Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo ikomeye iri mu by’ingenzi byavuye mu ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Benin

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ingingo ikomeye iri mu by’ingenzi byavuye mu ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Benin
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda na Benin bemeranyijwe imikoranire y’igisirikare mu guhangana n’imitwe ihungabanya umutekano, aho ubutegetsi bwa Benin buvuga ko ubunararibonye bw’Ingabo z’u Rwanda buzabafasha gukemura ibibazo by’umutekano mucye biri mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Ni imwe mu ngingo zaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriye muri Binin mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame, rwasize Guverinoma z’Ibihugu byombi zishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye butanga inyungu zihuriweho mu nzego zitandukanye.

Kimwe mu byashimishije Perezida wa Benin, Patrice Guillaume Athanase Talon yabigaragaje agira ati “Ntabwo kizira kubera ko buri muntu azi neza ko duhanganye n’ibibazo by’umutekano mucye bufata indi ntera mu burasirazuba bw’Ibihugu byo mu kigobe cya Benin. Ibi bibazo byugarije amajyaruguru ya Benin ndetse n’ibikorwa byacu bibangamirwa n’abanzi, muzi ko n’u Rwanda mu myaka ishize rutari rworohewe.

Muzi kandi ko ingabo z’u Rwanda zifite ubunararibonye, niba hari abasivile bakora muri Benin, kuki abasirikare bo batakorera muri Benin bikagenda bityo ku mpande zombi.

Twagera ku ntsinzi bitabaye ngomba ko tujya kure cyane, ntitugomba guhorana iki kibazo ubuziraherezo. Ndizera ko mu minsi micye ikibazo cyo mu majyaruguru ya Benin kibaza cyakemutse.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yatumye rwiyubaka mu gisirikare, kandi ngo rwiteguye gufasha n’abandi barimo na Benin.

Yagize ati “Dufite ingabo muri Santarafurika, muri Sudani y’Epfo, Mozambique n’ahandi. Kubera icyo n’amateka yacu; tubatse ubushobozi bugezweho. Sinkabya hano, ntabwo ari bwinshi, ariko burahagije mu gukemura bimwe mu bibazo; by’umwihariko igihe dufatanyije n’ibindi Nihugu. Ni muri ubwo buryo tugiye gufatanya na Benin mu gukemura ibibazo byo ku mipaka n’ahandi hari ibibazo by’umutekano mucye bibangamiye akarere.”

Amajyaruguru ya Benin ni ko gace kugarijwe n’ibyihebe bigendera ku matwara akarishye ya Islam biyise aba Jihadists. Muri 2021 byateye Pariki y’Igihugu yitwa Pendjari; bihitana abasirikare babiri.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 1 =

Previous Post

Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda yabobereje agatima k’abakunzi bayo bagarura icyizere

Next Post

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri 'Lodge' yasinze basanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.