Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

radiotv10by radiotv10
16/09/2021
in MU RWANDA
0
IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abanenga abamena ibiryo mu myanda ijyanwa mu bimoteri,ntibabihe abashonje, bakavuga ko byimakaza umuco wo kubura ubumuntu n’umutima ufasha mu banyarwanda.

Abajya gushungura iyi myanda bavuga ko babikora kuko baba babanje kubisaba mu ngo bakabashushubikanya babamagana,kandi baba bashonje.

Iyo utembereye  mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali by’umwihariko ku munsi wo gutwaraho imyanda, usanga aho iyo myanda irunze hari abantu bianjemo abana barikuyijagajagamo, bashakamo ibisgazwa by’ibiryo cyangwa se n’ibindi .

Ikimoteri cya Nduba kimenwaho ibiribwa bisaga toni 200 buri munsi

Imyanda myinshi iba yiganjemo ibiryo byasigajwe n’abifite mu mujyi wa Kigali

Ni nako byagenze ubwo twageraga mu gace ka Nyabisindu mu karere ka gasabo no muri Niboye mu karere ka Kicukiro,  ku mihanda tandukanye hagiye hari imifuka irunzemo imyanda, iyindi irunze hasi. Aha hagiye hari abiganjemo abana bato bashishikaye bareba muri iyo myanda ko ntacyo bakuramo.

Umwe muri bo yagize ati “Tuba turikurebamo ibyo kurya. Iyi ni mayonnaise nkuyemo  n’ubwo yashaje ariko ndapfa kuyirya kuko nshonje.”

Bavuga ko impamvu baza gushungura iyi myanda bashakamo amafunguro y’umunsi ngo ari uko na mbere hose  baba bagiye kubisaba mu ngo bakabamaganira kure.

Umwana uri mu kigero cy’imyaka 12 we yavuze ko  bajya kubisaba bakabirukana . Ati “Iyo tugiye kubibaka barabitwima, bakadutuka tugahita twigendera.”

Bamwe mu baturage bavuga ko kuba  abantu bafata ibiryo bakabimena mu myanda kandi hari abantu bashonje ugera ubwo bagiye kubitoraguramo, ngo bigaragaza ko ubumuntu n’umutima w’impuhwe  mu banyarwanda ari hafi ya ntabyo.

Kamana Faustin yabigarutseho agira ati “Buriya si ubumntu, gufata ibiryo ukabijugunya mu myanda ngo abashonje bajye kubitoraguramo, kuki utabifata ukabibaha.”

Undi witwa Kubwimana Gaspard we yagize ati ” Rwose ntibikwiye, kubona umwana arikujagajaga ibiryo mu myanda ,warangiza ukamwihorera ngo ntacyo bikubwiye si uwawe, ntabwo ari ubumuntu. Icyakora bigaragaza ko abanyarwanda  bamwe nta mutima w’impuhwe tukigira.”

WASAC ivuga ko ifite abakozi bahoraho bashinzwe gutunganya ikimoteri cy

Ibishingwe bimenwa usanga habonekamo bimwe mu byagirira akamaro abatishoboye

Twegereye umwe mu bafite ingo ari nazo zimena iyi mynda irimo ibiribwa ku mihanda, we avuga ko adashobora gukora ikosa  ryo kumena ibiryo mu bimoteri hari benshi bashonje,  ngo n’ababikora bakwiye kwigya ngo dore ko benshi nabo baba baanyuze mu nzira zitagororotse.

Ati ” Njyewe ntabwo nshobora kubimena,iyo mbibonye ndabyegeranya nkabahamagara bakaza nkabibaha. Rwose twese  ubu buzima tuba twarabunyuzemo, ntabwo tuba dukwiye kwirengagiza bariya baburimo.”

Amakuru aturuka mu bashinzwe gukusanya iyi myanda yo mu mujyi wa Kigali, baherutse gutangaz ko 40% by’imyanda imenwa mu kimoteri cya nduba ari biryo biba baysigajwe n’abanyakigali.

Ubushakashatsi bwakozwe na Banki y’isi  bugashyirwa ahagaragara muri Nyakanga uyu mwaka, bwagaragaje ko buri mwaka  mu Rwanda 40% by’umusaruro w’ibiribwa upfa ubusa ni mu gihe abanyarwa bangana na 19% badafite ibyo kurya bihagije.

Ibi byose kandi byiyongera ku biribwa biba bijya bivugwa ko byaboereye mubuhunikiro ndetse bikanamenwa, kubera ko biba byabuze isoko, abaturage bakavuga ko byakomeza gutiza umurindi uyu muco wo gupfusha ubusa urenza ingohe ababa babuze uko bikora ku munwa.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

KIGALI: Yafatiwe mu cyuho agurisha amashyanyarazi yiyise umukozi wa REG

Next Post

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.