Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda, ariko noneho inzego z’umutekano z’u Rwanda ntizayirebera izuba kuko zahise ziyirasaho igasubirayo iri gukongoka.

Iyi ndege yageze mu kirere cy’u Rwanda ku gice giherereye ku Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rubavu, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza iyi ndege yageze mu kirere cy’u Rwanda ikaraswaho igisasu kiremereye ndetse umuriro ugahita waka.

Amakuru atangwa na bamwe mu banyamakuru bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko iyi ndege ikimara kuraswaho, yagiye iri gushya igahita yerecyerezaga ku kibuga cy’indege cya Goma, ikahagera iri gukongoka.

Hari kandi andi mashusho agaragaza iyi ndege yaguye ku kibuga cy’indege cya Goma muri DRC iri kuzimywa n’imodoka zagenewe kuzimya inkongi z’umuriro.

Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo ivuga kuri ubu bushotoranyi bwongeye gukorwa n’iki Gihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri tangazo ryashyizwe hanze muri uyu mugoroba, rigira riti “Uyu munsi saa 05:03’ (saa kumi n’imwe n’iminota itatu z’umugoroba) indege ya Sukhoi-25 iturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda. Hafakozwe ingamba za gisirikare.”

Muri iri tangazo, Guverinoma y’u Rwanda isoza isaba iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika ibi bikorwa by’ubushotoranyi bukomeje gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 13 =

Previous Post

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

Next Post

Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage

Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.