Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in MU RWANDA
0
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri zishaje cyane zasanwa, kuko iyo imvura iguye abana babo bavirwa bikababuza kwiga neza.

Iri shuri, abaharerera bavuga ko amategura arishakaje, amadirishya n’amabati byashaje cyane. Abarimu n’ababyeyi bavuga ko iyo imvura iguye mu gihe cy’amasomo, abana bimukira mu bindi byumba cyangwa mu rundi ruhande rutava.

Kananira Jacob urerera muri iri shuri avuga ko bibabaje kubona abana biga mu mashuri ava. Ati “Aya mashuri arashaje cyane, iyo imvura iguye usanga abanyeshuri babura uko biga bitewe n’uko amategura aba ava. Dufite impungenge ko aya mashuri ashobora kuzabagwira, ni yo mpamvu dusaba ko yakorwa.”

Bizimana Gervais na we urerera muri iri shuri, yagize ati “Ni ikibazo gikomeye cyane, kuko tuba dufite impungenge ko aya mashuri, amategura yashaje, yagwira abanyeshuri kuko iyo umuyaga uje amenshi aba ava hejuru y’amashuri. Aya mashuri aranava cyane.”

Abana biga kuri iri shuri na bo bavuga ko bahorana ubwoba ko aya mashuri yabateza ibibazo, cyane cyane iyo imvura iguye cyangwa umuyaga uhuje.

Uwitwa Caline ati “Iyo imvura iguye ishuri rirava, turavirwa tukajya ahandi hatava. Rimwe na rimwe amasomo arahagarara, nta masomo akomeza iyo imvura iguye. Tuba dufite ubwoba ko ishuri rishobora kutugwira.”

Patrick na we wiga muri iri shuri ati “Biba bikomeye aho usanga mu ishuri tunyagirwa. Biba byaduteye ubwoba. Bishobotse badusanira amashuri, kuko usanga n’intebe zishaje, tugahura n’ikibazo cy’uko tubura n’aho twicara kubera ishuri rishaje.”

Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Nyanza, Ntawukuriryayo Venuste, yemeza ko inyubako z’iri shuri zishaje, ko bagerageza gusana ibishoboka, ibirenze ubushobozi bw’ikigo bagakora ubuvugizi.

Ati “Inyubako z’ishuri, igice gishakaje amategura kirashaje ku buryo bibangamira imyigire y’abanyeshuri. Iyo imvura iguye biba ikibazo. Tugerageza gusana ibishoboka hagendewe ku bushobozi bw’ikigo, ibindi twabimenyesheje izindi nzego zidukuriye kugira ngo zirebe icyakorwa ngo abanyeshuri bigire ahameze neza. Turasaba abafatanyabikorwa ndetse n’abaize muri iri shuri kugira uruhare mu gufasha iki kigo kigasanwa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Dr Murwanashyaka Emmanuel, avuga ko iki kibazo kizwi kandi kiri mu byashyizwe muri gahunda yo gukemurwa mu gihe cya vuba. Gusa yongeraho ko hari n’ibindi bigo by’amashuri byangiritse kurushaho byabanje kwitabwaho.

Ati “Dufite amashuri menshi yubakishije amategura ashaje yubatswe kera. Uko tugenda tubona ubushobozi, turi kugenda dusana dukurikije aho ikibazo gikomeye kurusha ahandi. Muri uriya murenge twarimo tuvugurura GS Liba ifite ibyumba 20 bishaje cyane na GS Muhambara muri Cyahinda, aho hari ibyumba hafi 30 batigiragamo kandi bibarizwamo abanyeshuri. Turizeza abo babyeyi ko mu gihe cya vuba iri shuri rya EP Nyanza naryo rizasanwa uko ubushobozi bugenda buboneka.”

Kugeza ubu, imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru igaragaza ko hari ibyumba by’amashuri 133 bishaje cyane bikenewe gusimburwa, hakabaho 218 bikenewe gusanwa, mu gihe ibyumba bishya bigomba kubakwa ari 675.

Igisenge cy’iri shuri cyarangiritse
Rirava cyane

Intebe na zo zirashaje

Ababyeyi basaba ko hakwiye kugira icyo gukorwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Next Post

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.