Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare y’abanduye COVID-19 yongeye gutumbagira igera muri 300 ku munsi umwe

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
Imibare y’abanduye COVID-19 yongeye gutumbagira igera muri 300 ku munsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare y’abagaragaweho ubwandu bwa COVID-19 mu Rwanda yongeye kuzamuka kuko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021 hagaragaye abanduye bashya 306 naho umuntu umwe akaba yahitanywe n’iki cyorezo gikomeje kwihinduranya.

Imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima kuva COVID-19 yagera mu Rwanda, n’ubundi muri uku kwezi yari yazamutse aho nko mu cyumweru gishize hari hagaragaye abanduye 948 barimo 399 bagaragaye mu minsi y’impera z’icyumweru (Ku wa Gatandatu no ku Cyumweru).

Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021, iyi mibare yongeye gutumbagira aho hagaragaye abantu 306 bashya basanganywe ubwandu bw’iki cyorezo.

Muri bo harimo abantu 260 bo mu Mujyi wa Kigali mu gihe abandi ari abo mu tundi Turere 10 turimo Rusizi yagaragayemo 19 ari na yo ikurikira Umujyi wa Kigali.

Ubutumwa bwa Minisiteri y’Ubuzima bugaragaza iyi mibare, buvuga kandi ko COVID-19 yishe umuntu umwe w’umugabo, ikaba yihanganishije umuryango we.

Icyorezo cya COVID-19 cyongeye kubura umutwe nyuma y’igihe gitanze agahenge, ibi bikaba byanatumye Guverinoma y’u Rwanda ikaza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ryacyo nko kuba abakozi ba Leta barasabwe gukorera mu rugo uretse abakora muri serivisi zikenerwa n’abaturage.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahagaritse ibikorwa binyuranye birimo ibitaramo, ibirori by’iminsi mikuru, ibikorwa byo kwiyakira mu bukwe ndetse inagabanya imibare y’abitabira ibikorwa binyuranye.

Hashyizweho kandi gahunda yo kuba abitabira ibikorwa binyuranye bagomba kuba barikingije byuzuye nk’utubari, restaurant, ndetse no kwitabira amateraniro mu nsengero.

Nanone kandi kuva kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021 abaturage bose bava n’abajya mu Mujyi wa Kigali bagomba kugaragaza ko bikingije COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

AMAFOTO: Bijoux yakorewe ibirori byo gusezera urugendo rwo kwirarana

Next Post

Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.