Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda bose bagasasa inzobe bakungurana ibitekerezo, iheruka kuba muri 2019, ikaba imaze gusubikwa inshuro eshatu, ishobora kuba mu ntangiro z’uyu mwaka.

Umushyikirano usanzwe ari inama ngarukamwaka, iheruka kuba mu kwezi k’Ukuboza 2019 ubwo yabaga ku nshuro yayo ya 17.

Indi myaka yakurikiye, iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano ntiyabaye kubera icyorezo cya COVID-19 kitatumaga abantu bahurira hamwe, mu gihe iyi nama isanzwe ihuza Abanyarwanda bose ba bateraniye ku masite atandukanye.

Iya 2021 yagombaga kuba hagati ya tariki 20-21 Ukuboza 2021, yaje gusubikwa kubera n’ubundi iki cyorezo cya COVID-19.

Alain Mukuralinda, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko kuba iyi nama ngarukamwaka isanzwe inateganywa n’Itego Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda imaze imyaka itatu itaba, atari ukwirengagiza iri tegeko risumba ayandi mu Rwanda.

Yagize ati “Ni byo koko inama iteganywa n’Itegeko Nshinga, ntabwo ryibagiranye kuko navuganye n’inzego zibishinjwe bambwira ko batabyibagiwe.”

Alain Mukuralinda yakomeje ahumuriza Abanyarwanda ko Guverinoma yabo idashobora kunyuranya n’Itegeko Nshinga nta mpamvu ifatika yabayeho.

Ati “Ntabwo ubuyobozi bwanyuranya n’Itegeko Nshinga nkana, aho icyorezo tukivuriyemo batangiye kuyitegura, ni yo mpamvu bavuga ngo bigenze neza mu kwezi kwa mbere cyangwa ukwa kabiri byashoboka.”

Yakomeje agaragaza ko hari icyizere ko iyi nama yaba mu gihe cya vuba kuko n’ibindi bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi, biri gukorwa nta nkomyi ariko ko nanone hari ahacyubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

Ati “Uyu munsi ushobora kuvuga ngo ejo ko nabonye abantu mu bitaramo muri BK Arena, Musanze na Rubavu mu mihanda, ni byiza, ndabona abantu mu mupira ni byiza ariko ndakubwira ko hari ahantu tukijya hafunganye tukabanza kwipimisha.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano ishobora kuba muri uku kwezi kwa Mutarama cyangwa ugutaha kwa Gashyantare.

Mu Mushyikirano wa 17 uheruka kuba muri 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wagaragaje uko Igihugu cyari gihagaze, ubwo yausozaga iyi nama, yavuze ko uwo mwaka wari waragenze neza ndetse ko hari icyizere ko uwari gukurikiraho wa 2022 ushobora kuzagenda neza kurushaho ariko ko byose bizaterwa n’uko ibihe bizaba bimeze.

Icyo gihe mu Bushinwa hari haramaze kwaduka icyorezo cya COVID-19 cyaje gukwira ku Isi hose, cyaje no kugera mu Rwanda muri Werurwe 2020, kigira ingaruka ku bukungu ndetse no ku buzima bw’Abaturarwanda n’abatuye Isi bose.

Iki cyorezo ni na cyo cyatumye iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano itaba muri uwo mwaka wa 2020 ndetse n’uwa 2021 no muri 2022 ntiyaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Next Post

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.