Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu cyaro byazamutse ku kigero cya 72% mu kwezi gushize, mu gihe mu minsi ishize Banki Nkuru y’u Rwanda yari yavuze ko mu mezi abiri ari imbere ibiciro ku isoko bizagabanuka. Impuguke mu bukungu ivuga ko iki cyizere ari gicye cyane.

Iyi mibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko mu kwezi kwa Werurwe (3) 2023 ibiciro ku isoko ry’u Rwanda byakomeje gutumbagira, kuko byazamutse ku kigero cya 31% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2022.

Ibiciro mu mijyi byazamutse ku kigero cya 19%, mu cyaro bigera kuri 39.5%. Mu cyaro kandi iyi ni imwe mu nshuro nke ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye bizamutse ku kigera cya 72.4%.

Iyi mibare isohotse nyuma y’iminsi icumi gusa, Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa atanze ihumure ko ibiciro ku isoko bishobora kuzamanuka.

Ubwo yatangaga iri humure, John Rwangombwa yari yagize ati “Ikibazo twagiraga giterwa n’ibiciro mpuzamahanga muri uyu mwaka tubona kizagabanuka. Ibyo rero bikaduha icyizere ko bizagira ingaruka nziza ku masoko yacu ko bizagenda bijya hasi. Kandi mwamaze kubibona ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bimaze igihe bigenda bimanuka.”

Yari yakomeje agira ati “Twizeye ko ibiciro by’ibiribwa twizeye ko igihembwe cya kabiri kizagenda neza bikagabanuka. Ni aho dushingira tuvuga ko mu gice cya kabiri ibiciro bizaba byongeye kumanuka.”

Impuguke mu by’ubukungu, akaba anigisha amasomo ajyanye na byo muri kaminuza, Dr. Fidele Mutemberezi avuga ko kuba ibiciro ku masoko byamanuka cyangwa bikazamuka ari ibintu bisanzwe.

Ati “Ariko ikidasanzwe ni kuri urwo rugero, niba byarazamutse kuri 72% bishobora kumanuka kuri 72% cyangwa kuri 74%? byamanuka ari uko impamvu zituma bizamuka zaravuyeho. [….] ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaramanutse ariko ntibyabujije ibiciro gukomeza kuzamuka.”

Yakomeje agaragaza igikwiye gutekerezwa, ati “Ahantu twashakira ikibazo ni imbere mu Gihugu, ni umusaruro mucye. Biragoye kuvuga ko mu mezi abiri uwo musaruro uzaba wiyongereye. Ibiciro n’ubwo byagabanuka; byagabanukaho ku rugero rutoya.”

Abahanga bavuga ko hakenewe ingamba zo kongera umusaruro w’ubuhinzi ku buryo waziba icyuho cy’ibikenerwa n’abaturarwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Gift says:
    2 years ago

    Ni gute imipaka itafungurwa ngo ibitoki bya Ntungamo byinjire,ibirayi bya gisoro na Kabale byinjire,imyumbati yubugali ya Uganda yinjire hanyuma higwe ingamba zo guhinga ariko ibiciro byagabanutse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eighteen =

Previous Post

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Next Post

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.