Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi bw’amafaranga bwakomeje gushakwa bwo kwifashisha mu kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Minisitiri Yusuf Murangwa yabitangaje ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’Itegeko rigena Ingengo y’Imari, aho yagaragaje hari hateganyijwe gukoreshwa Miliyari 7 032,5 Frw ubu ikaba yaragabanutse igeze kuri Miliyari 6 952,1 Frw; ni ukuvuga ko yagabanutseho miliyari 80,4 Frw.

Agaragaza zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari igabanuka, Minisitiri yavuze ko Guverinoma yakomeje gushaka amafaranga yo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Kigali [cyubakwa i Bugesera] kandi ikaba yarabonye umufatanyabikorwa.

Yagize ati “Aha twari twarafashe miliyoni hafi 400$ yo kwifashishwa mu kubaka ikibuga cy’indege. Twakomeje kwegera abafatanyabikorwa dukorana na bo cyane cyane Banki y’Isi, bemera kuduha ingwate ya 95% y’amafaranga azubaka ikibuga cy’indege, bituma tubona amafaranga ahendutse aho inyungu ku nguzanyo izagabanyuka cyane.”

Yavuze kandi ko uretse kuba harabonetse ayo mafaranga, ariko Guverinoma yanoroherejwe uburyo izajya iyabona, kuko izajya iyafata mu gihe iyakeneye.

Ati “Ubu bizadufasha gufata amafaranga igihe tuyakeneye. Ni ukuvuga ko ibikorwa bigikomeje kandi nta kizahagarara, ariko uburyo dufatamo amafaranga, azahenduka, ikindi tuzajya tuyafata igihe tuyakeneye. Mu by’ukuri amafaranga yo kubaka ikibuga cy’indege yaragabanutse ariko amafaranga y’indi mishinga yariyongereye [kugeza] hafi miliyari 250 Frw.”

Aya mahirwe ariko azatuma amafaranga ava hanze akoreshwa mu ngengo y’imari yiyongera, kuko yiyongereyeho miliyari 250,5 Frw, yiganjemo ay’inguzanyi n’inkunga.

Amafaranga yagenewe gukoreshwa mu mishinga y’Iterambere yavuye kuri Miliyari 1 862,5 Frw agera kuri miliyari 2 115,8 Frw, ni ukuvuga ko yiyongereyeho miliyari 253,3 Frw.

Naho amafaranga y’ingengo y’imari isanzwe, yo yaragabanutse, kuko yageze kuri miliyari 4 114,9 Frw avuye miliyari 4 312,9 Frw. Ni ukubuga ko yagabanutseho miliyari 198 Frw.

Umushinga w’iri Tegeko rivugurura irigena Ingengo y’Imari, wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, ukaza uzashyikirizwa Komisiyo, ugasuzumwa, kugira ngo utorwe nk’itegeko.

Minisitiri Murangwa ubwo yagezaga ku Nteko uyu mushinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 7 =

Previous Post

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Next Post

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha imvugo yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.