Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umukuru w’Igihugu avuga ko u Rwanda rutajya rwizihiza umunsi w’Ubwigenge kuko wahujwe n’uwo Kwibohora kuko byegeranye, ariko kandi ko n’igisobanuro cy’Ubwigenge kitigeze kigaragara mu bikorwa.

Itariki ya 01 Nyakanga buri mwaka isanzwe ari umunsi w’ikiruhuko. Icyo kiruhuko ni urukurikirane rw’imyaka ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, ndetse hari n’abo amateka yagize intwari kubera uwo munsi.

Gusa kuri iyi tariki, nta birori bikorwa nk’uko biba bimeze mu bindi Bihugu, kuko byahujwe n’umunsi wo Kwibohora k’u Rwanda uba tariki 04 Nyakanga.

Perezida Paul Kagame agaruka ku guhuza iyi minsi, yagize ati “Nubwo iyo minsi ihura kandi ifite ibyo isangiye, iyo minsi ifite n’ukuntu itandukanye. Umunsi w’itariki 04 Nyakanga kuri benshi, nanjye ndimo, ni nk’Ubunani, ni nk’itariki ya mbere ibanziriza umwaka. Ubuzima bw’u Rwanda, bw’Abanyarwanda ni aho buhera. Ni umunsi utangira ubuzima bw’Igihugu ubuzima bwa benshi.”

Yakomeje agira ati “Itariki ya 01 Nyakanga, byiswe ko twahawe ubwigenge, ariko uko iminsi igiye imbere dusa n’aho twabisubije abaduhaye ubwigenge, ngo nimwikomereze n’ubundi ntitubishoboye. Abitwaga ko baduhaye ubwigenge barabisubirana, dusigarana izina ry’ubwigenge. Ubwigenge nyakuri butwarwa n’abari babutubujije. Uko ni ukuri.”

Avuga ko atari umwihariko ku Rwanda, kuko ari na ko byagenze ku bindi Bihugu. Ati “N’iyo urebye hirya no hino usanga ari ko byagenze. Abantu babonye ubwigenge mu izina, barabubura mu by’ukuri.”

Umukuru w’igihugu avuga ko Abanyarwanda bagomba gukora ibishoboka byose bakarinda ibimaze kugerwaho mu myaka 29 ishize, by’umwihariko urubyiruko rugafata iya mbere, rukava mu businzi; rukagira umutima wo kwitangira Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + fourteen =

Previous Post

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze kuri Raporo yongeye kwegeka ikinyoma ku Rwanda ku bya DRCongo

Next Post

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije 'Football' n’icyo agiye gukora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.