Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
2
Impinduka ku muyobozi wa Kicukiro wemereye Perezida ko yagize ‘uburangare’
Share on FacebookShare on Twitter

Solange Umutesi wari Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, uherutse kwemerera Perezida Paul Kagame ko yagize uburangare ku kibazo yagombye kumwibutsa, yasimbuwe kuri uyu mwanya, hashyirwaho Antoine Mutsinzi.

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023, rigaragaza ko habayeho amavugurura mu bagize Urwego Nshingwabikorwa mu Karere ka Kicukiro.

Ku mwanya w’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’aka Karere ka Kicukiro, hashyizweho Antoine Mutsinzi, akungirizwa na Ann Monique Huss wagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’aka Karere.

Izi mpinduka mu Rwego Nshingwabikorwa mu Karere ka Kicukiro, zibaye nyuma y’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame anenze imikorera y’uwari Umuyobozi Nshingwabikorwa w’aka Karere, Solange Umutesi.

Ubwo yasozaga Itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari ku wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, Perezida Paul Kagame yabajije Solange Umutesi iby’ikibazo cy’inyubako yariho yubakwa mu Karere ka Kicukiro ariko ibikorwa byayo bikaza guhagarara, hagakomeza kugaragara ibyari bikingirije ahubakwaga iyi nzu bigasaza bikagaragara nk’umwanda.

 

Yemeye ko yagize uburangare

Perezida Paul Kagame yibukije uyu wari Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Kicukiro ko iki kibazo yari yakimugaragarije ubwo yasuraga aka Karere, akamwereka iyo nzu yari yambitswe ibintu bidasobanutse, akamusaba ko gikemuka.

Yagize ati “Hanyuma nyuma y’amezi nza kongera kuhanyura nsanga nta kintu na kimwe kigeze gikorwa […] Njye rero ntabwo nigeze mbyumva, ndongera mbwira Minisitiri w’Intebe n’abandi.”

Umukuru w’u Rwanda yabajije uyu muyobozi icyatumye hashira amezi iki kibazo kitarakemuka, atangira avuga ko asaba imbazi “kuko habayeho gutinda […] mukimara kubitwereka twegereye nyiri uriya mutungo yitwa Yannick dusanga twagize uburangare kuko icyangombwa cyari cyararangiye.”

Perezida Kagame yahise amubaza niba ari na we wabafashije kumenya ko icyo cyangombwa cy’uburenganzira bwo kubaka cyari cyarangije igihe, amubwira ko babisabira imbabazi.

Uyu wari Umuyobozi wa Kicukiro, yavuze ko nubwo uyu mushoramari wubakaga yahise ashaka ikindi cyangombwa ariko ntahite asubukura imirimo yo kubaka. Ati “Ni cyo twasabiraga imbabazi.”

 

Ubwo Umutesi Solange yatangaga ibisobanuro

RADIOTV10

Comments 2

  1. Andrew RUTSINGA says:
    3 years ago

    n’abo muri HUYE bakwiriye gukeburwa, munama y’ababyeyi ku ishuri rya new Vision Primary school i NGOMA, directeur yerekanye ibaruwa y’amashuri yubatswe na RUTAYISIRE yatangiye gusaduka ataratahwa,nuko bahisha ubusembwa borosaho agasima, amashuri yavaga n’ibindi byose bigaragaza ko ntabuzirantenge,aho kubikosora baramwirukana,umunsi yagwiriye abanyeshuri bazaba bavuga ngo ntibari babizi kandi yarandikiye na Polisi,mudukurikiranire tutazashyingura byitwa ngo ni uburangare bw’abayobozi,twahawe n’amakuru ko n’isoko ryari ryatanzwe mu manyanga,

    Reply
  2. Sibomana Jean Bosco says:
    3 years ago

    Niyobamureka sukubasimbuza bagakomeza amanyanga ngahonda nzabadeba iyomihini mishya.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Next Post

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

Rayon itanze igisubizo gitunguranye ku makuru atashimishije abakunzi bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.