Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inama zikomeye z’umuraperi w’umunyabigwi mu Rwanda zatuma abasitari bubaka ingo zigakomera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop, Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman, yagaragaje ibanga ryatumye yubaka urugo rugakomera nubwo yashatse hari abamutega iminsi ko rutazaramba, agira inama ibindi byamamare zatuma byubaka ingo zigahama.

Imwe mu nkuru zimaze iminsi zivugwa mu myidagaduro y’u Rwanda, ni iy’umuhanzi Platini P. uvugwaho kuba afitanye ibibazo n’umugore we, binavugwa ko byatumye ubu batari kubana mu rugo nk’uko byari bisanzwe.

Umuhanzi w’umuraperi Riderman umaze imyaka umunani ashatse umugore, agaruka ku bibazo byakunze kuvugwa mu ngo z’ibyamamare, yavuze ko ari kimwe n’ibiba no mu zindi ngo z’abantu basanzwe.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya MIE Empire, Riderman yagarutse ku rushako, avuga ko ari urugamba umuntu aba agomba kurwana nkuko aba asanzwe arwana urwo kubaho.

Ati “Ntabwo kubaka urugo ari intambara ariko ubuzima ni intambara. Buri munsi mu mutima wa muntu haba harimo intambara yo kuvuga ngo ‘ndakora ikibi ndakora ikiza’ ni wowe ugera ho ugahitamo. Yaba ari ibyo byo gucana inyuma, yaba ari ukurwana,…”

Avuga ko hari ibyamamare byinshi byo mu Rwanda byubatse ingo zigakomera, nka Tom Close, Clement, Danny Vumbi ndetse ba B. Threy umaze igihe gito ashatse umugore, ati “Nanjye urwanjye barutegaga amezi abiri, none imyaka irashize.”

Ku cyamufashije mu rushako cyatumye abaye arambanye n’umugore we, Riderman avuga ko ajya gushaka yabanje kujya inama n’umugore we.

Ati “Njya gushaka nagiranye ikiganiro n’umukecuru [yavugaga umugore we] ndamubwira nti ‘urambona, ndi uyu musazi ureba imbere yawe, hari byinshi bitazahinduka…’ niba hari igihe nkora amajoro hari igihe bizabaho, uzabyakire, uzambone gutyo, arabinyemerera.”

Ubu ni papa w’abana batatu barimo babiri b’impanga

Riderman avuga ko icya mbere ari ukuba umuntu yakwakira undi uko ameze, akirinda kumusaba guhita ahinduka ako kanya.

Avuga ko ikindi ari uko mu rugo rw’abashakanye bagomba kujya biragiza Imana, bagasengera hamwe, ndetse no bakagira ibindi bibahuza.

Yaboneyeho kugira inama ibyamamare, kwirinda gushyira hanze ubuzima bwabo. Ati “Uko umuntu ashyira hanze ubuzima bwe, biroroshye kubusenya, iyo abantu bagize ubuzima ari umuryango, nk’ibi by’imyidagaduro, ufata ubuzima bwawo ukabuvana mu myidagaduro, ntubohoze ku mbuga nkoranyambaga.”

Umuraperi Riderman abimazemo igihe

Amafoto yakuwe ku mbuga nkoranyambaga za Riderman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 19 =

Previous Post

Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo

Next Post

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Mu rubanza rw’uzwi mu myidagaduro uregwa gusambanya umwana hafashwe icyemezo gifashwe ubugiragatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.