• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Photo/ SOS Media

Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse amakuru aturuka ku mipaka, avuga ko hari abashakaga kwambuka babuze uko batambuka.

Ni icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru bikorera muri iki Gihugu.

Nubwo nta tangazo rinyuze mu mucyo ryasohowe na Guverinoma y’u Burundi, ibitangazamakuru ndetse na bamwe mu banyamakuru b’i Burundi bemeje ko iki cyemezo cyamaze gufatwa.

Uwitwa King Burundi ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yanyujijeho, yagize ati “Ntibiri ubwiru, Leta y’u Burundi imaze gufunga imipaka yose iyihuza n’Igihugu cy’u Rwanda.”

Uyu munyamakuru usanzwe akora inkuru zicukumbuye, yavuze ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Martin Niteretse ari we watangaje ko iyi mipaka yafunzwe, akabimenyesha abayobozi bo mu Ntara ya Kayanza.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi, na cyo cyatangaje ko iki cyemezo cyafashwe, ndetse ko hari abantu bashaka kwinjira mu Burundi baturutse mu Rwanda babujijwe kwinjira ku mupaka wa Ruhwa.

Mu butumwa iki Kinyamakuru cyanyujije kuri X, cyavuze ko abo bantu babuze uko binjira biganjemo Abanyarwanda n’Abanyekongo.

Cyakomeje kigira kiti “Ababarirwa muri mirongo b’Abarundi bari bavuye mu isoko rya Bugarama mu Rwanda baheze mu gace ka zone neutre.”

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye abaye nk’ubicaho amarenga, aho aherutse kuvuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa RED Tabara, kandi ko iki Gihugu cyiteguye gufata ingamba zose zirimo n’izahozeho.

Ni ibirego Guverinoma y’u Rwanda yahakanye, ivuga ko nta na hato ihuriye n’abarwanyi b’Abarundi barwanya Igihugu cyabo, ndetse ivuga ko n’abarwanyi ba RED Tabara bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda, bashyikirijwe u Burundi ku manywa y’ihangu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tom says:
    2 years ago

    Ntivyoroshe nagatoyi ivya politiki

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 1 =

Previous Post

DRCongo: Biravugwa ko hari abasirikare bakomeye ba FARDC biyunze kuri M23

Next Post

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.