Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatanze inama z’uburyo abantu bakwirinda ‘Stress’ [umunaniro wo mu mutwe] kandi bakagira imibereho myiza, agendeye ku byo yifashisha bisanzwe biranga imibereho ye, nko gukora siporo, gufungura amafunguro akwiye, kuruhuka no gutuza.

Muri iyi minsi bamwe bakunze kuvuga ko bagira umunaniro wo mu mutwe [Stress] kubera akazi kenshi ndetse n’ibindi bibazo by’imibereho ya buri munsi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko hari n’abitera uwo munaniro, ku buryo “umuntu agira stress nta n’aho iturutse.” Ariko ko n’abafite ako kazi hari n’abagaragaza ko bakarimo cyane ariko umusaruro ntugaragare.

Yatanze urugero rw’abo mu nzego za Leta batuzuza inshingano neza, kandi akababona bahora mu kazi. Ati “Nkababaza nti ‘ariko se ko mbona buri gihe koko muba muri ku kazi, ndetse mutaruhuka bikanakugaragaraho ko mutaruhuka, hanyuma ‘ni ibihe wakoze byatumye udakora ibi, kandi nibwiraga ko ari byo bya ngombwa bibanza?”

Akomeza agira ati “Ubwo bikakwereka ko kugaragara ko ukora, ntabwo bivuze ko ukora, cyangwa se ntibivuze ko ukora ibyo ukwiye gukora. Ahenshi rero ni aho stress ituruka.”

Perezida Paul Kagame yitanzeho urugero rw’uburyo yirinda uwo munaniro, yavuze ko amenya inshingano ze n’uburyo zisumbana, ku buryo ahera ku zikomeye.

Ati “Naho iyo ugiye gufata iki ugafata iki…nta musaruro ariko uvanamo stress. Ariko iyo ukora ikintu ndetse iki wakigeraho kikakugora ukabona ko nta bundi buryo, ukaba ugishyize ku ruhande gacye ugashaka ibya ngombwa byari bibuze, ukajya ku bindi.”

 

Uburyo akoresha

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko hari ibindi birwanya Stress, nko gukora imyitozo ngororamubiri, uko yaba imeze kose, yaba iyo kugenda ndetse n’izindi nko kubaka umubiri.

Yavuze ko ikindi ari ukumenya uko umuntu agaburira umubiri we. Ati “Gufungura buri kintu cyose, ugafata ibi, ugafata ibi…burya inda utagaburiye igira ubuzima bwiza kurusha iyo wagaburiye ibibi.”

Avuga ko hari n’abandi bahitamo kunywa inzoga mu nda itarimo ibiryo, ubwabyo bikaba ari bibi kurushaho, akibaza impamvu umuntu yabona amafaranga yo kugura inzoga ariko ntabone ayo kugura amafunguro.

Avuga ko hari abashobora kugira ibyago byo kuba bagira stress ku buryo n’iyo baba bakurikije izi nama zose, yabageraho.

Ati “wahuye n’ibyago udafitiye ubushobozi bubibuza kuba, ibyo byatera umuntu stress, ariko hari ibintu bimwe bizwi wagira gutya ugashyira ku ruhande bikakugabanyiriza stress. Ni ukuruhuka, ni ugukora siporo…”

Akomeza avuga ko kuri we ibi abyubahiriza, ati “Siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura, ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose, n’ibi bisembuye byica abantu ntabwo…cyeretse umunsi mukuru cyangwa naje iwawe, nshobora gufata ikirahure kimwe…”

Akomeza agira ati “Ibindi, akazi kanjye, ndagakora uko mbishoboye ariko ngira n’umwanya wo kuruhuka, nkajya muri izo siporo cyangwa nkaganira n’abantu, nkabona umwanya w’umuryango wanjye.”

Yavuze ko ikindi ari ukuba umuntu yamenya gutuza kabone nubwo yaba afite ikibazo kimureba, “ugatuza, ugatangira gutekereza ko uri bukore ibyo ushoboye, ibyo udashoboye urashaka ukundi ubigira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + ten =

Previous Post

Undi Muperezida muri Afurika yafashe icyemezo gitunguranye cyerekeye ubutegetsi bwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.