Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje kurekura ibice wari warafashe ndetse hatangiye kugaragara icyizere ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haba hagiye kuboneka amahoro, urugamba hagati ya FARDC na M23 rwubuye.

Ni imirwano iri kubera mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Mata 2023.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa watangaje iby’iyi mirwano, mu butumwa yanyujije kuri Twitter muri iki gitondo, yavuze ko “Nyuma yo kwigabiza ibirindiro ARC/M34 yari yashyikirije ingabo za EACRF, i Kibumba muri iki gitondo, ubufatanye bwa Guverinoma ya Kinshasa bagabye igitero ku barwanyi bacu. Imirwano irakomeje.”

Bertrand Bisimwa yasoje ubutumwa bwe, avuga ko bamaganye ubu bushotoranyi bwa FARDC bubaye inshuro nyinshi, bwo kurenga ku myanzuro yafashwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Iyi mirwano yubuye mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje kurekura ibice wari warafashe ukabishyikiriza ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse bikaba byari biteganyijwe ko bizageza ku ya 15 Mata 2023 uyu mutwe waramaze kurekura ibice byose wari warafashe.

Gusa muri aka gace ka Kibumba kavugwamo kuburamo imirwano, kari katangiye kuvugwamo ibikorwa byo guhohotera abaturage, nkuko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 ku wa Mbere tariki 10 Mata 2023, igaragaza abaturage bamaze kwicwa n’imitwe ifasha FARDC barimo umuganga w’umukobwa wababaje benshi wishwe azizwa ko ari Umututsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro

Next Post

Kigali: Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro yigabiza urugo rw’umuturage atera icyuma uwaho

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro yigabiza urugo rw’umuturage atera icyuma uwaho

Kigali: Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro yigabiza urugo rw'umuturage atera icyuma uwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.