Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Imanike”: Igisubizo Min.Gatabazi yahaye Faustin Twagiramungu cyaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
3
“Imanike”: Igisubizo Min.Gatabazi yahaye Faustin Twagiramungu cyaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Benshi bagarutse ku gisubizo cyatanzwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney abwira Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, wanenze uburyo u Rwanda rwahawe kwakira CHOGM ngo kandi hari inenge arubonaho.

Faustin Twagiramungu wamenyekanye cyane nka ‘Rukokoma’ akaba yarabaye Minisitiri w’Intebe mbere yuko ahunga u Rwanda, ni umwe mu bakunze kunenga u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Uyu musaza utajya avuga neza u Rwanda, rimwe na rimwe akanarunenga ibishimwa na buri wese, ubwo u Rwanda rwakiraga ibikorwa bya CHOGM byasojwe mu cyumweru gishize, na bwo yagaragaje ko atishimiye ko iyi nama yabereye mu rw’imisozi igihumbi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, tariki 21 Kamena 2022, Twagiramungu yavuze ko ngo ari ikimwaro kuba Ubunyamabanga Bukuru bwa Commonwealth buha u Rwanda kwakira CHOGM kandi ruyobowe n’umuyobozi ngo wakoze ibikorwa bibi [tutifuje gutangaza mu nkuru yacu kuko bihabanye n’ukuri].

Benshi bazi ukuri kandi banazi imiyoborere myiza iranga umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame, bahise bamaganira kure ibitekerezo by’uyu munyapolitiki Faustin Twagiramungu wigeze kwiyamamariza kuyobora u Rwanda agatsindwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, uri mu batanze ibitekerezo ku byari byatangajwe na Rukokoma, yagize ati “Imanike.”

Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, batanze ibitekerezo kuri iki gisubizo cya Minisitiri Gatabazi, nka Dore Inyange Year wabanje guseka, arangije agira ati “nibinanirana abwire Ingabire Victoire amutabare amumanike.”

Uwitwa Jean Ufiteyezu yagize ati “Uyu n’ubundi na we ubwe ntariho, amaherezo ye ni ukujya mu kagozi kuko ntiyishima iyo abona ibyiza nk’ibi, gusa n’ubundi ntawahemukiye u Rwanda ngo bimugwe amahoro. U Rwanda ni igihugu cyahawe umugisha n’Uwiteka”

Jean Baptiste Uwizeyimana na we yaje agira ati “Nyakubahwa, ubusanzwe erega himanika abazima, naho abatariho se bakwimanika bate? Uyu ntariho namba pe.”

Iki gisubizo cya Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney nubwo amaze iminsi agihaye Twagiramungu, gikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Mu kiganiro cyujuje imyaka itanu gitambutse ku bitangazamakuru bya RBA, cyabaye tariki 25 Kamena 2017, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri Faustin Twagiramungu wirirwa asebya ubuyobozi bw’u Rwanda kandi bwaramukamiye.

Icyo gihe Perezida Kagame agaruka ku misanzu y’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi, yavuze ko yagize uruhare rukomeye mu kubaka Igihugu.

Yagize ati “N’aba bantu baba bari kudusebya, Guverinoma ya mbere, Minisitiri w’Intebe wa Mbere [Faustin Twagiramunu] uyu mugabo uba mu Bubiligi, utajya utugiraho amagambo meza; yewe n’ikote rya mbere yambaye ryaguzwe muri ya mafaranga…”

Faustin Twagiramungu uzwi nka Rukokoma

RADIOTV10

Comments 3

  1. Jackson says:
    3 years ago

    Kbx niyimanike

    Reply
  2. Munyampeta Fabien says:
    3 years ago

    Nubundi Yarimanitse ahubwo ntangazwa nuko arashya imigeli yifuza kwikuramo bitari bukunde

    Reply
  3. John Twahirwa says:
    3 years ago

    Erega kandi kuko yabuze ayo mahirwe yokuruyobora,ntabwo yatinyuka kuvuga kagame neza habe nagato!niryari mwumvise abakeba bavugana neza mu ruhame Koko?Gusa Faustin azashyikaho yoyakire!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho kwica umugabo we amuziza kunywera amafaranga yari yamuhaye ngo agure amategura

Next Post

Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

IZIHERUKA

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi
IBYAMAMARE

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

22/12/2025
Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Rayon nyuma yo gutwara umutoza wa Kiyovu yanasinyishije umukinnyi wayikinagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.