Mu kiganiro cyujuje imyaka itanu gitambutse ku bitangazamakuru bya RBA, cyabaye tariki 25 Kamena 2017, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri Faustin Twagiramungu wirirwa asebya ubuyobozi bw’u Rwanda kandi bwaramukamiye.

Icyo gihe Perezida Kagame agaruka ku misanzu y’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi, yavuze ko yagize uruhare rukomeye mu kubaka Igihugu.

Yagize ati “N’aba bantu baba bari kudusebya, Guverinoma ya mbere, Minisitiri w’Intebe wa Mbere [Faustin Twagiramunu] uyu mugabo uba mu Bubiligi, utajya utugiraho amagambo meza; yewe n’ikote rya mbere yambaye ryaguzwe muri ya mafaranga…”

Faustin Twagiramungu uzwi nka Rukokoma

RADIOTV10

Comments 3

  1. Jackson says:
    3 years ago

    Kbx niyimanike

    Reply
  2. Munyampeta Fabien says:
    3 years ago

    Nubundi Yarimanitse ahubwo ntangazwa nuko arashya imigeli yifuza kwikuramo bitari bukunde

    Reply
  3. John Twahirwa says:
    3 years ago

    Erega kandi kuko yabuze ayo mahirwe yokuruyobora,ntabwo yatinyuka kuvuga kagame neza habe nagato!niryari mwumvise abakeba bavugana neza mu ruhame Koko?Gusa Faustin azashyikaho yoyakire!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 2 =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho kwica umugabo we amuziza kunywera amafaranga yari yamuhaye ngo agure amategura

Next Post

Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.