• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ku isonga mu nzira ziri kwandurizanyamo Mpox yakajije umurego mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in MU RWANDA
0
Indwara y’ubushita yagaragaye mu Rwanda nyuma y’u Burundi na Congo yagaragaye mu kindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, cyatangaje ko imibare y’abandura indwara y’Ubushita bw’Inkende (Mpox) iri kwiyongera mu Rwanda muri iki gihe, ndetse ko hejuru ya 95% by’abayandura, bayanduzanya binyuze mu mibonano mpuzabitsina.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya Ibyorezo muri RBC, Dr. Edson Rwagasore mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru none ku wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024.

Yavuze ko abandura bari kwiyongera ku gipimo cyo hejuru muri ibi bihe, “ugereranyije n’uko byari bimeze mbere. Irazamuka hano mu Rwanda kandi iri no kuzamuka no mu bindi Bihugu duhana imbibi.”

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu nibura buri cyumweru ntabwo tubura abarwayi bari hagati ya bane (4) na batanu (5) mu bo dusuzuma tugasanga bafite ubwo burwayi.”

Ubwo iyi ndwara yatangazwaga mu Rwanda, inzego z’ubuzima zakunze gushishikariza abantu uburyo bwo kuyirinda, burimo kwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina yaba ikingiye cyangwa idakingiye n’umuntu wagaragaje ibimenyetso, mu gihe iyi nzira ari yo iri ku isonga mu gukwirakwira kw’iyi ndwara mu Rwanda.

Dr. Edson Rwagasore yagize ati “Muri abo barwayi bose tumaze kubona, abenshi barenga 95%, ni abantu bandura binyuze mu mibonano mpuzabitsina.”

Iki cyorezo cy’ubushita bw’inkende cyagaragaye mu Rwanda kuva muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024, Dr. Edson Rwagasore yaboneyeho kwibutsa abantu ko kigihari, bityo ko bakwiye gukomeza kubahiriza ingamba n’inama bahabwa n’inzego z’ubuzima zirimo kwirinda imibonano mpuzabitsina yaba ikingiye cyangwa idakingiye n’umuntu wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara.

Uburyo kandi bwatangajwe n’inzego z’ubuzima mu Rwanda bwo kwirinda iyi ndwara, harimo kwirinda gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso byayo cyangwa gukora ku bikoresho yakozeho, ndetse no gukaraba intoki kenshi kandi neza ukoresheje amazi n’isabune.

Ibimenyetso by’iyi ndwara, harimo ubushita cyangwa ubuheri ku ruhu; umuriro mwinshi; kubabara mu muhogo; umutwe ukabije; ububabare bw’imitsi; ububabare mu mugongo, intege nke no kubyimba udusabo tw’amaraso (ganglions lymphatiques).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − two =

Previous Post

Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Next Post

Hatewe indi ntambwe mu buryo bushya buri gutangizwa mu gutwara abagenzi muri Kigali

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Hatewe indi ntambwe mu buryo bushya buri gutangizwa mu gutwara abagenzi muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.