Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi aragira inama abanyeshuri batabashije gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, kujya gusibira, kandi bagatangirana n’abandi kuko imyanya ihari mu mashuri.

Ni nyuma yuko Minisiteri y’Uburezi itangaje amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025.

Iyi Minisiteri igaragaza ko mu bakandida 106 418 biyandikishije gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, ababashije kubikora ari 106 079.

Muri aba bakoze, abatsinze ni 94 409 bangana na 89%, muri bo abahungu batsinze kuri 93,5% na ho abakobwa batsinda kuri 85,5%.

Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph, yavuze ko abatarabashije gutsinda bakwiye kujya gusibira kuko imyanya ku mashuri ihari.

Yagize ati “Njyewe inama nagira aba bana batabashije gutsinda, imyanya irahari rwose niba wasibiye dore ko ari n’abana bacyeya bashobora gusubira ku ishuri bagasibira hanyuma bagafashwa kugira ngo na bo bashobore gutsinda no gukomeza amashuri yabo.”

Yakomeje agira ati “Ndabibutsa yuko ibi bya learning pathway uyu mwaka bihera mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye bivuga yuko mu mwaka wa gatanu no mu wa gatandatu baracyakora za combination, ubwo rero abana basibiye uyu mwaka bashobora gusibira ntabwo bagiye muri system nshya.”

Minisitiri w’Uburezi yasabye abanyeshuri batsinzwe kujya gusibira

Ni ku nshuro ya mbere amanota y’abarangije amashuri yisumbuye atangajwe mu gihe abandi banyeshuri bataratangira umwaka w’amashuro, ari na ho MINEDUC ihera ivuga ko ibi byakozwe kugira ngo abatsinzwe bazasubiramo bazatangirane n’abandi.

Mu banyeshuri bigaga uburezi rusange, hari hiyandikishije 61 942 ariko hakora 61.737; muri bo abatsinze ni 83,8%.

Mu bigaga Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro; abakoze ikizamini cya Leta ni 36 141 hatsinda 35 393 bahwanye na 98%.

Mu banyeshuri bigaga amasomo mbonezamwuga hari hiyandikishije 8 222, hakora 8 201, muri bo abatsinze ni 89,8%.

Abanyeshuri 438 bigaga Ubuforomo bose baratsinze, mu banyeshuri 3 829 bigaga muri TTC, abatarabashije gutsinda ni barindwi gusa, na ho abigaga accountant (icungamutungo) 3 916 muri bo abatsinzwe ni 825.

Uko abanyeshuri batsinze ukurikije amasomo bigaga, ni uko mu 41 182 bigaga siyansi, abatsinze ni 81,45%; abigaga ubumenyamuntu 10 091 hatsinze kuri 90,78%; na ho mu banyeshuri 10 410 bigaga indimi hatsinze 86,1%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 13 =

Previous Post

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Next Post

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Related Posts

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

IZIHERUKA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru
AMAHANGA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

22/10/2025
Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.