Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wigaga mu mwaka wa gatatu mu Buforomo n’Ububyaza muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Rwamagana, wari wajyanye na bagenzi be koga mu idamu y’amazi iherereye mu Murenge wa Kigabiro, yarohamye ahasiga ubuzima.

Ibi byago byabaye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025 mu idamu y’amazi iherereye mu Mudugudu wa Gahonogo, Akagari ka Nyagasenyi Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana.

Uyu munyeshuri witabye Imana, ni Niyinderera Diogene wari afite imyaka 24 wigaga mu mwaka wa gatatu mu buforomo n’ububyaza mu Ishami ry’ubuvuzi rya Kaminuza y’u Rwanda rya Rwamagana, aho we na bagenzi be bane koga muri iyo damu ya Bugugu, we akaza kubura imbaraga ubwo bari bakinjira mu mazi.

Bagenzi be bari bajyanye, ubwo babonaga abuze imbaraga bagerageje kumurohora biranga, bajya gutabaza inzego zumutekano, ariko biza kuba iby’ubusa ahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yemereye RADIOTV10 ko ibi byago byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Ati “Mu masaha y’umugoroba, abanyeshuri babaga hanze y’ikigo bagiye koga muri ariya mazi, bagenda ari abanyeshyuri batanu, noneho mu gihe barimo koga bageze hagati, umwe abwira bagenzi be ngo ararushye, ahita ahindukira ashaka kugaruka ku mwaro aho yagiriyemo, ahindukiye babona ararohamye, babiri bagerageza kujya kumukuramo abarusha imbaraga, babona na bo yabaroha barekera aho baratabaza.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko Ishami Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ryahise rigera ahabereye iyi mpanuka, rigatangira gushakisha uyu munyeshuri ariko ko byageze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ataraboneka, ariko umurambo wa nyakwigendera ukaba waje kuboneka muri iki gitondo, wahise unajyanwa mu Bitaro bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Next Post

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry’igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry'igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.