Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270
Share on FacebookShare on Twitter

Amarira ni yose mu Ntara ya Java mu Burengerazuba bwa Indonesia kubera umutingito ufite imbaraga umaze guhitana abagera muri 268, bamwe mu bawurokotse bararira ayo kwarika kubera kubura ababo bahitanywe n’uyu mutingito.

Uyu mutingingo wabaye kuri uyu wa Mbere ahari habazwe abantu 160 wahitanye, ubu hari kubarwa abantu 268 bamaze kwicwa n’uyu mutingito.

Umutingito uri ku gipimo cya 5,6 wabaye ku wa Mbere hafi y’umujyi wa Cianjur aho wivuganye umubare munini w’abaturage.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishizwe guhangana n’ibiza muri Indonesia, Suharyanto yavuze ko umubare w’abahitanywe n’uyu mutingito wavuye ku 162 ukagera ku bantu 268.

Yavuze kandi ko nibura abantu 151 bataraboneka mu gihe abarenga 1 000 bakomerekejwe n’uyu mutingito.

Yagize ati “Igishyizwe imbere ni ugushakisha abagihumeka bakiri munsi y’inkuta zaguye. Ubu inzego zishinzwe gutabara ziri gukora ibishoboka byose.”

Siti Rohmah, umwe mu baturage wo mu giturage cyegereye agace ka Cianjur wapfushije musaza we w’imyaka 48, yagize ati “Napfushije umuvandimwe mu 10 minsi ishize. Ubu mbuze undi.”

Bamwe mu bagwiriwe n’ibintu byasenywe n’uyu mutingito, ntibaraboneka ndetse bamwe baracyarimo umwuka.

Uwitwa Dimas Reviansyah uri mu bikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inkuta, yagize ati “Sindatora agatotsi kuva ejo, ariko ngomba gukomeza kugenda kuko hari abagwiriwe n’ibintu bataraboneka.”

Amashusho yafashwe n’indege, agaragaza agace kibasiwe n’uyu mutingito, kashegeshwe cyane na wo aho hari amazu menshi yasenyutse yamaze kuba amatongo.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo kuri uyu wa Kabiri yasuye aka gace kashegeshwe n’umutingito, anategeka ko abagizweho ingaruka bahabwa impozamarira.

Inyubako zasenyutse
Abamaze guhitanwa n’uyu mutingito bageze kuri 268

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Next Post

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.