• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in MU RWANDA
0
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri bo bahita bitaba Imana, abandi barakomereka.

Ibi byago byabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 04 Mutarama 2026 ubwo aba baturage bari bari mu mirimo muri kiriya gishanga mu Mudugudu wa Cyahafi mu Kagari ka Kibimba, bakaza kugama mu nzu z’abarinda icyambu ubwo imvura yagwaga.

Ubwo bari bugamye nibwo inkuba ifite imbaraga yakubise, abagera mu icyenda bahita bitaba Imana nk’uko byemejwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa.

Guverineri yagize ati “Ni ho inkuba yabakubitiye bahinguye, bugamye mu nzu z’abarinda icyambu n’ahakorerwa uburyobyi.”

Yakomeje agira ati “Mu bantu cumi na batanu (15) yakubise, icyenda (9) bahise bapfa, na ho batandatu (6) bakaba bakomeretse, abandi barahungabana, ubu inzego z’ibanze zatangiye gukora ubutabazi.”

Abitabye Imana bahise bajyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kibungo, ndetse inzego zikaba zateguye uburyo bwo kubaherecyeza ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’Akarere n’imiryango yabo.

Rubingisa avuga ko iyi nkuba yari ikomeye kandi ko idasanzwe muri ibi bice. Ati “Ni ubwa mbere bibaye, twasabye n’abahanga ngo baturebere icyayikuruye kuko yari ifite imbaraga nyinshi.’’

Mu bantu 130 bishwe n’ibiza mu Rwanda mu mwaka wa 2025, abenshi muri bo bahitanywe n’inkuba zikunze kwibasira ibice byo mu Burengerazuba bw’iki Gihugu.

Agace k’Iburengerazuba bw’u Rwanda by’umwihariko Akarere ka Rutsiro kari mu bice bya mbere ku Isi, byibasirwa n’inkuba, nk’uko byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi muri 2023.

Muri uwo mwaka, iyi Minisiteri yatangaje ko mu myaka itanu yari ishize, mu Rwanda Inkuba zishe abantu 273, mu gihe abakomeretse bari 882, biganjemo abo mu Turere nka Rutsiro na Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba.

Iyi Minisiteri kandi yatangaje ko icyo gihe hariho hakorwa ubushakashatsi bw’impamvu aka gace kaza ku isonga mu kwibasirwa n’inkuba ku Isi, ariko ko hakekwaga ko biterwa no kuba gafite ubutumburuke buri hejuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Next Post

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.