Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo ikomeye iri mu by’ingenzi byavuye mu ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Benin

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ingingo ikomeye iri mu by’ingenzi byavuye mu ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Benin
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda na Benin bemeranyijwe imikoranire y’igisirikare mu guhangana n’imitwe ihungabanya umutekano, aho ubutegetsi bwa Benin buvuga ko ubunararibonye bw’Ingabo z’u Rwanda buzabafasha gukemura ibibazo by’umutekano mucye biri mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Ni imwe mu ngingo zaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriye muri Binin mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame, rwasize Guverinoma z’Ibihugu byombi zishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye butanga inyungu zihuriweho mu nzego zitandukanye.

Kimwe mu byashimishije Perezida wa Benin, Patrice Guillaume Athanase Talon yabigaragaje agira ati “Ntabwo kizira kubera ko buri muntu azi neza ko duhanganye n’ibibazo by’umutekano mucye bufata indi ntera mu burasirazuba bw’Ibihugu byo mu kigobe cya Benin. Ibi bibazo byugarije amajyaruguru ya Benin ndetse n’ibikorwa byacu bibangamirwa n’abanzi, muzi ko n’u Rwanda mu myaka ishize rutari rworohewe.

Muzi kandi ko ingabo z’u Rwanda zifite ubunararibonye, niba hari abasivile bakora muri Benin, kuki abasirikare bo batakorera muri Benin bikagenda bityo ku mpande zombi.

Twagera ku ntsinzi bitabaye ngomba ko tujya kure cyane, ntitugomba guhorana iki kibazo ubuziraherezo. Ndizera ko mu minsi micye ikibazo cyo mu majyaruguru ya Benin kibaza cyakemutse.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yatumye rwiyubaka mu gisirikare, kandi ngo rwiteguye gufasha n’abandi barimo na Benin.

Yagize ati “Dufite ingabo muri Santarafurika, muri Sudani y’Epfo, Mozambique n’ahandi. Kubera icyo n’amateka yacu; tubatse ubushobozi bugezweho. Sinkabya hano, ntabwo ari bwinshi, ariko burahagije mu gukemura bimwe mu bibazo; by’umwihariko igihe dufatanyije n’ibindi Nihugu. Ni muri ubwo buryo tugiye gufatanya na Benin mu gukemura ibibazo byo ku mipaka n’ahandi hari ibibazo by’umutekano mucye bibangamiye akarere.”

Amajyaruguru ya Benin ni ko gace kugarijwe n’ibyihebe bigendera ku matwara akarishye ya Islam biyise aba Jihadists. Muri 2021 byateye Pariki y’Igihugu yitwa Pendjari; bihitana abasirikare babiri.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 7 =

Previous Post

Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda yabobereje agatima k’abakunzi bayo bagarura icyizere

Next Post

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri 'Lodge' yasinze basanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.