Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

radiotv10by radiotv10
16/09/2021
in MU RWANDA
0
IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abanenga abamena ibiryo mu myanda ijyanwa mu bimoteri,ntibabihe abashonje, bakavuga ko byimakaza umuco wo kubura ubumuntu n’umutima ufasha mu banyarwanda.

Abajya gushungura iyi myanda bavuga ko babikora kuko baba babanje kubisaba mu ngo bakabashushubikanya babamagana,kandi baba bashonje.

Iyo utembereye  mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali by’umwihariko ku munsi wo gutwaraho imyanda, usanga aho iyo myanda irunze hari abantu bianjemo abana barikuyijagajagamo, bashakamo ibisgazwa by’ibiryo cyangwa se n’ibindi .

Ikimoteri cya Nduba kimenwaho ibiribwa bisaga toni 200 buri munsi

Imyanda myinshi iba yiganjemo ibiryo byasigajwe n’abifite mu mujyi wa Kigali

Ni nako byagenze ubwo twageraga mu gace ka Nyabisindu mu karere ka gasabo no muri Niboye mu karere ka Kicukiro,  ku mihanda tandukanye hagiye hari imifuka irunzemo imyanda, iyindi irunze hasi. Aha hagiye hari abiganjemo abana bato bashishikaye bareba muri iyo myanda ko ntacyo bakuramo.

Umwe muri bo yagize ati “Tuba turikurebamo ibyo kurya. Iyi ni mayonnaise nkuyemo  n’ubwo yashaje ariko ndapfa kuyirya kuko nshonje.”

Bavuga ko impamvu baza gushungura iyi myanda bashakamo amafunguro y’umunsi ngo ari uko na mbere hose  baba bagiye kubisaba mu ngo bakabamaganira kure.

Umwana uri mu kigero cy’imyaka 12 we yavuze ko  bajya kubisaba bakabirukana . Ati “Iyo tugiye kubibaka barabitwima, bakadutuka tugahita twigendera.”

Bamwe mu baturage bavuga ko kuba  abantu bafata ibiryo bakabimena mu myanda kandi hari abantu bashonje ugera ubwo bagiye kubitoraguramo, ngo bigaragaza ko ubumuntu n’umutima w’impuhwe  mu banyarwanda ari hafi ya ntabyo.

Kamana Faustin yabigarutseho agira ati “Buriya si ubumntu, gufata ibiryo ukabijugunya mu myanda ngo abashonje bajye kubitoraguramo, kuki utabifata ukabibaha.”

Undi witwa Kubwimana Gaspard we yagize ati ” Rwose ntibikwiye, kubona umwana arikujagajaga ibiryo mu myanda ,warangiza ukamwihorera ngo ntacyo bikubwiye si uwawe, ntabwo ari ubumuntu. Icyakora bigaragaza ko abanyarwanda  bamwe nta mutima w’impuhwe tukigira.”

WASAC ivuga ko ifite abakozi bahoraho bashinzwe gutunganya ikimoteri cy

Ibishingwe bimenwa usanga habonekamo bimwe mu byagirira akamaro abatishoboye

Twegereye umwe mu bafite ingo ari nazo zimena iyi mynda irimo ibiribwa ku mihanda, we avuga ko adashobora gukora ikosa  ryo kumena ibiryo mu bimoteri hari benshi bashonje,  ngo n’ababikora bakwiye kwigya ngo dore ko benshi nabo baba baanyuze mu nzira zitagororotse.

Ati ” Njyewe ntabwo nshobora kubimena,iyo mbibonye ndabyegeranya nkabahamagara bakaza nkabibaha. Rwose twese  ubu buzima tuba twarabunyuzemo, ntabwo tuba dukwiye kwirengagiza bariya baburimo.”

Amakuru aturuka mu bashinzwe gukusanya iyi myanda yo mu mujyi wa Kigali, baherutse gutangaz ko 40% by’imyanda imenwa mu kimoteri cya nduba ari biryo biba baysigajwe n’abanyakigali.

Ubushakashatsi bwakozwe na Banki y’isi  bugashyirwa ahagaragara muri Nyakanga uyu mwaka, bwagaragaje ko buri mwaka  mu Rwanda 40% by’umusaruro w’ibiribwa upfa ubusa ni mu gihe abanyarwa bangana na 19% badafite ibyo kurya bihagije.

Ibi byose kandi byiyongera ku biribwa biba bijya bivugwa ko byaboereye mubuhunikiro ndetse bikanamenwa, kubera ko biba byabuze isoko, abaturage bakavuga ko byakomeza gutiza umurindi uyu muco wo gupfusha ubusa urenza ingohe ababa babuze uko bikora ku munwa.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

KIGALI: Yafatiwe mu cyuho agurisha amashyanyarazi yiyise umukozi wa REG

Next Post

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.