Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama n’Intumwa zoherezwa ntacyo zihindura kuri Uganda- Umuvugizi w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Inama n’Intumwa zoherezwa ntacyo zihindura kuri Uganda- Umuvugizi w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa yazanye ubutumwa bwa mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko yaba inama ndetse n’izi ntumwa zoherezwa, ntacyo zihindura kuri Uganda ngo ihagarike imigambi yayo mibi ku Rwanda no ku Banyarwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Adonia Ayebare wohereje nk’Intumwa yihariye ya Perezida Yoweri Museveni imuzaniye ubutumwa bwe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko yishimiye kubona ibiganiro bikomeza ku nzego zose ariko ko “Inama n’intumwa zoherezwa ntibyigeze biganisha ku musaruro ufatika ku ruhande rwa Uganda.”

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye yagendeye ku nkuru yanditswe na The New Times ifite umutwe ugira uti “Intumwa, Tweet [ubutumwa bwo kuri Twitter] bizatanga umusaruro ufatika mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda? (An envoy, a tweet, will concrete actions follow to restore Rwanda-Uganda relations?).”

Makolo yakomeye agira ati “Kugeza ubu ntacyo barakora [Uganda] ku mitwe y’ibyihebe irwanya u Rwanda ikorera muri Uganda, ndetse no kugirira nabi inzirakarengane z’Abanyarwanda birakomeje.”

Adonia Ayebare yakiriwe na Perezida Paul Kagame nyuma y’umwaka umwe n’ubundi amwakiriye aho mu mpera z’Ukuboza 2019 na bwo yari yamuzaniye ubutumwa bwa Perezida Museveni.

Abasesengura ibibazo by’u Rwanda na Uganda, bavuga ko atari ibya vuba gusa byatangiye kugaragara cyane mu ntangiro za 2019 ubwo abakuru b’Ibihugu byombi basaga nk’ababivugaho.

Mu mwiherero wa 16 w’Abayobozi bakuru wabaye muri Werurwe 2019, Perezida Kagame Paul ni bwo yavuze byeruye ipfundo ry’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda aho yavuze ko bimaze imyaka irenga 20.

Perezida Kagame wanagarukaga ku Banyarwanda bari bakomeje kugirirwa nabi muri Uganda ndetse no kuba iki Gihugu gitera inkunga imitwe ihungabanya u Rwanda irimo RNC, yavuze ko yabiganiriyeho inshuro nyinshi na mugenzi we Museveni ariko ntagire icyo abikoraho.

Kugeza ubu kandi Abanyarwanda baracyagirirwa nabi muri Uganda ndetse nta cyumweru gishira hatagize abirukanwa aho mu mpera z’icyumweru gishize hari abagera kuri 31 barimo abagabo 22, abagore batandatu n’abana batatu bakiriwe ku mupaka wa Kagitumba bari birukanywe muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 6 =

Previous Post

Abaganga 8 bari mu maboko ya RIB bakurikiranyweho gupfusha ubusa inkingo za COVID-19

Next Post

Kamonyi: Umusore w’imyaka 25 yiyemerera ko yasambanyije nyina w’imyaka 61 ngo yumvaga yamwifuje

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umusore w’imyaka 25 yiyemerera ko yasambanyije nyina w’imyaka 61 ngo yumvaga yamwifuje

Kamonyi: Umusore w’imyaka 25 yiyemerera ko yasambanyije nyina w’imyaka 61 ngo yumvaga yamwifuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.