Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu Min.Nduhungirehe yasabye abanyamakuru kwitondera imvugo bakoresha muri iki gihe

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; yasabye abanyamakuru “kutavuga ibyo bishakiye” muri iki gihe bagambiriye gushaka ‘views’, agendeye ku byatangajwe n’umwe mu kiganiro wavuze ko imvugo yakoresheje isa no gutangaza intambara.

Minisitiri Nduhungirehe yagendeye ku byatangajwe n’Umunyamakuru Joseph Hakuzwumuremyi mu kiganiro cyatambutse ku gitangazamakuru akorera, ubwo yagarukaga ku byatangajwe n’uyu ukuriye Dipolomasi y’u Rwanda ko iki Gihugu kidashobora kwihanganira ubwicanyi bukorwa n’ubutegetsi bwa DRC bufatanyije n’igisirikare cy’u Burundi, n’imitwe irimo CODECO, bukorerwa bumwe mu bwoko bw’Abanyekongo.

Muri iki kiganiro, uyu munyamakuru yumvikana agira ati “Ariko Nduhungirehe we yadekalaye intambara […] yavuze ko u Rwanda rutazabyihanganira mu kanama k’Uburenganzira bwa muntu ka UN.”

Uyu munyamakuru yavugaga ko iyi ntambara ishobora kuba ari iya politiki cyangwa iya Dipolomasi, bityo ko abantu badakwiye guhita bumva ko ari intambara y’amasasu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, agendeye ku byatangajwe n’uyu munyamakuru, yasabye abanyamakuru kwitondera imvugo bakoresha muri iki gihe.

Yagize ati “Aba banyamakuru nka HAKUZWUMUREMYI Joseph bavuga ibyo bishakiye, babeshyera abayobozi b’u Rwanda ngo bakoze declaration y’intambara, bakabikora kubera ko bashaka “gutwika” cyangwa se bashaka views, should be held accountable [bagomba kubibazwa]. Ibi bihe turimo ntabwo ari ibyo gukinisha imvugo nk’izi.”

Mu butumwa uyu munyamakuru, asubiza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yavuze ko yumvise inama yamugiriye.

Muri ubu butumwa uyu munyamakuru yaje gusiba ariko dufitiye kopi, yari yagize ati “Amagambo amwe n’amwe muri Politiki ni ayo kwitondera atari n’abanyamakuru gusa kandi ni byiza kudukebura! Gusa uwakase aka ka video yakase gatoya akeneye muri gahunda ze bwite, nemeza ko kadatanga ishusho yose y’ikiganiro! Ndabashimiye cyane!”

U Rwanda rwakunze gutabariza imiryango migari y’Abanyekongo ikomeje guhohoterwa irimo Abavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, Abanyamulenge, ndetse n’Aba-Hema, mu gihe Isi yose isa n’iyabyirengagije, ariko ubuyobozi bw’iki Gihugu bukavuga ko bukurikije amatekano y’ibyakiyabayemo budakwiye kwicara ngo butuze budatabariza ubu bwoko bwugarijwe mu Gihugu cy’abaturanyi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Isaac says:
    12 months ago

    Abanyamakuru ni vyiza ko batanga amakuru bakuye kuri terrain kugira batabesha abo bagomba kuyashikiriza,
    Kuko ugiye kubesha uvuga ibinyoma,hakaboneka bagenzawe bageze kuri terrain bagatanga amakuru ari live,igihe abagukurikirana ku kinyamakuru cawe babonye fulllive inyuranye nivyo wanditse,nta like nta subscribe uzongera kubona ziduga,ahubwo zizomanuka,umanukane zazo uja i Kuzimu kwa Sebinyoma kuk wakunze ibinyoma ukanka ukuri.

    Kandi UKURI ntikuzotsindwa kugeza ibihe vyose”

    Reply

Leave a Reply to Isaac Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Icyo Igisirikare cy’u Burundi kivuga ku byo cyavuzweho na M23 ku gitero cyoretse imbaga

Next Post

Umugabo uregwa gusambanya umwana we akamugira nk’umugore we bakanabyarana impanga yavuze icyabimuteye

Related Posts

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

by radiotv10
13/02/2026
0

For many years, success was easy to define. If someone had a lot of money, a good job title, and...

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

by radiotv10
13/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

by radiotv10
13/02/2026
0

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege (RwandAir) yatangaje ko bitewe n’ibibazo by’ikirere cyagaragayemo ibicu biremereye, ingendo zerecyeza cyangwa ziva ku Kibuga cy’Indege...

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite...

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

by radiotv10
13/02/2026
0

Abakorera ubuhinzi bw’imbuto mu cyanya gihuriweho n'Imirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bataka ibihombo baterwa n’imbuto zangirikira...

IZIHERUKA

The New Definition of “Success” for Young People in 2026
IMIBEREHO MYIZA

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

13/02/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

13/02/2026
Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

13/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Umugabo uregwa gusambanya umwana we akamugira nk’umugore we bakanabyarana impanga yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.