Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
7
Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Uwiteka, Aline Gahongayire, yagaragaje ko atwite inda yenda kuvuka, asaba abakunzi be kuzamufasha mu kuzamura amashimwe.

Uyu muhanzikazi uri mu baza ku isonga mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp, yifashishije ifoto imugaragaza akuriwe ndetse yifashe ku nda.

Iyi foto yayiherekesheje ubutumwa bugira buti “Abazumva iyo nkuru bazafatanya gushima Imana itarambirwa kugira neza.”

Aline Gahongayire usanzwe azwi no mu bikorwa by’urukundo byo gufasha abana batishoboye, mu ntangiro z’uyu mwaka yari yatangaje ko ari mu rukundo rushya nyuma yuko adahiriwe n’urushako dore ko umugabo bari barashakanye ari we Gahima Gabriel, baje gutandukana.

Uyu muhanzikazi ndetse n’uyu mugabo we batandukanye, bari banabyaye umwana muri Nzeri 2014 wari n’imfura y’uyu muhanzikazi ariko yitaba Imana akivuka.

Ni inkuru yashenguye benshi basanzwe bakunda uyu muhanzikazi byumwihariko kuri we bimusigira igikomere cyo kuba yarapfushije imfura ye.

Uyu muhanzikazi kandi yongeye kunyura mu bindi bigeragezo byo gutandukana n’umugabo we Gahima bahawe gatanya mu kwezi k’Ugushyingo 2017, buri umwe akiyemeza kunyura inzira ye.

Aline Gahongayire utakunze kwerura ngo avuge icyatumye atandukana n’umugabo we, yagiye avuga ko ubwo barambagizanyaga yabonaga ari intama y’Imana ndetse abantu benshi bakamumubuza bamubwira ko ari umunyangeso mbi, ariko urukundo rukamuhuma amaso, we akumva ko ibyo ari iby’amagambo.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Ivan says:
    3 years ago

    Biratanga shusho ki, k’umuhanzikazi was Gospel kuba atwite inda ntamugabo wemewe n’amategeko uzwi afite, s’igisebo ?

    Reply
    • Ael says:
      3 years ago

      I byose harikibazo kirimo?nonese urashakako inda ayikuramo? Bikiramariya ko yabyaye Yezu yari afite umugabo,,mureke tubeho gisirimu rwose,,tuve mumitekerereze ishaje,,,,ubwoc ishusho ushaka kuvuga niyihe

      Reply
      • Tony jacky says:
        3 years ago

        Yego rata wowe uravug ukuri nibamureke yibyarire mugihe agiriwe uwomugisha abana nimpano itangwa nimana

        Reply
  2. Emmanuel says:
    3 years ago

    Ubu ntibishobokako Aline ashaka kumva comment abantu bashyiraho muzi nkumukozi w’Imana rwose ntabwo yaba atwite kdi ntamugabo afite byaba Ari agahoma munwa

    Reply
  3. John bosco says:
    3 years ago

    Nonese ubwo niba ntamugabo afite muburyo bw’amategeko no muburyo bw’itorero
    Ubwo ntatwite ikinyendaro?? Ubwo se si Umusambanyi??
    Ndikubaza ntimunyumve nabi

    Reply
    • Emmanuel says:
      3 years ago

      Ikibazo cyawe gifite ishingiro. Niba atwite ntamugabo afite ni IKIMWZRO.
      Ni byabindi nyine byo muminsi ya nyuma.

      Reply
  4. Sevda says:
    3 years ago

    Icyampa mukareka gucira imanza uwo mumana ni ikinyemdaro.se haruwo atwitiye kwase na nyina ntamutwitiye munzu iwe arinda aba ikinyendaro.se yarakiri umukobwa uri iwabo kuburyo byita ko akojeje ababyeyi isoni reka mbabwire urebye nuko ingo zubu ziruhije abagore na abagabo aho kuba umwe babaye nka hsdui uwabasha yakwibyarira.adashatse kuko icyumuntu nicyo yibarutse abo wibarutse nibo baba abawe murekere aho rero kuko mwe mumwita umusambanyi mukamwitira umwana ikinyendaro abo mumaze gukuzamo inda nibenshi abo mumaze gucurira muri.cindom nibihumbi nagahumbi nkanswe we ukeneye kubyara uziko mushobora kugira umuntu ingumba kugahato

    Reply

Leave a Reply to John bosco Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa

Next Post

Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6

Related Posts

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben usanzwe ari umunyamakuru wa RADIOTV10, akazi yabangikanyaga no gukorera Ikipe ya Rayon Sports yanabereye Umuvugizi, yemeje ko atakiri...

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

by radiotv10
10/02/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze ko mugenzi we KNC usanzwe ari umukoresha we banakorana ikiganiro, yamuvuje amaso,...

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

by radiotv10
09/02/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa Shema Arnaud de Boscher uzwi nka Dj Toxxyk wari wajuririye icyemezo cyo...

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

by radiotv10
09/02/2026
0

Umunyarwenya Mwitende Abdoulkarim uzwi nka Burikantu, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yahoze...

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko bwagize uruhare mu ifatwa rya Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wafatiwe muri Leta...

IZIHERUKA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6

Rutsiro: Yapfiriye mu murima ku mpamvu y’amaherere asiga uruhinja rw’amezi 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.