Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in Uncategorized
0
Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye n’Ubumenyi mu Nama y’Igihugu Ishinzwe amashuri makuru na Kaminuza (HEC) akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO, Dr Gasingirwa Marie Christine yavuze ko mu burezi haba hakenewe imyigishirize n’ubumenyi bijyanye n’ibihe biba bigezweho.

Komisiyo y’Igihugu ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco UNESCO yahuguye abarimu 30 baturuka mu Turere twose tw’Igihugu ku bijyanye n’imyigishirize igezweho.

Dr. Gasingirwa Marie Christine yavuze ko mu myigishirize haba hagomba kwitabwa ku bumenyi bukenewe kandi bujyanye n’ibihe Isi iba igezemo.

Ati “Gutanga ubwo bumenyi rero ni ugukoresha abarimu kuko ni bo batanga umusingi w’iterambere. Twifuza ko bagira ubwo bumenyi ngo bigishe abana bahereye hasi.”

Dukunde Pacifique, umwe mu barimu bahuguwe akaba yigisha Imibare n’Ubugenge muri GS Muhura-Taba mu Karere ka Gatsibo yavuze ko ibikorwa byose ubu bisaba ikoranabuhanga bityo ko aya mahugurwa azabafasha kunoza imikorere yabo.

Ati “Uburezi bwacu tubushingira kuri technology twizera ko tuzagera ku ireme bityo abana twigisha bakaba bafite ubumenyi buhagije ndetse yaba mu nyandiko no mu ngiro bityo ibyo bavuga bikajyana n’ibyo bakora.”

Uyu murezi avuga ko hari abarimu bafite ikibazo cy’ubumenyi ariko ko amahugurwa nk’aya agenda agikemura.

Dukunde Pacifique

 

Science si iya abahungu gusa

Hakunze kuvugwa ko mu masomo ya science hagaragara abakobwa bacye, gusa aba barimu bakavuga ko imyumvire yabuzaga abakobwa kujya muri aya masomo ikwiye gucika.

Dukunde Pacifique yagize ati “Nkanjye nize science ndaminuza kandi ndayishobora kandi numva n’uwampa ubushobozi nakomeza.”

Ndahimana Joseph wigisha muri Petit Seminaire Virgo Fidelis Karubanda yatangaje ko nyuma y’aya mahugurwa bagiye kurushaho gushishikariza abana gukunda ikoranabuhanga.

Yagize ati “Nungutse byinshi ariko cyane cyane nashoboye kumenya ko Igihugu gifite imirongo migari cyane cyane mu iterambere no kwiga no kwigisha ama science. Ubu rero nungutse ko tugomba Kurushaho gushishikariza abana kwiga ama Science cyane cyane abana b’abakobwa kuko usanga basigara inyuma kandi igihugu cyarabageneye amahirwe nk’aya basaza baabo.”

Mvunabandi Dominique ukuriye Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga no guhanga udushya muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO yavuze ko aya mahugurwa yateguwe muri gahunda yo kwibutsa aba barimu uruhare Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bifite mu iterambere rirambye ku  Isi no mu Rwanda.

Ati “Yateguwe hashingiwe kuri gahunda y’Igihugu kihayemo inshingano mu kongera umubare w’abakobwa mu kwitabira amasomo ajyanye na science, technology, Engineering na mathematics binyuze mu burezi.”

Ndahimana Joseph wigisha muri Petit Seminaire Virgo Fidelis Karubanda
Mvunabandi Dominique ukuriye Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga no guhanga udushya muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Next Post

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.