• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko noneho cyohereje Batayo ebyiri mu gace ka Fizi kugira ngo bagote agace ka Minembwe, no gukorera ubwicanyi Abanyamulenge.

Ibi byatangajwe n’Umutwe MRDP-Twirwaneho ugamije kurwana ku burenganzira bw’Abanyamulenge, wavuze ko abasirikare b’u Burundi boherejwe, bagiye mu bice by’imisozi miremire ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

MRDP-Twirwaneho yatangaje ko “Batayo ebyiri zavuye mu Burundi ku itegeko rya Perezida Evariste Ndayishimiye, zizwiho ubugome, zageze muri teritwari ya Fizi zinyuze mu nzira yo mu mazi, aho zakoresheje ubwato bwa gisirikare mu Kiyaga cya Tanganyika.”

Umuhuzabikorwa wa MRDP-Twirwaneho, Col Ndakize Welcome Kamasa yatangaje ko aba basirikare b’u Burundi boherejwe kugira ngo bashyire mu bikorwa umugambi wo kurimbura Abanyamulenge bo muri Minembwe.

Yatangaje izo batayo ebyiri z’abasirikare b’u Burundi zibumbiye mu ya 3303, zagiye zisanze abandi basirikare ba kiriya Gihugu, basanzwe bafite ibirindiro ahazwi nka Point Zero mu rwinjiriro rwa Minembwe.

Avuga ko uku kohereza abasirikare b’u Burundi, bishimangira imikoranire y’iki Gihugu n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu muryango w’Abanyamulenge.

Yagize ati “Leta ya Congo irabahemba, yabahaye akarere ubu nibo bayoboye; Abarundi ni bo bakoresha inama, ni bo batanga amabwiriza abantu bagenderaho, ni ukuvuga ngo nibo bakora nka Leta.”

MRDP-Twirwaneho ivuga ko abasirikare bose barimo n’aboherejwe n’ubutegetsi bw’u Burundi bayobowe na Brig. Gen. Amuli Chiviri, akaba ari Komanda w’ibikorwa bya Sokola II muri Kivu y’Epfo.

Ni mu gihe abasirikare b’u Burundi boherejwe kuri iyi nshuro, barimo bane bo mu cyiciro cy’Abajenerali, ari bo Brig. Gen. Pontien Hakizimana, Brig. Gen. Michel Ndenzako, Brig. Gen. Jean Luc Habarugira na Brig. Gen. Désiré Manirakiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Next Post

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.