Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu cyaro byazamutse ku kigero cya 72% mu kwezi gushize, mu gihe mu minsi ishize Banki Nkuru y’u Rwanda yari yavuze ko mu mezi abiri ari imbere ibiciro ku isoko bizagabanuka. Impuguke mu bukungu ivuga ko iki cyizere ari gicye cyane.

Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko mu kwezi kwa Werurwe (3) 2023 ibiciro ku isoko ry’u Rwanda byakomeje gutumbagira, kuko byazamutse ku kigero cya 31% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2022.

Ibiciro mu mijyi byazamutse ku kigero cya 19%, mu cyaro bigera kuri 39.5%. Mu cyaro kandi iyi ni imwe mu nshuro nke ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye bizamutse ku kigera cya 72.4%.

Iyi mibare isohotse nyuma y’iminsi icumi gusa, Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa atanze ihumure ko ibiciro ku isoko bishobora kuzamanuka.

Ubwo yatangaga iri humure, John Rwangombwa yari yagize ati “Ikibazo twagiraga giterwa n’ibiciro mpuzamahanga muri uyu mwaka tubona kizagabanuka. Ibyo rero bikaduha icyizere ko bizagira ingaruka nziza ku masoko yacu ko bizagenda bijya hasi. Kandi mwamaze kubibona ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bimaze igihe bigenda bimanuka.”

Yari yakomeje agira ati “Twizeye ko ibiciro by’ibiribwa twizeye ko igihembwe cya kabiri kizagenda neza bikagabanuka. Ni aho dushingira tuvuga ko mu gice cya kabiri ibiciro bizaba byongeye kumanuka.”

Impuguke mu by’ubukungu, akaba anigisha amasomo ajyanye na byo muri kaminuza, Dr. Fidele Mutemberezi avuga ko kuba ibiciro ku masoko byamanuka cyangwa bikazamuka ari ibintu bisanzwe.

Ati “Ariko ikidasanzwe ni kuri urwo rugero, niba byarazamutse kuri 72% bishobora kumanuka kuri 72% cyangwa kuri 74%? byamanuka ari uko impamvu zituma bizamuka zaravuyeho. [….] ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaramanutse ariko ntibyabujije ibiciro gukomeza kuzamuka.”

Yakomeje agaragaza igikwiye gutekerezwa, ati “Ahantu twashakira ikibazo ni imbere mu Gihugu, ni umusaruro mucye. Biragoye kuvuga ko mu mezi abiri uwo musaruro uzaba wiyongereye. Ibiciro n’ubwo byagabanuka; byagabanukaho ku rugero rutoya.”

Abahanga bavuga ko hakenewe ingamba zo kongera umusaruro w’ubuhinzi ku buryo waziba icyuho cy’ibikenerwa n’abaturarwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Gift says:
    3 years ago

    Ni gute imipaka itafungurwa ngo ibitoki bya Ntungamo byinjire,ibirayi bya gisoro na Kabale byinjire,imyumbati yubugali ya Uganda yinjire hanyuma higwe ingamba zo guhinga ariko ibiciro byagabanutse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Next Post

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Related Posts

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

IZIHERUKA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.