Friday, August 21, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Indi nyubako mu Gihugu cy’u Burundi yahiye irakongoka

Indi nyubako mu Gihugu cy’u Burundi yahiye irakongoka

Inyubako izwi nka Galerie Ndayizamba iherereje mu Mujyi wa Bujumbura mu Gihugu cy’u Burundi, yafashwe n’inkongi y’umuriro, irashya irakongoka. Iyi nkongi ibaye nyuma y’ukwezi kumwe isoko ryo muri Ngozi mu Ntara ya Butanyerera muri iki Gihugu cy’u Burundi, rifashwe n’inkongi y’umuriro.

Iyi nkongi yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kanama 2026 ubwo iyi nyubako iri mu mujyi rwagati i Bujumbura yafatwaga n’inkongi igakongoka.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Medias Burundi, avuga ko iyi nkingi yadutse ahanaga saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kanama.

Iyi nyubako iteganye n’Icyicaro Gikuru cya Banki ya Bujumbura izwi nka banque de crédit de Bujumbura (BCB) iherereye rwagati muri uyu mujyi w’ubucuruzi mu Burundi.

Ubwo iyi nkongi yadukaga, abasanzwe bakoreramo, batabazaga inzego zirimo Polisi kwihutira kuzimya, ndetse uru rwego rukaba rwahageze ariko ibice byo hejuru by’iyi nyubako byamaze gushya, ndetse n’ibyarimo byatokombeye. Kugeza ubu ntiharamenyekana intandaro y’icyateye iyi nkongi.

Iyi nyubako ifashwe n’inkongi nyuma y’ukwezi kumwe Isoko ryo muri Ngozi mu Ntara ya Butanyerera muri iki Gihugu cy’u Burundi, rifashwe n’inkongi y’umuriro.

Ririya soko ryo mu Ntara ya Butanyerera ryafashwe n’inkongi tariki 09 Nyakanga 2026, na ryo ryahiye nyuma y’amezi abirigusa irya Kinama mu Mujyi wa Bujumbura na ryo rifashwe n’inkongi.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =