Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop, Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman, yagaragaje ibanga ryatumye yubaka urugo rugakomera nubwo yashatse hari abamutega iminsi ko rutazaramba, agira inama ibindi byamamare zatuma byubaka ingo zigahama.

Imwe mu nkuru zimaze iminsi zivugwa mu myidagaduro y’u Rwanda, ni iy’umuhanzi Platini P. uvugwaho kuba afitanye ibibazo n’umugore we, binavugwa ko byatumye ubu batari kubana mu rugo nk’uko byari bisanzwe.

Umuhanzi w’umuraperi Riderman umaze imyaka umunani ashatse umugore, agaruka ku bibazo byakunze kuvugwa mu ngo z’ibyamamare, yavuze ko ari kimwe n’ibiba no mu zindi ngo z’abantu basanzwe.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya MIE Empire, Riderman yagarutse ku rushako, avuga ko ari urugamba umuntu aba agomba kurwana nkuko aba asanzwe arwana urwo kubaho.

Ati “Ntabwo kubaka urugo ari intambara ariko ubuzima ni intambara. Buri munsi mu mutima wa muntu haba harimo intambara yo kuvuga ngo ‘ndakora ikibi ndakora ikiza’ ni wowe ugera ho ugahitamo. Yaba ari ibyo byo gucana inyuma, yaba ari ukurwana,…”

Avuga ko hari ibyamamare byinshi byo mu Rwanda byubatse ingo zigakomera, nka Tom Close, Clement, Danny Vumbi ndetse ba B. Threy umaze igihe gito ashatse umugore, ati “Nanjye urwanjye barutegaga amezi abiri, none imyaka irashize.”

Ku cyamufashije mu rushako cyatumye abaye arambanye n’umugore we, Riderman avuga ko ajya gushaka yabanje kujya inama n’umugore we.

Ati “Njya gushaka nagiranye ikiganiro n’umukecuru [yavugaga umugore we] ndamubwira nti ‘urambona, ndi uyu musazi ureba imbere yawe, hari byinshi bitazahinduka…’ niba hari igihe nkora amajoro hari igihe bizabaho, uzabyakire, uzambone gutyo, arabinyemerera.”

Ubu ni papa w’abana batatu barimo babiri b’impanga

Riderman avuga ko icya mbere ari ukuba umuntu yakwakira undi uko ameze, akirinda kumusaba guhita ahinduka ako kanya.

Avuga ko ikindi ari uko mu rugo rw’abashakanye bagomba kujya biragiza Imana, bagasengera hamwe, ndetse no bakagira ibindi bibahuza.

Yaboneyeho kugira inama ibyamamare, kwirinda gushyira hanze ubuzima bwabo. Ati “Uko umuntu ashyira hanze ubuzima bwe, biroroshye kubusenya, iyo abantu bagize ubuzima ari umuryango, nk’ibi by’imyidagaduro, ufata ubuzima bwawo ukabuvana mu myidagaduro, ntubohoze ku mbuga nkoranyambaga.”

Umuraperi Riderman abimazemo igihe

Amafoto yakuwe ku mbuga nkoranyambaga za Riderman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − three =

Previous Post

Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo

Next Post

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

Related Posts

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.