Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu Min.Nduhungirehe yasabye abanyamakuru kwitondera imvugo bakoresha muri iki gihe

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; yasabye abanyamakuru “kutavuga ibyo bishakiye” muri iki gihe bagambiriye gushaka ‘views’, agendeye ku byatangajwe n’umwe mu kiganiro wavuze ko imvugo yakoresheje isa no gutangaza intambara.

Minisitiri Nduhungirehe yagendeye ku byatangajwe n’Umunyamakuru Joseph Hakuzwumuremyi mu kiganiro cyatambutse ku gitangazamakuru akorera, ubwo yagarukaga ku byatangajwe n’uyu ukuriye Dipolomasi y’u Rwanda ko iki Gihugu kidashobora kwihanganira ubwicanyi bukorwa n’ubutegetsi bwa DRC bufatanyije n’igisirikare cy’u Burundi, n’imitwe irimo CODECO, bukorerwa bumwe mu bwoko bw’Abanyekongo.

Muri iki kiganiro, uyu munyamakuru yumvikana agira ati “Ariko Nduhungirehe we yadekalaye intambara […] yavuze ko u Rwanda rutazabyihanganira mu kanama k’Uburenganzira bwa muntu ka UN.”

Uyu munyamakuru yavugaga ko iyi ntambara ishobora kuba ari iya politiki cyangwa iya Dipolomasi, bityo ko abantu badakwiye guhita bumva ko ari intambara y’amasasu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, agendeye ku byatangajwe n’uyu munyamakuru, yasabye abanyamakuru kwitondera imvugo bakoresha muri iki gihe.

Yagize ati “Aba banyamakuru nka HAKUZWUMUREMYI Joseph bavuga ibyo bishakiye, babeshyera abayobozi b’u Rwanda ngo bakoze declaration y’intambara, bakabikora kubera ko bashaka “gutwika” cyangwa se bashaka views, should be held accountable [bagomba kubibazwa]. Ibi bihe turimo ntabwo ari ibyo gukinisha imvugo nk’izi.”

Mu butumwa uyu munyamakuru, asubiza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yavuze ko yumvise inama yamugiriye.

Muri ubu butumwa uyu munyamakuru yaje gusiba ariko dufitiye kopi, yari yagize ati “Amagambo amwe n’amwe muri Politiki ni ayo kwitondera atari n’abanyamakuru gusa kandi ni byiza kudukebura! Gusa uwakase aka ka video yakase gatoya akeneye muri gahunda ze bwite, nemeza ko kadatanga ishusho yose y’ikiganiro! Ndabashimiye cyane!”

U Rwanda rwakunze gutabariza imiryango migari y’Abanyekongo ikomeje guhohoterwa irimo Abavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, Abanyamulenge, ndetse n’Aba-Hema, mu gihe Isi yose isa n’iyabyirengagije, ariko ubuyobozi bw’iki Gihugu bukavuga ko bukurikije amatekano y’ibyakiyabayemo budakwiye kwicara ngo butuze budatabariza ubu bwoko bwugarijwe mu Gihugu cy’abaturanyi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Isaac says:
    10 months ago

    Abanyamakuru ni vyiza ko batanga amakuru bakuye kuri terrain kugira batabesha abo bagomba kuyashikiriza,
    Kuko ugiye kubesha uvuga ibinyoma,hakaboneka bagenzawe bageze kuri terrain bagatanga amakuru ari live,igihe abagukurikirana ku kinyamakuru cawe babonye fulllive inyuranye nivyo wanditse,nta like nta subscribe uzongera kubona ziduga,ahubwo zizomanuka,umanukane zazo uja i Kuzimu kwa Sebinyoma kuk wakunze ibinyoma ukanka ukuri.

    Kandi UKURI ntikuzotsindwa kugeza ibihe vyose”

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Next Post

Umugabo uregwa gusambanya umwana we akamugira nk’umugore we bakanabyarana impanga yavuze icyabimuteye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Umugabo uregwa gusambanya umwana we akamugira nk’umugore we bakanabyarana impanga yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.