Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270
Share on FacebookShare on Twitter

Amarira ni yose mu Ntara ya Java mu Burengerazuba bwa Indonesia kubera umutingito ufite imbaraga umaze guhitana abagera muri 268, bamwe mu bawurokotse bararira ayo kwarika kubera kubura ababo bahitanywe n’uyu mutingito.

Uyu mutingingo wabaye kuri uyu wa Mbere ahari habazwe abantu 160 wahitanye, ubu hari kubarwa abantu 268 bamaze kwicwa n’uyu mutingito.

Umutingito uri ku gipimo cya 5,6 wabaye ku wa Mbere hafi y’umujyi wa Cianjur aho wivuganye umubare munini w’abaturage.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishizwe guhangana n’ibiza muri Indonesia, Suharyanto yavuze ko umubare w’abahitanywe n’uyu mutingito wavuye ku 162 ukagera ku bantu 268.

Yavuze kandi ko nibura abantu 151 bataraboneka mu gihe abarenga 1 000 bakomerekejwe n’uyu mutingito.

Yagize ati “Igishyizwe imbere ni ugushakisha abagihumeka bakiri munsi y’inkuta zaguye. Ubu inzego zishinzwe gutabara ziri gukora ibishoboka byose.”

Siti Rohmah, umwe mu baturage wo mu giturage cyegereye agace ka Cianjur wapfushije musaza we w’imyaka 48, yagize ati “Napfushije umuvandimwe mu 10 minsi ishize. Ubu mbuze undi.”

Bamwe mu bagwiriwe n’ibintu byasenywe n’uyu mutingito, ntibaraboneka ndetse bamwe baracyarimo umwuka.

Uwitwa Dimas Reviansyah uri mu bikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inkuta, yagize ati “Sindatora agatotsi kuva ejo, ariko ngomba gukomeza kugenda kuko hari abagwiriwe n’ibintu bataraboneka.”

Amashusho yafashwe n’indege, agaragaza agace kibasiwe n’uyu mutingito, kashegeshwe cyane na wo aho hari amazu menshi yasenyutse yamaze kuba amatongo.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo kuri uyu wa Kabiri yasuye aka gace kashegeshwe n’umutingito, anategeka ko abagizweho ingaruka bahabwa impozamarira.

Inyubako zasenyutse
Abamaze guhitanwa n’uyu mutingito bageze kuri 268

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 20 =

Previous Post

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Next Post

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Related Posts

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.