• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA
1
Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%
Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe amanota y’abarangije amashuri yisumbuye mu mwaka w’uburezi wa 2021-2022 mu byiciro bitandukanye, aho abatsinze mu basoje amasomo y’ubumenyi rusange ari 44 818 muri 47 379 bari bakoze, naho mu barangije mu masomo nderabarezi bakaba ari 2 892 muri 2 895 bari bakoze.

Byagaragajwe na Minisiteri y’Uburezi yashyizwe hanze amanota y’abasoje amashuri yisumbuye kuri uyu wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022.

Mu masomo y’ubumenyi rusange, abakandida bari bakoze ikizamini cya Leta, bari 47 379, mu gihe abatsinze ari 44 818 bangana na 94.6%.

Naho mu masomo ya tekiniki, abakoze ibizamini bya Leta bari 21 227, mu gihe abatsinze ari 20 752, ni ukuvuga batsinze ku gipimo cya 97,8%.

Mu basoje mu masomo Nderaburezi ari na bo batsinze cyane muri ibi byiciro byakoze ibizamini bya Leta, hari hakoze abakandida 2 895, hatsinda 2892. Ni ukuvuga ko batsinze ari 99,9%.

Naho mu bijyanye n’imitsindire ku bahungu n’abakobwa, mu cyiciro cy’ubumenyi rusange, abakobwa batsinze ku kigero cyo hejuru kuko batsinze kuri 50,6%, mu gihe abahungu ari 44%.

Mu bakoze mu masomo ya tekiniki, abahungu batsinze kurusha abakobwa kuko batsinze ari 52,6%, mu gihe abakobwa ari 45,2%.

Mu cyiciro cy’abakoze mu masomo nderabarezi (TTC), na ho abakobwa babaye benshi kuko ari 60,3%, abahungu bakaba 39,6%.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tuyishime monique says:
    3 years ago

    Nukuri bluce bazitange kubwinshi pe birakenewe cyane rwose kandi twishimye cyane turabashimira rwose mugire ibihe byiza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 10 =

Previous Post

Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

Next Post

Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23

Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.