Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ingaruka z’imibereho mibi yugarije impunzi z’Abanyekongo ziri i Burundi zafashe urundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nkambi ya Musenyi iherereye muri Komini ya Giharo mu Ntara ya Rutana mu Burundi, icumbikiwemo impunzi z’Abanyekongo, haravugwa imibereho mibi izugarije, aho abana umunani bari munsi y’imyaka itanu bamaze kwitaba Imana mu byumweru bibiri gusa, bazira imirire mibi.

Izi mpunzi zisaba ko hagira igikorwa cyihuse kuko ubuzima zirimo bumeze nabi, ndetse ko hari benshi bashobora kuhasiga ubuzima kubera kubura ibyo kurya n’imiti yo kubavura.

Uku kubaho batabasha kubona ibyo kurya bifite intungamubiri, ndetse no kuvurwa, biri kugira ingaruka cyane ku biganjemo abana bato, ndetse bakomeje gupfa umusubirizo.

Umwe mu baganga ukorera muri iyi nkambi, yabwiye SOS Médias Burundi dukesha aya makuru ko abana benshi bari muri iyi nkambi bafite ibibazo bikomeye by’ingaruka z’imirire mibi, zirimo uburwayi bukomeye.

Ati “Hari abafite inkorora, abarwaye gucibwamo ndetse n’izindi ndwara z’imyanya y’ubuhumekero byibasiye abakiri bato.”

Uretse kubura ibiryo, izi mpunzi zivuga ko zinafite ikibazo cyo kutabona aho kurambika umusaya hafatika, imiti ndetse n’ibyo kuryamira.

Umwe yagize ati “Turi kugerageza gutanga impuruza ku miryango mpuzamahanga itabara imbabare. Tumeze nk’abari ku iherezo ry’ubuzima.”

Undi watanze amakuru, yavuze ko izi mpfu z’aba bana, zishobora kuba zifitanye isano n’izindi ndwara, ariko ko na we yemeza ko ikibazo cy’imirire mibi muri iyi nkambi giteye inkeke, ku buryo hatagize igikorwa, byarushaho kuba bibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Ubutumwa bw’ihumure Ukuriye Kiliziya Gatulika mu Rwanda yageneye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iz’ikindi Gihugu cyo muri Afurika zaganiriye ku mubano wazo

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iz’ikindi Gihugu cyo muri Afurika zaganiriye ku mubano wazo

Ingabo z’u Rwanda n’iz'ikindi Gihugu cyo muri Afurika zaganiriye ku mubano wazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.