Imbaraga The Ben atangiranye 2022 ashobora kuzereka igihandure abandi bahanzi Nyarwanda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuhanzi The Ben yatangiranye imbaraga zidasanzwe umwaka wa 2022 kubera igitaramo yakoreye i Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’indirimbo nshya yakoranye na Diamond. Ibintu bica amarenga ko uyu muhanzi azakora cyane muri uyu mwaka.

Uyu muhanzi w’Umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, tariki 01 Mutarama 2022 yataramiye abakunzi be mu Mujyi wa Dallas muri Texas aho yongeye kwerekwa urukundo rudasanzwe n’abitabiriye iki gitaramo bari biganjemo igitsinagore.

Izindi Nkuru

Iki gitaramo The Ben yataramiye abakunzi be abinjiza mu mwaka wa 2022, cyakurikiwe n’indirimbo uyu muhanzi yakoranye na mugenzi we Diamond Platnumz ubu uyoboye umuziki muri Africa.

Iyi ndirmbo imaze amasaha macye igiye hanze mu buro bw’amajwi n’amagambo (Lyrics) iri kuri YouTube channel ya Diamond imaze kurebwa n’abakabakaba ibihumbi 500.

Bamwe mu bakurikiranira hafi umuziki nyarwanda, bavuga ko ibi bigaragaza imbaraga zidasanzwe z’umuhanzi The Ben atangiranye muri uyu mwaka wa 2022 ku buryo abakunz be bashobora kumwitega.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru