Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Imanike”: Igisubizo Min.Gatabazi yahaye Faustin Twagiramungu cyaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
3
“Imanike”: Igisubizo Min.Gatabazi yahaye Faustin Twagiramungu cyaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Benshi bagarutse ku gisubizo cyatanzwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney abwira Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, wanenze uburyo u Rwanda rwahawe kwakira CHOGM ngo kandi hari inenge arubonaho.

Faustin Twagiramungu wamenyekanye cyane nka ‘Rukokoma’ akaba yarabaye Minisitiri w’Intebe mbere yuko ahunga u Rwanda, ni umwe mu bakunze kunenga u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Uyu musaza utajya avuga neza u Rwanda, rimwe na rimwe akanarunenga ibishimwa na buri wese, ubwo u Rwanda rwakiraga ibikorwa bya CHOGM byasojwe mu cyumweru gishize, na bwo yagaragaje ko atishimiye ko iyi nama yabereye mu rw’imisozi igihumbi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, tariki 21 Kamena 2022, Twagiramungu yavuze ko ngo ari ikimwaro kuba Ubunyamabanga Bukuru bwa Commonwealth buha u Rwanda kwakira CHOGM kandi ruyobowe n’umuyobozi ngo wakoze ibikorwa bibi [tutifuje gutangaza mu nkuru yacu kuko bihabanye n’ukuri].

Benshi bazi ukuri kandi banazi imiyoborere myiza iranga umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame, bahise bamaganira kure ibitekerezo by’uyu munyapolitiki Faustin Twagiramungu wigeze kwiyamamariza kuyobora u Rwanda agatsindwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, uri mu batanze ibitekerezo ku byari byatangajwe na Rukokoma, yagize ati “Imanike.”

Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, batanze ibitekerezo kuri iki gisubizo cya Minisitiri Gatabazi, nka Dore Inyange Year wabanje guseka, arangije agira ati “nibinanirana abwire Ingabire Victoire amutabare amumanike.”

Uwitwa Jean Ufiteyezu yagize ati “Uyu n’ubundi na we ubwe ntariho, amaherezo ye ni ukujya mu kagozi kuko ntiyishima iyo abona ibyiza nk’ibi, gusa n’ubundi ntawahemukiye u Rwanda ngo bimugwe amahoro. U Rwanda ni igihugu cyahawe umugisha n’Uwiteka”

Jean Baptiste Uwizeyimana na we yaje agira ati “Nyakubahwa, ubusanzwe erega himanika abazima, naho abatariho se bakwimanika bate? Uyu ntariho namba pe.”

Iki gisubizo cya Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney nubwo amaze iminsi agihaye Twagiramungu, gikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Mu kiganiro cyujuje imyaka itanu gitambutse ku bitangazamakuru bya RBA, cyabaye tariki 25 Kamena 2017, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri Faustin Twagiramungu wirirwa asebya ubuyobozi bw’u Rwanda kandi bwaramukamiye.

Icyo gihe Perezida Kagame agaruka ku misanzu y’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi, yavuze ko yagize uruhare rukomeye mu kubaka Igihugu.

Yagize ati “N’aba bantu baba bari kudusebya, Guverinoma ya mbere, Minisitiri w’Intebe wa Mbere [Faustin Twagiramunu] uyu mugabo uba mu Bubiligi, utajya utugiraho amagambo meza; yewe n’ikote rya mbere yambaye ryaguzwe muri ya mafaranga…”

Faustin Twagiramungu uzwi nka Rukokoma

RADIOTV10

Comments 3

  1. Jackson says:
    3 years ago

    Kbx niyimanike

    Reply
  2. Munyampeta Fabien says:
    3 years ago

    Nubundi Yarimanitse ahubwo ntangazwa nuko arashya imigeli yifuza kwikuramo bitari bukunde

    Reply
  3. John Twahirwa says:
    3 years ago

    Erega kandi kuko yabuze ayo mahirwe yokuruyobora,ntabwo yatinyuka kuvuga kagame neza habe nagato!niryari mwumvise abakeba bavugana neza mu ruhame Koko?Gusa Faustin azashyikaho yoyakire!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho kwica umugabo we amuziza kunywera amafaranga yari yamuhaye ngo agure amategura

Next Post

Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

IZIHERUKA

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye
FOOTBALL

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

05/08/2025
Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

05/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.