• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Col.Patrick Nyirishema wa RDF wigeze kuyobora RURA yarangije muri Kaminuza ya Gisirikare ya Kenya

radiotv10by radiotv10
28/05/2025
in MU RWANDA
0
Col.Patrick Nyirishema wa RDF wigeze kuyobora RURA yarangije muri Kaminuza ya Gisirikare ya Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Col Patrick Nyirishema wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), ni umwe mu bahawe impamyabumenyi mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo muri Kenya.

Amakuru yo kurangiza mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kenya kwa Col Patrick Nyirishema, yatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri kiriya Gihugu, Ernest Rwamucyo.

Mu butumwa bushimira uyu musirikare wo mu Bofisiye Bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, Amb. Rwamucyo yavuze ko “Col. Patrick Nyirishema yahawe impamyabumenyi na National Defence College -Kenya (NDU Kenya)” kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025.

Ati “Byanshimishije cyane kandi bintera ishema bikomeye kumva uburyo witwaye neza ndetse n’uruhare rukomeye watanze mu myigishirize mu gihe cy’amasomo. RDF idutera ishema.”

Col Patrick Nyirishema yazamuwe mu mapeti muri Nzeri 2021 ubwo Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenge wa RDF, yazamuraga mu mapeti bamwe mu basirikare bakuru.

Nyirishema icyo gihe wakuwe ku ipeti rya Lieutenant Colonel, agahabwa irya Colonel, yari amaze umwaka asimbuwe ku nshingano zo kuba Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), yari yakuweho mu kwezi k’Ukuboza 2020, ari na bwo yakomezaga inshingano mu Ngabo z’u Rwanda.

Uyu Musirikare uri mu Bofisiye Bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, azwi cyane mu buyobozi bw’uru Rwego ‘RURA’, dore yo yaruyoboye imyaka itandatu, kuva muri Nyakanga 2014 kugeza tariki 14 Ukuboza 2020, ubwo yasimbuzwaga kuri izi nshingano.

Ubwo Col Patrick Nyirishema yatambukaga ajya gushyikira impamyabumenyi
Amb. Ernest Rwamucyo yitabiriye iki gikorwa anashimira Col Nyirishema

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − three =

Previous Post

Urupfu rw’umwana wakubiswe na bagenzi be bapfa ibiryo ku ishuri ruravugwaho ibitandukanye

Next Post

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.