• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in MU RWANDA
0
Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Major Faustin Kevin Kayumba wo mu Ngabo z’u Rwanda, yarangije amasomo mu Ishuri rya Gisirikare ryo muri Jordnia, nyuma y’icyumweru kimwe hari abandi babiri bo mu cyiciro cy’Abofisiye Bakuru muri RDF barangije mu ishuri ryo muri Kenya.

Major Faustin Kevin Kayumba ni umwe mu Bofisiye Bakuru 280 kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2026 bahawe impamyabushobozi muri iri shuri rya gisirikare cyo muri Jordania rya Royal Jordanian Command and Staff College, ryatanze impamyabumenyi ku nshuro yaryo ya 65.

Iri shuri ryarangijemo Umunyarwanda wari urimazemo umwaka, ryanarangijemo abandi Basirikare b’Abofisiye Bakuru mu Ngabo z’Ibihugu birimo abo mu gisirikare cya Jordania (JAF- Jordanian Armed Forces) ndetse no mu bindi bisanzwe ari abafatanyabikorwa b’iki Gihugu.

Ibirori byo gutanga izi mpamyabumenyi kuri aba basirikare b’abofisiye bakuru, byayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordania, Maj Gen Yousef Al Hunaity.

Major Faustin Kevin Kayumba, arangije muri Jordania nyuma y’igihe gito, abandi basirikare babiri mu Ngabo z’u Rwanda; Maj. Emmanuel Rutayisire and Maj. Hipolyte Muvunyi, na bo barangije amasomo yabo mu ishuri rikuru rya Gisirikare muri Kenya rya ‘Kenya’s Joint Command and Staff College’ aho bahawe impamyabushobozi tariki 05 Kamena 2025.

Aba basirikare bo mu cyiciro cy’Abofisiye Bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu bihe bikurikirana, bahawe impamyabumenyi hatarashira ukwezi Col Patrick Nyirishema wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), na we arangije mu ishuri ryo hanze y’u Rwanda.

Uyu musirikare ufite ipeti rikuru kurusha ayandi mu cyiciro cy’Abofisiye Bakuru, we yarangije tariki tariki 27 Gicurasi 2025 muri ishuri rya gisirikare ryo muri Kenya rya National Defence College -Kenya (NDU Kenya).

Major Faustin Kevin Kayumba arangije amasomo muri Jordania

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Abari abanyabwenge mbere ya Jenoside banenzwe uburyo bitandukanyije nabwo bagakora amarorerwa

Next Post

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

Haravugwa amakuru ateye impungenge mu bice biberamo biberamo imirwano muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.