Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo ifatiye runini u Rwanda yaganiriweho mu nama ya RPF-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ingingo ifatiye runini u Rwanda yaganiriweho mu nama ya RPF-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi, yayoboye Inama ya Komite Nyobozi y’uyu Muryango, yaganiriye ku iterambere ry’Ubukungu bw’Igihugu n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Iyi mana yabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023, uretse Perezida Paul Kagame, Chairman wa RPF-Inkotanyi wayiyoboye, yari inarimo abandi bayobozi b’Umuryango, barimo Vis Chairman, Hon. Uwimana Consolée n’Umunyamabanga Mukuru, Ambasaderi Gasamagera Wellars.

Nk’uko tubikesha ubutumwa bwatanzwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, Iyi nama ya Komite Nyobozi “yarimo kandi abakomiseri ba RPF n’abayobozi banyuranye ndetse na bamwe mu bo mu rwego rw’Abikorera, yibanze ku ntego zo kwihutisha iterambere ry’Ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza y’abaturage.”

Ni inama ibaye habura umwaka umwe ngo gahunda y’imyaka irindwi ya Guverinoma irangire, aho uyu Muryango wanatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri 2017, wari watanze imigabo n’imigambi, yibanze ku iterambere ry’Igihugu n’iry’Abanyarwanda.

Muri iyi myaka irindwi, kimwe n’ibindi Bihugu binyuranye ku Isi, u Rwanda na rwo rwahuye n’ibibazo byakomye mu nkokora izamuka ry’Ubukungu, birimo icyorezo cya COVID-19 cyadutse nyuma y’imyaka ibiri gusa iyi gahunda y’imyaka irindwi itangiye gushyirwa mu bikorwa.

Nanone kandi izamuka ry’Ubukungu bw’u Rwanda, ryakomwe mu nkokora n’intambara y’u Burusiya na Ukraine, yadutse nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kugenza amaguru macye.

Gusa Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), cyagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda, buzakomeza kuzahuka kuko iteganyamibare ryacyo, ryagaragaje ko uyu mwaka buzazamuka ku gipimo cya 6,2%, mu gihe umwaka utaha wa 2024, bushobora kuzazamuka kuri 7,5%, naho muri 2028 izamuka ry’Ubukungu bw’u Rwanda rigashobora kuzaba rigeze kuri 7,3%.

Perezida Kagame yayoboye iyi nama
Yarimo kandi abandi barimo abayobozi mu nzego zinyuranye za Leta n’iz’abikorera
N’abakomiseri bakuru ba RPF-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + twelve =

Previous Post

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Next Post

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.