Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatanze inama z’uburyo abantu bakwirinda ‘Stress’ [umunaniro wo mu mutwe] kandi bakagira imibereho myiza, agendeye ku byo yifashisha bisanzwe biranga imibereho ye, nko gukora siporo, gufungura amafunguro akwiye, kuruhuka no gutuza.

Muri iyi minsi bamwe bakunze kuvuga ko bagira umunaniro wo mu mutwe [Stress] kubera akazi kenshi ndetse n’ibindi bibazo by’imibereho ya buri munsi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko hari n’abitera uwo munaniro, ku buryo “umuntu agira stress nta n’aho iturutse.” Ariko ko n’abafite ako kazi hari n’abagaragaza ko bakarimo cyane ariko umusaruro ntugaragare.

Yatanze urugero rw’abo mu nzego za Leta batuzuza inshingano neza, kandi akababona bahora mu kazi. Ati “Nkababaza nti ‘ariko se ko mbona buri gihe koko muba muri ku kazi, ndetse mutaruhuka bikanakugaragaraho ko mutaruhuka, hanyuma ‘ni ibihe wakoze byatumye udakora ibi, kandi nibwiraga ko ari byo bya ngombwa bibanza?”

Akomeza agira ati “Ubwo bikakwereka ko kugaragara ko ukora, ntabwo bivuze ko ukora, cyangwa se ntibivuze ko ukora ibyo ukwiye gukora. Ahenshi rero ni aho stress ituruka.”

Perezida Paul Kagame yitanzeho urugero rw’uburyo yirinda uwo munaniro, yavuze ko amenya inshingano ze n’uburyo zisumbana, ku buryo ahera ku zikomeye.

Ati “Naho iyo ugiye gufata iki ugafata iki…nta musaruro ariko uvanamo stress. Ariko iyo ukora ikintu ndetse iki wakigeraho kikakugora ukabona ko nta bundi buryo, ukaba ugishyize ku ruhande gacye ugashaka ibya ngombwa byari bibuze, ukajya ku bindi.”

 

Uburyo akoresha

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko hari ibindi birwanya Stress, nko gukora imyitozo ngororamubiri, uko yaba imeze kose, yaba iyo kugenda ndetse n’izindi nko kubaka umubiri.

Yavuze ko ikindi ari ukumenya uko umuntu agaburira umubiri we. Ati “Gufungura buri kintu cyose, ugafata ibi, ugafata ibi…burya inda utagaburiye igira ubuzima bwiza kurusha iyo wagaburiye ibibi.”

Avuga ko hari n’abandi bahitamo kunywa inzoga mu nda itarimo ibiryo, ubwabyo bikaba ari bibi kurushaho, akibaza impamvu umuntu yabona amafaranga yo kugura inzoga ariko ntabone ayo kugura amafunguro.

Avuga ko hari abashobora kugira ibyago byo kuba bagira stress ku buryo n’iyo baba bakurikije izi nama zose, yabageraho.

Ati “wahuye n’ibyago udafitiye ubushobozi bubibuza kuba, ibyo byatera umuntu stress, ariko hari ibintu bimwe bizwi wagira gutya ugashyira ku ruhande bikakugabanyiriza stress. Ni ukuruhuka, ni ugukora siporo…”

Akomeza avuga ko kuri we ibi abyubahiriza, ati “Siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura, ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose, n’ibi bisembuye byica abantu ntabwo…cyeretse umunsi mukuru cyangwa naje iwawe, nshobora gufata ikirahure kimwe…”

Akomeza agira ati “Ibindi, akazi kanjye, ndagakora uko mbishoboye ariko ngira n’umwanya wo kuruhuka, nkajya muri izo siporo cyangwa nkaganira n’abantu, nkabona umwanya w’umuryango wanjye.”

Yavuze ko ikindi ari ukuba umuntu yamenya gutuza kabone nubwo yaba afite ikibazo kimureba, “ugatuza, ugatangira gutekereza ko uri bukore ibyo ushoboye, ibyo udashoboye urashaka ukundi ubigira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − one =

Previous Post

Undi Muperezida muri Afurika yafashe icyemezo gitunguranye cyerekeye ubutegetsi bwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.