Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in MU RWANDA
0
Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere kuva hatangira gutangazwa imibare y’uko indwara ya Marburg ihagaze mu Rwanda, hatangajwe umubare w’abakize, ndetse ku nshuro ya mbere iyi mibare iza nta n’umwe iki cyorezo cyahitanye.

Iyi mibare yatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, igaragaza ko abantu batanu bamaze gukira iyi ndwara y’umuriro mwinshi.

Ni mu gihe kugeza ubu abamaze gusanganwa iyi ndwara ari 37 barimo umwe wagaragaye kuri uyu wa Gatatu, aho kugeza ubu hamaze gufatwa ibipimo 1 009, na byo ari bwo bwa mbere byari bigaragajwe kuva hatangira kugaragazwa iyi mibare.

Iyi ndwara irangwa n’umuriro ukabije no kubabara umutwe n’imikaya bikabije, imaze guhitana abantu 11, ariko kuri uyu wa Gatatu ikaba nta n’umwe witabye Imana ayizize, mu gihe indi mibare yatangajwe mbere yose, hagaragaraga uwo iki cyorezo cyahitanye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, kuri uyu wa Gatatu tari yabaye nk’utangaza iyi mibare, aho yavuze ko kugeza ubu abarwayi batanu bamaze kugaragaza ko nta bwandu bw’iyi ndwara bagifite mu mubiri wabo bakaba bategereje andi mabwiriza y’amavuriro n’ibizamini bya Laboratwari.

Dr. Yvan Butera kandi yari yatangaje ko abantu 410 bari gukurikiranwa kuko bashobora kuba barahuye n’abasanganywe ubu bwandu, bikaba biri gukorwa mu rwego rwo guhagarika ko cyakwirakwira.

Yatangaje kandi ko hari gutekerezwa uburyo hatangira igikorwa cy’igerageza ry’inkingo zo guhangana n’iki cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo, ndetse mu gihe igerageza ry’inkingo ryatangira rikaba ryatangirira ku matsinda y’abantu bafite ibyago byo kuba bacyandura.

Iki cyorezo kigitangira gutangwaho amakuru mu Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abibasiwe cyane ari abaganga, ndetse amakuru avuga ko abo kimaze guhitana biganjemo abakora mu mavuriro no mu Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

Next Post

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.