Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo Perezida Kagame yaganiriye n’Umukuru w’Igihugu cya Guinea-Bissau ubaye uwa kabiri yakiriye nyuma y’icyumweru

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingingo Perezida Kagame yaganiriye n’Umukuru w’Igihugu cya Guinea-Bissau ubaye uwa kabiri yakiriye nyuma y’icyumweru
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, banagirana ibiganiro byagarutse ku bibazo byugarije Isi, n’ibyo ku rwego rwa Afurika, ndetse no ku mubano w’Ibihugu byombi.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagize iti “Muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinea-Bissau.”

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, bikomeza bivuga ko “Abakuru b’Ibihugu bombi bagiranye ibiganiro ku bibazo by’Isi n’iby’Umugabane, ndetse n’uburyo bwo gukomeza guteza imbere imikoranire y’Ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.”

Umaro Sissoco Embaló wagiriye uruzinduko mu Rwanda yahaherukaga mu mezi umunani ashize, dore ko yari umwe mu Banyacyubahiro bitabiriye ibirori by’irahira ry’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame byabaye muri Kanama umwaka ushize wa 2024.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, nyuma y’icyumweru kimwe anakiriye Umukuru w’Igihugu cya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, yakiriye tariki 21 Mata 2025 mu Biro bye muri Village Urugwiro.

Faure Essozimna Gnassingbé we yaje mu Rwanda agenzwa n’inshingano aherutse guhabwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo Perezida wa Guinea-Bissau yageraga muri Village Urugwiro
Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Umuhanzi Meddy n’umugore we baritegura kwibaruka ubuheta

Next Post

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.