Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270
Share on FacebookShare on Twitter

Amarira ni yose mu Ntara ya Java mu Burengerazuba bwa Indonesia kubera umutingito ufite imbaraga umaze guhitana abagera muri 268, bamwe mu bawurokotse bararira ayo kwarika kubera kubura ababo bahitanywe n’uyu mutingito.

Uyu mutingingo wabaye kuri uyu wa Mbere ahari habazwe abantu 160 wahitanye, ubu hari kubarwa abantu 268 bamaze kwicwa n’uyu mutingito.

Umutingito uri ku gipimo cya 5,6 wabaye ku wa Mbere hafi y’umujyi wa Cianjur aho wivuganye umubare munini w’abaturage.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishizwe guhangana n’ibiza muri Indonesia, Suharyanto yavuze ko umubare w’abahitanywe n’uyu mutingito wavuye ku 162 ukagera ku bantu 268.

Yavuze kandi ko nibura abantu 151 bataraboneka mu gihe abarenga 1 000 bakomerekejwe n’uyu mutingito.

Yagize ati “Igishyizwe imbere ni ugushakisha abagihumeka bakiri munsi y’inkuta zaguye. Ubu inzego zishinzwe gutabara ziri gukora ibishoboka byose.”

Siti Rohmah, umwe mu baturage wo mu giturage cyegereye agace ka Cianjur wapfushije musaza we w’imyaka 48, yagize ati “Napfushije umuvandimwe mu 10 minsi ishize. Ubu mbuze undi.”

Bamwe mu bagwiriwe n’ibintu byasenywe n’uyu mutingito, ntibaraboneka ndetse bamwe baracyarimo umwuka.

Uwitwa Dimas Reviansyah uri mu bikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inkuta, yagize ati “Sindatora agatotsi kuva ejo, ariko ngomba gukomeza kugenda kuko hari abagwiriwe n’ibintu bataraboneka.”

Amashusho yafashwe n’indege, agaragaza agace kibasiwe n’uyu mutingito, kashegeshwe cyane na wo aho hari amazu menshi yasenyutse yamaze kuba amatongo.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo kuri uyu wa Kabiri yasuye aka gace kashegeshwe n’umutingito, anategeka ko abagizweho ingaruka bahabwa impozamarira.

Inyubako zasenyutse
Abamaze guhitanwa n’uyu mutingito bageze kuri 268

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nine =

Previous Post

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Next Post

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.