Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatanze inama z’uburyo abantu bakwirinda ‘Stress’ [umunaniro wo mu mutwe] kandi bakagira imibereho myiza, agendeye ku byo yifashisha bisanzwe biranga imibereho ye, nko gukora siporo, gufungura amafunguro akwiye, kuruhuka no gutuza.

Muri iyi minsi bamwe bakunze kuvuga ko bagira umunaniro wo mu mutwe [Stress] kubera akazi kenshi ndetse n’ibindi bibazo by’imibereho ya buri munsi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko hari n’abitera uwo munaniro, ku buryo “umuntu agira stress nta n’aho iturutse.” Ariko ko n’abafite ako kazi hari n’abagaragaza ko bakarimo cyane ariko umusaruro ntugaragare.

Yatanze urugero rw’abo mu nzego za Leta batuzuza inshingano neza, kandi akababona bahora mu kazi. Ati “Nkababaza nti ‘ariko se ko mbona buri gihe koko muba muri ku kazi, ndetse mutaruhuka bikanakugaragaraho ko mutaruhuka, hanyuma ‘ni ibihe wakoze byatumye udakora ibi, kandi nibwiraga ko ari byo bya ngombwa bibanza?”

Akomeza agira ati “Ubwo bikakwereka ko kugaragara ko ukora, ntabwo bivuze ko ukora, cyangwa se ntibivuze ko ukora ibyo ukwiye gukora. Ahenshi rero ni aho stress ituruka.”

Perezida Paul Kagame yitanzeho urugero rw’uburyo yirinda uwo munaniro, yavuze ko amenya inshingano ze n’uburyo zisumbana, ku buryo ahera ku zikomeye.

Ati “Naho iyo ugiye gufata iki ugafata iki…nta musaruro ariko uvanamo stress. Ariko iyo ukora ikintu ndetse iki wakigeraho kikakugora ukabona ko nta bundi buryo, ukaba ugishyize ku ruhande gacye ugashaka ibya ngombwa byari bibuze, ukajya ku bindi.”

 

Uburyo akoresha

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko hari ibindi birwanya Stress, nko gukora imyitozo ngororamubiri, uko yaba imeze kose, yaba iyo kugenda ndetse n’izindi nko kubaka umubiri.

Yavuze ko ikindi ari ukumenya uko umuntu agaburira umubiri we. Ati “Gufungura buri kintu cyose, ugafata ibi, ugafata ibi…burya inda utagaburiye igira ubuzima bwiza kurusha iyo wagaburiye ibibi.”

Avuga ko hari n’abandi bahitamo kunywa inzoga mu nda itarimo ibiryo, ubwabyo bikaba ari bibi kurushaho, akibaza impamvu umuntu yabona amafaranga yo kugura inzoga ariko ntabone ayo kugura amafunguro.

Avuga ko hari abashobora kugira ibyago byo kuba bagira stress ku buryo n’iyo baba bakurikije izi nama zose, yabageraho.

Ati “wahuye n’ibyago udafitiye ubushobozi bubibuza kuba, ibyo byatera umuntu stress, ariko hari ibintu bimwe bizwi wagira gutya ugashyira ku ruhande bikakugabanyiriza stress. Ni ukuruhuka, ni ugukora siporo…”

Akomeza avuga ko kuri we ibi abyubahiriza, ati “Siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura, ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose, n’ibi bisembuye byica abantu ntabwo…cyeretse umunsi mukuru cyangwa naje iwawe, nshobora gufata ikirahure kimwe…”

Akomeza agira ati “Ibindi, akazi kanjye, ndagakora uko mbishoboye ariko ngira n’umwanya wo kuruhuka, nkajya muri izo siporo cyangwa nkaganira n’abantu, nkabona umwanya w’umuryango wanjye.”

Yavuze ko ikindi ari ukuba umuntu yamenya gutuza kabone nubwo yaba afite ikibazo kimureba, “ugatuza, ugatangira gutekereza ko uri bukore ibyo ushoboye, ibyo udashoboye urashaka ukundi ubigira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Undi Muperezida muri Afurika yafashe icyemezo gitunguranye cyerekeye ubutegetsi bwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.