Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Photo/ SOS Media

Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse amakuru aturuka ku mipaka, avuga ko hari abashakaga kwambuka babuze uko batambuka.

Ni icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru bikorera muri iki Gihugu.

Nubwo nta tangazo rinyuze mu mucyo ryasohowe na Guverinoma y’u Burundi, ibitangazamakuru ndetse na bamwe mu banyamakuru b’i Burundi bemeje ko iki cyemezo cyamaze gufatwa.

Uwitwa King Burundi ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yanyujijeho, yagize ati “Ntibiri ubwiru, Leta y’u Burundi imaze gufunga imipaka yose iyihuza n’Igihugu cy’u Rwanda.”

Uyu munyamakuru usanzwe akora inkuru zicukumbuye, yavuze ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Martin Niteretse ari we watangaje ko iyi mipaka yafunzwe, akabimenyesha abayobozi bo mu Ntara ya Kayanza.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi, na cyo cyatangaje ko iki cyemezo cyafashwe, ndetse ko hari abantu bashaka kwinjira mu Burundi baturutse mu Rwanda babujijwe kwinjira ku mupaka wa Ruhwa.

Mu butumwa iki Kinyamakuru cyanyujije kuri X, cyavuze ko abo bantu babuze uko binjira biganjemo Abanyarwanda n’Abanyekongo.

Cyakomeje kigira kiti “Ababarirwa muri mirongo b’Abarundi bari bavuye mu isoko rya Bugarama mu Rwanda baheze mu gace ka zone neutre.”

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye abaye nk’ubicaho amarenga, aho aherutse kuvuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa RED Tabara, kandi ko iki Gihugu cyiteguye gufata ingamba zose zirimo n’izahozeho.

Ni ibirego Guverinoma y’u Rwanda yahakanye, ivuga ko nta na hato ihuriye n’abarwanyi b’Abarundi barwanya Igihugu cyabo, ndetse ivuga ko n’abarwanyi ba RED Tabara bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda, bashyikirijwe u Burundi ku manywa y’ihangu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tom says:
    2 years ago

    Ntivyoroshe nagatoyi ivya politiki

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

DRCongo: Biravugwa ko hari abasirikare bakomeye ba FARDC biyunze kuri M23

Next Post

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Related Posts

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

by radiotv10
06/08/2025
0

Every generation leaves a footprint some defining moment, movement, or innovation that becomes its legacy. The Baby Boomers had the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

IZIHERUKA

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo
MU RWANDA

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

06/08/2025
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

05/08/2025
Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.