• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi

radiotv10by radiotv10
14/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Donald Trump akomeje gushyiraho abayobozi bazamufasha kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, impaka zikomeje kugwira kubera abo akomeje gushyiraho, barimo nk’uwo yagize Minisitiri w’Ingabo, usanzwe ari umusivile wanabaye Umunyamakuru.

Ishyaka ry’Aba-Republicans rya Trump uherutse gutsinda amatora, kandi ryanegukanye imyanya myinshi mu mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America rihigitse iry’Aba-Democrats, bivuze ko Donald Trump n’ishyaka rye, bazaba bafite ububasha bwose mu kuyobora Igihugu.

Ubwo yiyamamazaga, Perezida Donald Trump yasezeranyije Abanyamerika ko azayobora Igihugu mu cyerekezo gitandukanye cyane n’icyo Joe Biden yabaganishagamo, ndetse kuri ubu afite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibitekerezo bye, kuko azaba ashyigikiwe n’ishyaka rye rifite ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.

Nyuma yo kwakirwa na Joe Biden muri White House nk’ikimenyetso cyo guhererekanya ubutegetsi, ubu Trump ari gushyiraho abayobozi bazamufasha kuyobora iki Gihugu, ariko bazabanza kwemezwa na Sena.

Mu bo aheruka gushyiraho harimo na Pete Hegseth yagize Minisiteri w’Ingabo. Pete yabaye umunyamakuru kuri Fox News, ndetse yakunze kugaragaza ibitekerezo bihabanye n’ibya benshi ku miterere y’igisirikare cya Amerika, aho yavugaga ko abagore batagomba kujya mu nshingano z’urugamba.

Gushyirwa kuri uyu mwanya, byatumye Abanyamerika bacika ururongogoro kuko bitari bisanzwe ko Umusivile ayobora urwego nkuru rwa gisirikare.

Ntibyagarukiye aho kuko, ku mwanya w’intumwa nkuru ya Leta, Trump yagennye Matt Gaetz. Uyu na we yakuruye impaka zitari nke, kuko yigeze gukorwaho iperereza ku byaha birebana n’icuruzwa ry’abana rishingiye ku mibonano mpuzabitsina, ariko ntiyigeze agezwa mu butabera, icyakora ngo ni umuntu wa hafi wa Trump, kuko yari mu b’imbere basabye ko haburizwemo ibyavuye mu matora ya 2020, yarangiye Trump atsinzwe na Joe Biden.

Kugeza ubu amahitamo ya Perezida watowe, mu gushyiraho abazamufasha kuyobora, akomeje kutavugwaho rumwe na benshi mu Banyamerika biganjemo abo mu ishyaka ry’Aba-Democrats, bavuga ko guhera muri Mutarama umwaka utaha wa 2025, Amerika izafata icyerekezo gishya, ndetse ko amahitamo ya Trump yerekana icyerekezo Igihugu cyabo kigiye kujyamo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + sixteen =

Previous Post

Ubuyobozi Bukuru bwa M23 bwatangaje impinduka mu bayobozi bashya b’ibice igenzura

Next Post

Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.