Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in Uncategorized
0
Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye n’Ubumenyi mu Nama y’Igihugu Ishinzwe amashuri makuru na Kaminuza (HEC) akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO, Dr Gasingirwa Marie Christine yavuze ko mu burezi haba hakenewe imyigishirize n’ubumenyi bijyanye n’ibihe biba bigezweho.

Komisiyo y’Igihugu ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco UNESCO yahuguye abarimu 30 baturuka mu Turere twose tw’Igihugu ku bijyanye n’imyigishirize igezweho.

Dr. Gasingirwa Marie Christine yavuze ko mu myigishirize haba hagomba kwitabwa ku bumenyi bukenewe kandi bujyanye n’ibihe Isi iba igezemo.

Ati “Gutanga ubwo bumenyi rero ni ugukoresha abarimu kuko ni bo batanga umusingi w’iterambere. Twifuza ko bagira ubwo bumenyi ngo bigishe abana bahereye hasi.”

Dukunde Pacifique, umwe mu barimu bahuguwe akaba yigisha Imibare n’Ubugenge muri GS Muhura-Taba mu Karere ka Gatsibo yavuze ko ibikorwa byose ubu bisaba ikoranabuhanga bityo ko aya mahugurwa azabafasha kunoza imikorere yabo.

Ati “Uburezi bwacu tubushingira kuri technology twizera ko tuzagera ku ireme bityo abana twigisha bakaba bafite ubumenyi buhagije ndetse yaba mu nyandiko no mu ngiro bityo ibyo bavuga bikajyana n’ibyo bakora.”

Uyu murezi avuga ko hari abarimu bafite ikibazo cy’ubumenyi ariko ko amahugurwa nk’aya agenda agikemura.

Dukunde Pacifique

 

Science si iya abahungu gusa

Hakunze kuvugwa ko mu masomo ya science hagaragara abakobwa bacye, gusa aba barimu bakavuga ko imyumvire yabuzaga abakobwa kujya muri aya masomo ikwiye gucika.

Dukunde Pacifique yagize ati “Nkanjye nize science ndaminuza kandi ndayishobora kandi numva n’uwampa ubushobozi nakomeza.”

Ndahimana Joseph wigisha muri Petit Seminaire Virgo Fidelis Karubanda yatangaje ko nyuma y’aya mahugurwa bagiye kurushaho gushishikariza abana gukunda ikoranabuhanga.

Yagize ati “Nungutse byinshi ariko cyane cyane nashoboye kumenya ko Igihugu gifite imirongo migari cyane cyane mu iterambere no kwiga no kwigisha ama science. Ubu rero nungutse ko tugomba Kurushaho gushishikariza abana kwiga ama Science cyane cyane abana b’abakobwa kuko usanga basigara inyuma kandi igihugu cyarabageneye amahirwe nk’aya basaza baabo.”

Mvunabandi Dominique ukuriye Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga no guhanga udushya muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO yavuze ko aya mahugurwa yateguwe muri gahunda yo kwibutsa aba barimu uruhare Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bifite mu iterambere rirambye ku  Isi no mu Rwanda.

Ati “Yateguwe hashingiwe kuri gahunda y’Igihugu kihayemo inshingano mu kongera umubare w’abakobwa mu kwitabira amasomo ajyanye na science, technology, Engineering na mathematics binyuze mu burezi.”

Ndahimana Joseph wigisha muri Petit Seminaire Virgo Fidelis Karubanda
Mvunabandi Dominique ukuriye Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga no guhanga udushya muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Next Post

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.