Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in MU RWANDA
0
Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere kuva hatangira gutangazwa imibare y’uko indwara ya Marburg ihagaze mu Rwanda, hatangajwe umubare w’abakize, ndetse ku nshuro ya mbere iyi mibare iza nta n’umwe iki cyorezo cyahitanye.

Iyi mibare yatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, igaragaza ko abantu batanu bamaze gukira iyi ndwara y’umuriro mwinshi.

Ni mu gihe kugeza ubu abamaze gusanganwa iyi ndwara ari 37 barimo umwe wagaragaye kuri uyu wa Gatatu, aho kugeza ubu hamaze gufatwa ibipimo 1 009, na byo ari bwo bwa mbere byari bigaragajwe kuva hatangira kugaragazwa iyi mibare.

Iyi ndwara irangwa n’umuriro ukabije no kubabara umutwe n’imikaya bikabije, imaze guhitana abantu 11, ariko kuri uyu wa Gatatu ikaba nta n’umwe witabye Imana ayizize, mu gihe indi mibare yatangajwe mbere yose, hagaragaraga uwo iki cyorezo cyahitanye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, kuri uyu wa Gatatu tari yabaye nk’utangaza iyi mibare, aho yavuze ko kugeza ubu abarwayi batanu bamaze kugaragaza ko nta bwandu bw’iyi ndwara bagifite mu mubiri wabo bakaba bategereje andi mabwiriza y’amavuriro n’ibizamini bya Laboratwari.

Dr. Yvan Butera kandi yari yatangaje ko abantu 410 bari gukurikiranwa kuko bashobora kuba barahuye n’abasanganywe ubu bwandu, bikaba biri gukorwa mu rwego rwo guhagarika ko cyakwirakwira.

Yatangaje kandi ko hari gutekerezwa uburyo hatangira igikorwa cy’igerageza ry’inkingo zo guhangana n’iki cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo, ndetse mu gihe igerageza ry’inkingo ryatangira rikaba ryatangirira ku matsinda y’abantu bafite ibyago byo kuba bacyandura.

Iki cyorezo kigitangira gutangwaho amakuru mu Rwanda, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abibasiwe cyane ari abaganga, ndetse amakuru avuga ko abo kimaze guhitana biganjemo abakora mu mavuriro no mu Bitaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

Next Post

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.