Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo ifatiye runini u Rwanda yaganiriweho mu nama ya RPF-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ingingo ifatiye runini u Rwanda yaganiriweho mu nama ya RPF-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi, yayoboye Inama ya Komite Nyobozi y’uyu Muryango, yaganiriye ku iterambere ry’Ubukungu bw’Igihugu n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Iyi mana yabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023, uretse Perezida Paul Kagame, Chairman wa RPF-Inkotanyi wayiyoboye, yari inarimo abandi bayobozi b’Umuryango, barimo Vis Chairman, Hon. Uwimana Consolée n’Umunyamabanga Mukuru, Ambasaderi Gasamagera Wellars.

Nk’uko tubikesha ubutumwa bwatanzwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, Iyi nama ya Komite Nyobozi “yarimo kandi abakomiseri ba RPF n’abayobozi banyuranye ndetse na bamwe mu bo mu rwego rw’Abikorera, yibanze ku ntego zo kwihutisha iterambere ry’Ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza y’abaturage.”

Ni inama ibaye habura umwaka umwe ngo gahunda y’imyaka irindwi ya Guverinoma irangire, aho uyu Muryango wanatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri 2017, wari watanze imigabo n’imigambi, yibanze ku iterambere ry’Igihugu n’iry’Abanyarwanda.

Muri iyi myaka irindwi, kimwe n’ibindi Bihugu binyuranye ku Isi, u Rwanda na rwo rwahuye n’ibibazo byakomye mu nkokora izamuka ry’Ubukungu, birimo icyorezo cya COVID-19 cyadutse nyuma y’imyaka ibiri gusa iyi gahunda y’imyaka irindwi itangiye gushyirwa mu bikorwa.

Nanone kandi izamuka ry’Ubukungu bw’u Rwanda, ryakomwe mu nkokora n’intambara y’u Burusiya na Ukraine, yadutse nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kugenza amaguru macye.

Gusa Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), cyagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda, buzakomeza kuzahuka kuko iteganyamibare ryacyo, ryagaragaje ko uyu mwaka buzazamuka ku gipimo cya 6,2%, mu gihe umwaka utaha wa 2024, bushobora kuzazamuka kuri 7,5%, naho muri 2028 izamuka ry’Ubukungu bw’u Rwanda rigashobora kuzaba rigeze kuri 7,3%.

Perezida Kagame yayoboye iyi nama
Yarimo kandi abandi barimo abayobozi mu nzego zinyuranye za Leta n’iz’abikorera
N’abakomiseri bakuru ba RPF-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 11 =

Previous Post

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Next Post

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.