Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop, Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman, yagaragaje ibanga ryatumye yubaka urugo rugakomera nubwo yashatse hari abamutega iminsi ko rutazaramba, agira inama ibindi byamamare zatuma byubaka ingo zigahama.

Imwe mu nkuru zimaze iminsi zivugwa mu myidagaduro y’u Rwanda, ni iy’umuhanzi Platini P. uvugwaho kuba afitanye ibibazo n’umugore we, binavugwa ko byatumye ubu batari kubana mu rugo nk’uko byari bisanzwe.

Umuhanzi w’umuraperi Riderman umaze imyaka umunani ashatse umugore, agaruka ku bibazo byakunze kuvugwa mu ngo z’ibyamamare, yavuze ko ari kimwe n’ibiba no mu zindi ngo z’abantu basanzwe.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya MIE Empire, Riderman yagarutse ku rushako, avuga ko ari urugamba umuntu aba agomba kurwana nkuko aba asanzwe arwana urwo kubaho.

Ati “Ntabwo kubaka urugo ari intambara ariko ubuzima ni intambara. Buri munsi mu mutima wa muntu haba harimo intambara yo kuvuga ngo ‘ndakora ikibi ndakora ikiza’ ni wowe ugera ho ugahitamo. Yaba ari ibyo byo gucana inyuma, yaba ari ukurwana,…”

Avuga ko hari ibyamamare byinshi byo mu Rwanda byubatse ingo zigakomera, nka Tom Close, Clement, Danny Vumbi ndetse ba B. Threy umaze igihe gito ashatse umugore, ati “Nanjye urwanjye barutegaga amezi abiri, none imyaka irashize.”

Ku cyamufashije mu rushako cyatumye abaye arambanye n’umugore we, Riderman avuga ko ajya gushaka yabanje kujya inama n’umugore we.

Ati “Njya gushaka nagiranye ikiganiro n’umukecuru [yavugaga umugore we] ndamubwira nti ‘urambona, ndi uyu musazi ureba imbere yawe, hari byinshi bitazahinduka…’ niba hari igihe nkora amajoro hari igihe bizabaho, uzabyakire, uzambone gutyo, arabinyemerera.”

Ubu ni papa w’abana batatu barimo babiri b’impanga

Riderman avuga ko icya mbere ari ukuba umuntu yakwakira undi uko ameze, akirinda kumusaba guhita ahinduka ako kanya.

Avuga ko ikindi ari uko mu rugo rw’abashakanye bagomba kujya biragiza Imana, bagasengera hamwe, ndetse no bakagira ibindi bibahuza.

Yaboneyeho kugira inama ibyamamare, kwirinda gushyira hanze ubuzima bwabo. Ati “Uko umuntu ashyira hanze ubuzima bwe, biroroshye kubusenya, iyo abantu bagize ubuzima ari umuryango, nk’ibi by’imyidagaduro, ufata ubuzima bwawo ukabuvana mu myidagaduro, ntubohoze ku mbuga nkoranyambaga.”

Umuraperi Riderman abimazemo igihe

Amafoto yakuwe ku mbuga nkoranyambaga za Riderman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nineteen =

Previous Post

Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo

Next Post

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.