• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi bw’amafaranga bwakomeje gushakwa bwo kwifashisha mu kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Minisitiri Yusuf Murangwa yabitangaje ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’Itegeko rigena Ingengo y’Imari, aho yagaragaje hari hateganyijwe gukoreshwa Miliyari 7 032,5 Frw ubu ikaba yaragabanutse igeze kuri Miliyari 6 952,1 Frw; ni ukuvuga ko yagabanutseho miliyari 80,4 Frw.

Agaragaza zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari igabanuka, Minisitiri yavuze ko Guverinoma yakomeje gushaka amafaranga yo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Kigali [cyubakwa i Bugesera] kandi ikaba yarabonye umufatanyabikorwa.

Yagize ati “Aha twari twarafashe miliyoni hafi 400$ yo kwifashishwa mu kubaka ikibuga cy’indege. Twakomeje kwegera abafatanyabikorwa dukorana na bo cyane cyane Banki y’Isi, bemera kuduha ingwate ya 95% y’amafaranga azubaka ikibuga cy’indege, bituma tubona amafaranga ahendutse aho inyungu ku nguzanyo izagabanyuka cyane.”

Yavuze kandi ko uretse kuba harabonetse ayo mafaranga, ariko Guverinoma yanoroherejwe uburyo izajya iyabona, kuko izajya iyafata mu gihe iyakeneye.

Ati “Ubu bizadufasha gufata amafaranga igihe tuyakeneye. Ni ukuvuga ko ibikorwa bigikomeje kandi nta kizahagarara, ariko uburyo dufatamo amafaranga, azahenduka, ikindi tuzajya tuyafata igihe tuyakeneye. Mu by’ukuri amafaranga yo kubaka ikibuga cy’indege yaragabanutse ariko amafaranga y’indi mishinga yariyongereye [kugeza] hafi miliyari 250 Frw.”

Aya mahirwe ariko azatuma amafaranga ava hanze akoreshwa mu ngengo y’imari yiyongera, kuko yiyongereyeho miliyari 250,5 Frw, yiganjemo ay’inguzanyi n’inkunga.

Amafaranga yagenewe gukoreshwa mu mishinga y’Iterambere yavuye kuri Miliyari 1 862,5 Frw agera kuri miliyari 2 115,8 Frw, ni ukuvuga ko yiyongereyeho miliyari 253,3 Frw.

Naho amafaranga y’ingengo y’imari isanzwe, yo yaragabanutse, kuko yageze kuri miliyari 4 114,9 Frw avuye miliyari 4 312,9 Frw. Ni ukubuga ko yagabanutseho miliyari 198 Frw.

Umushinga w’iri Tegeko rivugurura irigena Ingengo y’Imari, wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, ukaza uzashyikirizwa Komisiyo, ugasuzumwa, kugira ngo utorwe nk’itegeko.

Minisitiri Murangwa ubwo yagezaga ku Nteko uyu mushinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + five =

Previous Post

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Next Post

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.