• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyametegeko ukora n’inshingano zo kuba ari Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga, akurikiranyweho icyaha cyo gutukana mu ruhame, aho yise umwe mu bafite ubumuga bw’ubugufi ‘Igikuri’ kandi byaraciwe mu nyito nyarwanda, akaba asabirwa gufungwa amezi abiri n’indishyi ya miliyoni 10 Frw.

Uyu munyamategeko witwa Me Munyakaragwe Aline, aburana mu rubanza n’Ubushinjacyaha, aho yaburanye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ashinjwa icyaha cyo gutukana mu ruhame, aho yise uwitwa Ingabire Nelly, izina ry’Igikuri nyamara ryaraciwe kuko inyito yemewe ari umuntu ufite ubumuga bw’ubugufi.

Uru rubanza rwaburanishijwe nyuma y’ikirego cyatanzwe na Iradukunda Nelly aregamo uyu Me Munyakaragwe Aline usanzwe ari umuhesha w’inkiko w’umwuga.

Uwareze ashinja uyu Munyamategeko kumutesha agaciro no kumukorera ivangura kubera kumwita ririya zina kubera imiterere ye.

Ubushinjacyaha buvuga ko ririya jambo ryakoreshejwe n’uyu munyamategeko bwa mbere aryita uwatanze ikirego ubwo yari mu nzira zo kurangiza urubanza.

Umuryango w’uwareze (Ingabire) wasabwaga gushyira mu bikorwa icyemezo kijyanye n’izungura ry’abawugize, aho uyu muhesha w’Inkiko Me Munyakaragwe yari mu rugo rw’ahari uwo mutungo, agahamagara Umuyobozi w’Umudugudu amurangira aho ari akamubwira ati “Ndi kwa cya gikuri cy’igikire.”

Iyi mvugo kandi ngo yongeye kuyisubiramo noneho bwo ayivugira mu ruhame ku Rukiko, ubwo haburanishwaga ikirego kuri cyamunara itari yubahirijwe.

Urega (Ingabire) yavuze ko icyo gihe uyu munyamategeko na bwo yongeye kumwita ‘Igikuri’, kandi ko yagaragazaga ko atabyishimiye, ndese iri zina yamwitaga ryamugizeho ingaruka mu buryo bw’amarangamutima n’imitekerereze.

Uyu munyamategeko uregwa yabajijwe niba iri jambo aregwa yararivuze koko, arabihakana, avuga ko atigeze yita uriya wareze iryo zina.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kwakira iki kirego kandi rugahamya icyaha uregwa, rukamukatira igifungo cy’amezi abiri no gutanga ihazabu ya 200 000 Frw.

Naho uruhande ruregera indishyi, na rwo rurifuza ko uyu munyamategeko ahamwa n’icyaha, agatanga indishyi ya miliyoni 10 Frw ndetse na miliyoni 1 Frw y’ikurikiranarubanza.

Ni mu gihe uregwa we avuga ko adakwiye guhamywa icyaha kitabayeho, agasaba Urukiko gutesha agaciro iki kirego, rukamugira umwere.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge nyuma yo kumva imiburanire y’impande zose, yapfundikiye urubanza, yemeza ko icyemezo kizatangazwa mu kwezi gutaha tariki 11 Kamena.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − four =

Previous Post

Mu Rwanda hatanzwe umunsi w’ikiruhuko rusange

Next Post

Abari abasirikare ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kwibohora basuye aharimo aho rwatangiriye

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Abari abasirikare ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kwibohora basuye aharimo aho rwatangiriye

Abari abasirikare ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kwibohora basuye aharimo aho rwatangiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.