Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare yongeye kugaragaza icyizere gihagije cyo kurandura Marburg mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in MU RWANDA
0
Imibare yongeye kugaragaza icyizere gihagije cyo kurandura Marburg mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya ya Minisiteri y’Ubuzima ku ishusho y’indwara ya Marburg mu Rwanda, iragaragaza ko ubu hasigaye abantu bane gusa bakiri kuvurwa, mu gihe abandi bakize, ndetse hakaba hakomeje kutagaragara abarwayi bashya mu bipimo biri gufatwa.

Iyi mibare yashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024, igaragaza ko kuri uyu munsi hafashwe ibipimo 271, ariko byose bigaragaza ko nta muntu n’umwe wasanganywe ubu burwayi.

Kuva iyi ndwara ya Marburg yagera mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo 4 486, byagaragayemo abarwayi 62, barimo abakize, abakiri kuvurirwa mu Bitaro, ndetse n’abitabye Imana.

Iyi mibare yo kuri uyu wa Kane kandi yerekana ko nta muntu n’umwe wapfuye azize iyi ndwara imaze guhitana abantu 15 kuva yagera mu Rwanda, mu gihe abakiri kuvurwa kugeza ubu ari bane (4) gusa.

Nanona kandi gahunda yo gukingira abari ku ruhembe mu rugamba rwo guhashya iyi ndwara byakomeje, aho kugeza kuri uyu wa Kane hari hamaze gukingirwa abantu 876 barimo 49 bakingiwe kuri uyu munsi.

Icyorezo cya Marburg cyatagajwe mu Rwanda tariki 27 Nzeri 2024, cyahitanye abiganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi nko mu Bitaro, ari na bo bahereweho mu bikorwa byo guhabwa inkingo.

U Rwanda rushimirwa uburyo rwitwaye mu guhashya no guhangana n’iki cyorezo, byumwihariko mu ngamba zashyizweho zo gukurikirana abantu baba barahuye n’ababanje kugaragarwaho iyi ndwara, biri no mu byatumye imibare ikomeje kugabanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Abasore bakurikiranyweho kwica umukobwa bari bajyanye mu kabari bamwizeza kumusengerera dosiye yabo yazamuwe

Next Post

BREAKING: Kweguza Visi Perezida wa Kenya byafashweho icyemezo ntakuka cyatowe ari mu Bitaro

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Kweguza Visi Perezida wa Kenya byafashweho icyemezo ntakuka cyatowe ari mu Bitaro

BREAKING: Kweguza Visi Perezida wa Kenya byafashweho icyemezo ntakuka cyatowe ari mu Bitaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.