• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama n’Intumwa zoherezwa ntacyo zihindura kuri Uganda- Umuvugizi w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Inama n’Intumwa zoherezwa ntacyo zihindura kuri Uganda- Umuvugizi w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa yazanye ubutumwa bwa mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko yaba inama ndetse n’izi ntumwa zoherezwa, ntacyo zihindura kuri Uganda ngo ihagarike imigambi yayo mibi ku Rwanda no ku Banyarwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Adonia Ayebare wohereje nk’Intumwa yihariye ya Perezida Yoweri Museveni imuzaniye ubutumwa bwe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko yishimiye kubona ibiganiro bikomeza ku nzego zose ariko ko “Inama n’intumwa zoherezwa ntibyigeze biganisha ku musaruro ufatika ku ruhande rwa Uganda.”

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye yagendeye ku nkuru yanditswe na The New Times ifite umutwe ugira uti “Intumwa, Tweet [ubutumwa bwo kuri Twitter] bizatanga umusaruro ufatika mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda? (An envoy, a tweet, will concrete actions follow to restore Rwanda-Uganda relations?).”

Makolo yakomeye agira ati “Kugeza ubu ntacyo barakora [Uganda] ku mitwe y’ibyihebe irwanya u Rwanda ikorera muri Uganda, ndetse no kugirira nabi inzirakarengane z’Abanyarwanda birakomeje.”

Adonia Ayebare yakiriwe na Perezida Paul Kagame nyuma y’umwaka umwe n’ubundi amwakiriye aho mu mpera z’Ukuboza 2019 na bwo yari yamuzaniye ubutumwa bwa Perezida Museveni.

Abasesengura ibibazo by’u Rwanda na Uganda, bavuga ko atari ibya vuba gusa byatangiye kugaragara cyane mu ntangiro za 2019 ubwo abakuru b’Ibihugu byombi basaga nk’ababivugaho.

Mu mwiherero wa 16 w’Abayobozi bakuru wabaye muri Werurwe 2019, Perezida Kagame Paul ni bwo yavuze byeruye ipfundo ry’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda aho yavuze ko bimaze imyaka irenga 20.

Perezida Kagame wanagarukaga ku Banyarwanda bari bakomeje kugirirwa nabi muri Uganda ndetse no kuba iki Gihugu gitera inkunga imitwe ihungabanya u Rwanda irimo RNC, yavuze ko yabiganiriyeho inshuro nyinshi na mugenzi we Museveni ariko ntagire icyo abikoraho.

Kugeza ubu kandi Abanyarwanda baracyagirirwa nabi muri Uganda ndetse nta cyumweru gishira hatagize abirukanwa aho mu mpera z’icyumweru gishize hari abagera kuri 31 barimo abagabo 22, abagore batandatu n’abana batatu bakiriwe ku mupaka wa Kagitumba bari birukanywe muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

Abaganga 8 bari mu maboko ya RIB bakurikiranyweho gupfusha ubusa inkingo za COVID-19

Next Post

Kamonyi: Umusore w’imyaka 25 yiyemerera ko yasambanyije nyina w’imyaka 61 ngo yumvaga yamwifuje

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kamonyi: Umusore w’imyaka 25 yiyemerera ko yasambanyije nyina w’imyaka 61 ngo yumvaga yamwifuje

Kamonyi: Umusore w’imyaka 25 yiyemerera ko yasambanyije nyina w’imyaka 61 ngo yumvaga yamwifuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.