Tuesday, March 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame b’abandi bayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda, ndetse n’Abaturarwanda benshi dore ko Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye.

Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro urangira u Rwanda rutsinze Estonia ku mukino wa nyuma w’itsinda A ibitego 2-0 bya Biramahire Abeddy na Leroy Jacques Mickels, umukino wanitabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Mu bandi banyacyubahiro barebye uyu mukino, barimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva.

Umutoza w’Amavubi Sephen Constantine yahisemo gukoresha abakinnyi 11 bari babanjemo ku mukino uheruka kubahuza na Grenada ku wa 5 w’icyumweru gishize ubwo bayinyagiraga ibitego 4-0.
Umukino w’uyu munsi watangiye ubona Estonia ihanahana umupira kurusha Amavubi, icyakora Amavubi ahagarara neza ku buryo kuyinjiza igitego wabonaga bigoye.

Abeddy Biramahire ni we wafunguye amazamu ku mupira yari ahawe na Joy Lance Mickels. Igitego cya 2 cyatsinzwe na Leroy Mickels ku mupira yahawe na Djihad Bizimana nyuma ya corner yari imaze guhanahanwa n’abakinnyi b’Amavubi.

Mbere yuko Amavubi atsinda Estonia, Kenya yabanje kunyagira Grenada ibitego 3-0 inegukana umwanya wa 3 mu makipe 4 yo mu itsinda A ryakiniye imikino yaryo ya FIFA SERIES 2026 kuri Stade Amahoro.
Leroy Jacques Mickels, ni we watowe nk’umukino wahize abandi mu itsinda A, akaba yaratsinze ibitego 2 aranigaragaza cyane kabone nubwo bwari ubwa mbere akiniye ikipe y’igihugu Amavubi.

Iki gikombe ikipe y’igihugu y’u Rwanda itwaye ni icya 3 mu mateka, nyuma y’icya CECAFA Senior Challenge Cup muri 1999, icya COMESA(2000) na FIFA SERIES 2026.

FIFA SERIES ni irushanwa rikinirwa mu mikino ya gishuti kuri gahunda y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA, aho iry’uyu mwaka ryabaga ku nshuro ya 2 nyuma y’iryari ryabaye muri 2024.
Uyu mwaka, u Rwanda ni cyo gihugu cyonyine cyakiriye imikino ya FIFA SERIES kikakira amatsinda 2, bikaba byaherukaga kuba muri Saudi Arabia muri 2024.

Itsinda rya 2 rya FIFA SERIES ryari ryakiniye i Nyamirambo aho ikipe y’igihugu ya ARUBA yatwaye igikombe nyuma yo kunyagira LIECHTNSTEIN ibitego 4-1, umukino wari wabanjirijwe na Tanzania inyagira Macau ibitego 6-0 mu guhatanira umwanya wa 3.

11 babanjemo ku ruhande rw’Amavubi
11 ba Estonia
Perezida Kagame yarebye uyu mupira
Perezida Kagame asuhuza Perezida wa FERWAFA

Perezida Kagame yarebye uyu mukino

Sitade yari yakubise yuzuye

Ikipe y’u Rwanda yakinnye umukino mwiza utarabayeho
Abandi bayobozi mu nzego nkuru nka Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe na bo barebye uyu mukino
Jean de Dieu Uwihanyanye, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva. na we yari yaje

Amavubi yegukanye Igikombe
Mickels L. Jacque usigaye mu mitima y’Abanyarwanda yabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eighteen =

Previous Post

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Related Posts

Abavandimwe b’impanga bakiniye u Rwanda bwa mbere bagize isabukuru bari mu mwiherero

Abavandimwe b’impanga bakiniye u Rwanda bwa mbere bagize isabukuru bari mu mwiherero

by radiotv10
30/03/2026
0

Mickels Joy Slayd na Mickels Joy Lance basanzwe ari abavandimwe b’impanga, bari mu bakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu iri mu...

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

by radiotv10
29/03/2026
0

Umunyekongo Véron Mosengo-Omba, wari Umunyamabanga Mukuru wa CAF, yeguye nyuma y’igihe kinini asabwa kuva kuri uwo mwanya, mu bihe byari...

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

by radiotv10
29/03/2026
0

Ikipe ya Kepler Women Volleyball Club yageze ku mukino wa nyuma wa playoffs nyuma yo gusezerera Police VWVC yari yatwaye...

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

by radiotv10
23/03/2026
0

Abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya FIFA Series izatangira muri iki cyumweru, barimo abavandimwe...

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

by radiotv10
23/03/2026
0

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura...

IZIHERUKA

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana
FOOTBALL

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

30/03/2026
Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

30/03/2026
Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

30/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.