Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku mahirwe, kuko yavuye mu ishuri kubera ko abandi bana birirwa bamukwena, akaba ahora yigunze, ndetse abamurera na bo bikaba byarabayobeye kuko afite imyitwarire ibatera urujijo rwo kwemeza igitsina cye niba ari umuhungu cyangwa ari umukobwa.

Uyu mwana uhora yigunze kubera guhora akomerwa n’abandi bana bagenzi be, nyirakuru umurera, avuga ko yabuze ubushobozi bwo kumuvuza kugira ngo asigarane igitsina kimwe, ku buryo ubu byombi bikora.

Ati “Iyo ndebye mbona byombi wagira ngo birakora, yihagarika nk’abakobwa ariko n’igitsina cye cy’igihungu nigeze kubona cyahagurutse. Iyo urebye ubona imyitwarire ye igana ku bukobwa ariko iyo ahagaze nanone ubona ari nk’umuhungu ku buryo nashatse kumwambika ingutiya ariko mbona ntibijyanye akaba ari bwo mwambika amapantalo.”

Uyu mwana wakabaye yiga nibura mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza kugeza ubu ntiyiga kubera ko abandi bana bamuseka bavuga ko afite ibitsina bibiri.

Nyina wabo agira ati “Mama yamujyanye ku ishuri diregiteri aramwanga nyine.”

Nyirakuru na we yagize ati “None ubwo wa mugani ku ishuri agiye kwihagarika abandi bana bakamubona ntibajya bamushagara?”

Uretse no kutiga, uyu mwana ahora yigungiye mu rugo kugeza n’aho birinda kumwohereza kuvoma amazi mu rwego rwo kwirinda ko abana bamukorera urugomo bashaka kureba imiterere ye.

Nyirakuru ati “Nigeze kumwohereza kuvoma nanjye ngenda mukurikiye nsanga abana bari kubwirana ngo afite igitsina cy’abahungu n’icy’abakobwa bambonye bahita baceceka, kuva ubwo sinjya mutuma amazi.”

Uyu muryango usaba ubufasha bwo gupimisha uyu mwana kugira ngo hamenyekane igitsina gikora bityo ikimwe kibe cyabagwa kubera koko bo batabyishoboza bitewe n’ubushobozi bucye.

Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda uharanira Iterambere ry’Ubuzima n’Uburenganzira (HDI) Dr. Kagaba Aphrodis wamagana ababa bashaka kureba imyanya y’ibanga y’uyu mwana avuga ko ari ihohoterwa akorerwa ndeste akavuga ko uyu muryango ayobowe ugiye gushaka uburyo bwo kumufasha kugera kwa muganga.

Ati “Ariko ibyo kumuseka kubera uko yavutse byo rwose ntabwo ari byo ni ukubyamagana. Icyo twakora ni ugushaka uburyo twamufasha akagera kwa muganga. Ndabaza niba ibitaro by’i Rusizi byamwakira nidusanga batabishoboye twareba ahandi tumujyana.”

Bivugwa ko uyu mwaka akiri uruhinja yajyanywe kuvurizwa mu ivuriro ryarimo abazungu bagasaba umubyeyi we kumutunga ngo bamwijyanire iwabo abe ari ho bamuvurira ariko umubyeyi we ababera ibamba.

Uyu mwana ahora yigunze kubera ibyo akunda kubwirwa na bagenzi be
Yagakwiye kuba yiga ariko yavuye mu ishuri

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.