Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in MU RWANDA
0
Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere kuva hatangira gutangazwa imibare y’uko indwara ya Marburg ihagaze mu Rwanda, hatangajwe umubare w’abakize, ndetse ku nshuro ya mbere iyi mibare iza nta n’umwe iki cyorezo cyahitanye.

Iyi mibare yatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, igaragaza ko abantu batanu bamaze gukira iyi ndwara y’umuriro mwinshi.

Ni mu gihe kugeza ubu abamaze gusanganwa iyi ndwara ari 37 barimo umwe wagaragaye kuri uyu wa Gatatu, aho kugeza ubu hamaze gufatwa ibipimo 1 009, na byo ari bwo bwa mbere byari bigaragajwe kuva hatangira kugaragazwa iyi mibare.

Iyi ndwara irangwa n’umuriro ukabije no kubabara umutwe n’imikaya bikabije, imaze guhitana abantu 11, ariko kuri uyu wa Gatatu ikaba nta n’umwe witabye Imana ayizize, mu gihe indi mibare yatangajwe mbere yose, hagaragaraga uwo iki cyorezo cyahitanye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, kuri uyu wa Gatatu tari yabaye nk’utangaza iyi mibare, aho yavuze ko kugeza ubu abarwayi batanu bamaze kugaragaza ko nta bwandu bw’iyi ndwara bagifite mu mubiri wabo bakaba bategereje andi mabwiriza y’amavuriro n’ibizamini bya Laboratwari.

Dr. Yvan Butera kandi yari yatangaje ko abantu 410 bari gukurikiranwa kuko bashobora kuba barahuye n’abasanganywe ubu bwandu, bikaba biri gukorwa mu rwego rwo guhagarika ko cyakwirakwira.

Yatangaje kandi ko hari gutekerezwa uburyo hatangira igikorwa cy’igerageza ry’inkingo zo guhangana n’iki cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo, ndetse mu gihe igerageza ry’inkingo ryatangira rikaba ryatangirira ku matsinda y’abantu bafite ibyago byo kuba bacyandura.

Iki cyorezo kigitangira gutangwaho amakuru mu Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abibasiwe cyane ari abaganga, ndetse amakuru avuga ko abo kimaze guhitana biganjemo abakora mu mavuriro no mu Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 2 =

Previous Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

Next Post

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.