Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iminsi 1.000 irashize rwambikanye muri Ukraine: Twibukiranye iby’ingenzi byaranze iyi ntambara

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Iminsi 1.000 irashize rwambikanye muri Ukraine: Twibukiranye iby’ingenzi byaranze iyi ntambara
Share on FacebookShare on Twitter

Tariki 24 Gashyantare 2022, umunsi utazibagirana mu mateka, ubwo Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangazaga ko atangije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine. Ubu iminsi 1 000 irashize iyi ntambara iri kuba. Twibukiranye ibyayo kugeza magingo aya.

Mu ijambo Putini yavuze mu ijoro ryo kuri iyi tariki ya 24 Gashyantare 2022, yagize ati “Abatuye muri Repubulika ya Dombas basabye ubufasha mu Burusiya. Nafashe umwanzuro wo gutangiza ibikorwa bya gisirikare bidasanzwe kugira ngo ndengere abaturage bahohoterwa, banamaze imyaka umunani bakorerwa Jenoside na leta ya kyiv. Tuzakura abanazi muri Ukraine. Hanyuma dushyikirize ubutabera abagirira nabi abaturage barimo n’Abarusiya.” 

Kuri uwo munsi wonyine; imibare ya Aljazeera igaragaza ko miliyoni 14 z’Abanya-Ukraine bahunze Igihugu, bangana na 35% by’abari batuye iki Gihugu.

Kuri uwo munsi wa mbere w’igitero cy’u Burusiya; Leta Zunze Ubumwe za America zabireberaga ku wundi Mugabane, icyakora Perezida Joe Biden yahise atangaza ingamba zari zigamije guhagarika Putin.

Icyo gihe yagize ati “Putin yahisemo iyi ntambara. Ubu we n’Igihugu cye bagomba kwirengeera ingaruka. Uyu munsi nategetse ko bashyirirwaho ibihano bikomeye, ndetse ibyoherezwa mu Burusiya bikagabanuka. Ibi bizagira ingaruka ku bukungu bw’u Burusiya mu gihe gito n’ikirekire.”

Izo ngamba ntacyo zahinduye ku rugamba, Abanyaburayi nka Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Jean-Michel Frédéric Macron, Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz; bagiye kuganiriza Putin, ariko ababera ibamba.

Ibihugu bya Afurika na byo byitoyemo intumwa zijya kubwira Putin ko intambara ye iri guteza inzara ikomeye, abemerera ingano z’ubuntu baritahira.

Perezida Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy wa Ukraine; mu mwaka we wa gatatu yari amaze ategeka iki Gihugu; yahise aba Perezida mu bihe bigoye. Uyu mugabo wanabaye Perezida uvuye mu mwuga wo gusetsa abantu mu bitaramo; iyi ntambara igitangira America yamusabye guhunga Igihugu cye.

Icyakora Zelensky yatanze igisubuzo cyatunguye benshi, aho yagize ati “Turi mu ntambara, sinshaka indege, nkeneye amasasu. Abanya-Ukraine bakunda Perezida wabo, sinzava hano. Ntituzashyira intwaro hasi, tuzarengera Igihugu cyacu, kureba ko intwaro yacu ari ukuri. Ukuri ni uko ubu ari ubutaka bwacu, Igihugu cyacu, n’abana bacu. Ibyo tuzabirinda.”

Bamwe banze kwemera ko ibyo yabyandikiye muri Ukraine, ariko abishimangira mu butumwa bw’amashusho agira ati “umuyobozi w’ishyaka ari hano, uyobora ibiro bya Perezida nguyu, Minisititi w’Intebe na we nguyu, nanjye Perezida murambona. Twese turi hano ngo turwanire ubwigenge bwacu, kandi tuzakomeza uko.”

Ibyo byatumye bamwe bamufata nk’intwari idasanzwe, ndetse bamugereranya na Winston Churchill wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza hagati y’umwaka wa 1940-1945.  Ubu butumwa ntibwaguye neza ab’i Kremlin, ndetse Perezida Putin yahise ashishikariza igisirikare cya Ukraine guhirika ubutegetsi.

Yagize ati “Ndashaka gusaba abasirikare ba Ukraine, ntimukemere ko abo bahezanguni bakoresha abagore n’abana banyu nk’ubwihisho. Nimumara kwitandukanya n’iryo tsinda ry’abanazi; bizoroha cyane kwicarana namwe tukumvikana.”

Ibyo byashoboraga kuba imbarutso yo kugumura ingabo za Ukraine; zikarasana bigashyira iherezo ku butegetsi bwa Zelensky, icyakora ntibyabayeho. Abanya Ukraine bakomeje kumva ko bafite umwanzi umwe winjiranye intambara.

 

Kuguyaguya Putin biragana he?

Muri iyi minsi 1 000 y’intambara; ibihugu bishyigikiye Ukraine bikomeje kuyiha ubufasha bwa gisirikare na diplomacy, icyakora uko iminsi ishira; ni ko Ukraine irushaho gutakaza ibice byinshi byo mu burasirazuba. Gusa Ukraine yaciye agahigo ko gutera u Burusiya mu gace ka Kursk. Ibyo byateye uburakari u Burusiya bukomeye; butuma bwitabaza inshuti zabwo zirimo Iran, u Bushinwa na Koreya ya Ruguru.

Kubera uburemere iyi ntambara ikomeje kugeraho; Olaf Scholz yongeye gutekereza inzira yo kuganiriza Perezida Putin, ndetse Perezida wa ukarine yemeje ko yamenyeshejwe uwo mugambi.

Yagize ati “Kugeza ubu urebye ibyo Putin ari gukora ndetse n’ibyo avuga; ubona ko adakeneye amahoro, kandi ntashaka ibiganiro. Icyo dukeneye ni ugushyira igitutu ku Burusiya bugahagarika intambara, hanyuma ibiganiro bikaza bishyigikira amategeko mpuzamahanga.”

Icyakora perezida Macron we yavuze ko mbere y’ibiganiro bagomba kubanza gushyira igitutu kuri Putin agahagarika intambara.

Yagize ati “Chancelier Scholz yambwiye ko agiye guhamagara Putin. Ndashaka kubabwira ko nta masezerano ya Minsk ya gatatu azabaho, twe dukeneye amahoro nyayo.”

Nyuma yuko bigaragaye ko u Burusiya buri gufatanya n’ingabo za Koreya ya Ruguru muri uru rugamba; hari Ibihugu byateye indi ntambwe igamije gushyira mu bikorwa icyo cyifuzo cya Perezida Macron. Leta Zunze Ubumwe za America bivugwa zemereye Ukraine kurasa mu Burusiya, mu  Perezida Zelenskyy yabinyomoje.

Aho yagize ati “Hari amakuru avuga ko twemerewe gufata ibyemezo bikomeye. Ntabwo umuntu arashisha amagambo, ibyo ntibyigeze bivugwa, misile ni zo zikenewe kuruta ibindi.”

Iherezo ry’iyi ntambara rikomeje kurenga ibitekerezo n’ibyifuzo bya bamwe. Abanyaburayi bafite impungenge za America igiye kuyoborwa na Trump.

Babishingira ko muri Nzeri (9) 2024 Trump yaciye amarenga yo gufata icyemezo gikomeye, kandi ngo iki kibazo ashobora kukirangiza mbere yuko arahirira inshingano zo kuyobora iki Gihugu.

Yagize ati “Ukraine ntikibaho. Ntushobora gusimbuza imijyi yarimbutse n’abantu bishwe. Gufata umwanzuro ugayitse byashoboraga kuba byiza kuruta ibyo tubona uyu munsi. Abantu baba bakiriho n’inyubako zabo. Nzakumira intambara ya gatatu y’Isi mu buryo bworoshye. Mbere yuko mfata inshingano nka Perezida; nzahagarika intambara y’u Burusiya muri Ukraine. Ibyo bizantwara umunsi umwe wonyine.”

Abanyaburayi bo bavuga ko iherezo ritarimo intsinzi ya Ukraine; ari ibyago by’Umugabane wabo. Nubwo ubutegetsi bwa Trump bwatererana Ukraine; Abanyaburayi bo biteguye kuyifasha. Polonye yo ivuga ko nibiba ngombwa izohereza ingabo zayo guhangana n’iz’u Burusiya muri Ukraine. Mu gihe intsinzi ya gisilikare itagerwaho; inzira y’ibiganiro na yo irimo inzitizi zikomeye.

Ukraine isaba ko ingabo z’u Burusiya zose ziva ku butaka bwayo nyamara mu kwezi kwa 9/2022 u Burusiya bwakoresheje amatora mu ntara eshatu zo mu burasirazuba bwa Ukraine, yanzuye ko Donetsk, Luhansk na Zaporizhzhia ziba Leta zigenga kandi zicungwa n’u Burusiya. Kubw’ibyo biragoye ko Putin yazirekura kandi yaratangije iyi ntambara ayitirira ko ije gutabara abatuye muri utwo duce.

Nubwo bimeze bityo; Ukraine iracyabona ahazaza hayo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ndetse ikumva ko kuba muri NATO byayiha gutuza, mu gihe Abarusiya batabikozwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 13 =

Previous Post

Umuryango wa Olga wavuze ku ifungurwa ‘ritunguranye’ ry’abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwe

Next Post

Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10

Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.