Saturday, November 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu cyaro byazamutse ku kigero cya 72% mu kwezi gushize, mu gihe mu minsi ishize Banki Nkuru y’u Rwanda yari yavuze ko mu mezi abiri ari imbere ibiciro ku isoko bizagabanuka. Impuguke mu bukungu ivuga ko iki cyizere ari gicye cyane.

Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko mu kwezi kwa Werurwe (3) 2023 ibiciro ku isoko ry’u Rwanda byakomeje gutumbagira, kuko byazamutse ku kigero cya 31% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2022.

Ibiciro mu mijyi byazamutse ku kigero cya 19%, mu cyaro bigera kuri 39.5%. Mu cyaro kandi iyi ni imwe mu nshuro nke ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye bizamutse ku kigera cya 72.4%.

Iyi mibare isohotse nyuma y’iminsi icumi gusa, Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa atanze ihumure ko ibiciro ku isoko bishobora kuzamanuka.

Ubwo yatangaga iri humure, John Rwangombwa yari yagize ati “Ikibazo twagiraga giterwa n’ibiciro mpuzamahanga muri uyu mwaka tubona kizagabanuka. Ibyo rero bikaduha icyizere ko bizagira ingaruka nziza ku masoko yacu ko bizagenda bijya hasi. Kandi mwamaze kubibona ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bimaze igihe bigenda bimanuka.”

Yari yakomeje agira ati “Twizeye ko ibiciro by’ibiribwa twizeye ko igihembwe cya kabiri kizagenda neza bikagabanuka. Ni aho dushingira tuvuga ko mu gice cya kabiri ibiciro bizaba byongeye kumanuka.”

Impuguke mu by’ubukungu, akaba anigisha amasomo ajyanye na byo muri kaminuza, Dr. Fidele Mutemberezi avuga ko kuba ibiciro ku masoko byamanuka cyangwa bikazamuka ari ibintu bisanzwe.

Ati “Ariko ikidasanzwe ni kuri urwo rugero, niba byarazamutse kuri 72% bishobora kumanuka kuri 72% cyangwa kuri 74%? byamanuka ari uko impamvu zituma bizamuka zaravuyeho. [….] ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaramanutse ariko ntibyabujije ibiciro gukomeza kuzamuka.”

Yakomeje agaragaza igikwiye gutekerezwa, ati “Ahantu twashakira ikibazo ni imbere mu Gihugu, ni umusaruro mucye. Biragoye kuvuga ko mu mezi abiri uwo musaruro uzaba wiyongereye. Ibiciro n’ubwo byagabanuka; byagabanukaho ku rugero rutoya.”

Abahanga bavuga ko hakenewe ingamba zo kongera umusaruro w’ubuhinzi ku buryo waziba icyuho cy’ibikenerwa n’abaturarwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Gift says:
    3 years ago

    Ni gute imipaka itafungurwa ngo ibitoki bya Ntungamo byinjire,ibirayi bya gisoro na Kabale byinjire,imyumbati yubugali ya Uganda yinjire hanyuma higwe ingamba zo guhinga ariko ibiciro byagabanutse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 16 =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Next Post

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.