• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in Uncategorized
0
Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye n’Ubumenyi mu Nama y’Igihugu Ishinzwe amashuri makuru na Kaminuza (HEC) akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO, Dr Gasingirwa Marie Christine yavuze ko mu burezi haba hakenewe imyigishirize n’ubumenyi bijyanye n’ibihe biba bigezweho.

Komisiyo y’Igihugu ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco UNESCO yahuguye abarimu 30 baturuka mu Turere twose tw’Igihugu ku bijyanye n’imyigishirize igezweho.

Dr. Gasingirwa Marie Christine yavuze ko mu myigishirize haba hagomba kwitabwa ku bumenyi bukenewe kandi bujyanye n’ibihe Isi iba igezemo.

Ati “Gutanga ubwo bumenyi rero ni ugukoresha abarimu kuko ni bo batanga umusingi w’iterambere. Twifuza ko bagira ubwo bumenyi ngo bigishe abana bahereye hasi.”

Dukunde Pacifique, umwe mu barimu bahuguwe akaba yigisha Imibare n’Ubugenge muri GS Muhura-Taba mu Karere ka Gatsibo yavuze ko ibikorwa byose ubu bisaba ikoranabuhanga bityo ko aya mahugurwa azabafasha kunoza imikorere yabo.

Ati “Uburezi bwacu tubushingira kuri technology twizera ko tuzagera ku ireme bityo abana twigisha bakaba bafite ubumenyi buhagije ndetse yaba mu nyandiko no mu ngiro bityo ibyo bavuga bikajyana n’ibyo bakora.”

Uyu murezi avuga ko hari abarimu bafite ikibazo cy’ubumenyi ariko ko amahugurwa nk’aya agenda agikemura.

Dukunde Pacifique

 

Science si iya abahungu gusa

Hakunze kuvugwa ko mu masomo ya science hagaragara abakobwa bacye, gusa aba barimu bakavuga ko imyumvire yabuzaga abakobwa kujya muri aya masomo ikwiye gucika.

Dukunde Pacifique yagize ati “Nkanjye nize science ndaminuza kandi ndayishobora kandi numva n’uwampa ubushobozi nakomeza.”

Ndahimana Joseph wigisha muri Petit Seminaire Virgo Fidelis Karubanda yatangaje ko nyuma y’aya mahugurwa bagiye kurushaho gushishikariza abana gukunda ikoranabuhanga.

Yagize ati “Nungutse byinshi ariko cyane cyane nashoboye kumenya ko Igihugu gifite imirongo migari cyane cyane mu iterambere no kwiga no kwigisha ama science. Ubu rero nungutse ko tugomba Kurushaho gushishikariza abana kwiga ama Science cyane cyane abana b’abakobwa kuko usanga basigara inyuma kandi igihugu cyarabageneye amahirwe nk’aya basaza baabo.”

Mvunabandi Dominique ukuriye Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga no guhanga udushya muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO yavuze ko aya mahugurwa yateguwe muri gahunda yo kwibutsa aba barimu uruhare Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bifite mu iterambere rirambye ku  Isi no mu Rwanda.

Ati “Yateguwe hashingiwe kuri gahunda y’Igihugu kihayemo inshingano mu kongera umubare w’abakobwa mu kwitabira amasomo ajyanye na science, technology, Engineering na mathematics binyuze mu burezi.”

Ndahimana Joseph wigisha muri Petit Seminaire Virgo Fidelis Karubanda
Mvunabandi Dominique ukuriye Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga no guhanga udushya muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + four =

Previous Post

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Next Post

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.