Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo ikomeye iri mu by’ingenzi byavuye mu ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Benin

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ingingo ikomeye iri mu by’ingenzi byavuye mu ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Benin
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda na Benin bemeranyijwe imikoranire y’igisirikare mu guhangana n’imitwe ihungabanya umutekano, aho ubutegetsi bwa Benin buvuga ko ubunararibonye bw’Ingabo z’u Rwanda buzabafasha gukemura ibibazo by’umutekano mucye biri mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Ni imwe mu ngingo zaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriye muri Binin mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame, rwasize Guverinoma z’Ibihugu byombi zishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye butanga inyungu zihuriweho mu nzego zitandukanye.

Kimwe mu byashimishije Perezida wa Benin, Patrice Guillaume Athanase Talon yabigaragaje agira ati “Ntabwo kizira kubera ko buri muntu azi neza ko duhanganye n’ibibazo by’umutekano mucye bufata indi ntera mu burasirazuba bw’Ibihugu byo mu kigobe cya Benin. Ibi bibazo byugarije amajyaruguru ya Benin ndetse n’ibikorwa byacu bibangamirwa n’abanzi, muzi ko n’u Rwanda mu myaka ishize rutari rworohewe.

Muzi kandi ko ingabo z’u Rwanda zifite ubunararibonye, niba hari abasivile bakora muri Benin, kuki abasirikare bo batakorera muri Benin bikagenda bityo ku mpande zombi.

Twagera ku ntsinzi bitabaye ngomba ko tujya kure cyane, ntitugomba guhorana iki kibazo ubuziraherezo. Ndizera ko mu minsi micye ikibazo cyo mu majyaruguru ya Benin kibaza cyakemutse.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yatumye rwiyubaka mu gisirikare, kandi ngo rwiteguye gufasha n’abandi barimo na Benin.

Yagize ati “Dufite ingabo muri Santarafurika, muri Sudani y’Epfo, Mozambique n’ahandi. Kubera icyo n’amateka yacu; tubatse ubushobozi bugezweho. Sinkabya hano, ntabwo ari bwinshi, ariko burahagije mu gukemura bimwe mu bibazo; by’umwihariko igihe dufatanyije n’ibindi Nihugu. Ni muri ubwo buryo tugiye gufatanya na Benin mu gukemura ibibazo byo ku mipaka n’ahandi hari ibibazo by’umutekano mucye bibangamiye akarere.”

Amajyaruguru ya Benin ni ko gace kugarijwe n’ibyihebe bigendera ku matwara akarishye ya Islam biyise aba Jihadists. Muri 2021 byateye Pariki y’Igihugu yitwa Pendjari; bihitana abasirikare babiri.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 5 =

Previous Post

Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda yabobereje agatima k’abakunzi bayo bagarura icyizere

Next Post

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri 'Lodge' yasinze basanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.