Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imyaka 12 yari ishize: Dore ikipe ishobora gusubira mu cya mbere muri ruhago nyarwanda

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Imyaka 12 yari ishize: Dore ikipe ishobora gusubira mu cya mbere muri ruhago nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino ibanza ya kamarampaka (Play Offs) mu cyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru mu Rwanda, yarangiye ikipe ya La Jeunesse iyoboye urutonde, bizamura amahirwe yayo yo kuba ishobora kugaruka mu cyiciro cya mbere iherukamo mu myaka 12 ishize.

Amahirwe ya La Jeunesse yo kuba yasubira mu cyiciro cya mbere, yiyongereye nyuma yo gutsinda As Muhanga ibitego 3-1 mu mukino wa kamarampaka wabereye kuri Sitade Mumena.

Mu mikino itatu ibanza muri uru rugamba rwo gushaka amakipe abiri azazamuka mu cyiciro cya mbere, amakipe yose uko ari ane aregeranye, dore ko na La Jeunesse iyoboye uyu mukino ari wo wonyine yari itsinze, byatumye igira amanota atanu mu mikino itatu ibanza, mu gihe ibiri ibanza yari yayinganyije.

Mu wundi mukino wabereye kuri Tapis Rouge, ikipe ya Gicumbi FC yongeye kunganya nkuko byari byagenze mu mikino yayo ibiri yabanje. Gicumbi FC yanganyije na Etoile de l’Est ubusa ku busa.

Muri uru rugamba rwo gushaka amakipe abiri azazamuka mu cyiciro cya mbere, amakipe ane ari guhura hagati yayo, buri kipe ikakira ikanasura indi.

La Jeunesse na As Muhanga, ni zo zonyine zashoboye gutsinda umukino umwe muri iyi mikino ibanza, ari na zo zikurikiranye ku rutonde.

La Jeunesse yahise ifata umwanya wa mbere n’amanota atanu, ikurikiwe na As Muhanga n’amanota ane, mu gihe Gicumbi FC iza ku mwanya wa gatatu n’amanota atatu, Etoile de l’Est ikaza ku mwanya wa kane n’amanota abiri.

Imikino yo kwishyura iratangira mu mpera z’iki cyumweru, aho Gicumbi FC izakira AS Muhanga, mu gihe Etoile de l’Est izakira La Jeunesse.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Uruzinduko rwa Perezida w’u Bufaransa mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Afurika rugamije iki?

Next Post

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Related Posts

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

by radiotv10
22/05/2025
0

Ikipe ya Vision FC yatandukanye n'uwari umutoza wayo Lomami Marcel, yahise imusimbuza Muvunyi Félix Fils na we uheruka gusezererwa na...

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

by radiotv10
21/05/2025
0

APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino Basketball Africa League ya Nile Conferece iri kubera i Kigali, yavuze ko...

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanzuye ko hazasubukurwa umukino wahuzaga Rayona Sports na Bugesera FC ugahagarara utarangiye...

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.