Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wigaga mu mwaka wa gatatu mu Buforomo n’Ububyaza muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Rwamagana, wari wajyanye na bagenzi be koga mu idamu y’amazi iherereye mu Murenge wa Kigabiro, yarohamye ahasiga ubuzima.

Ibi byago byabaye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025 mu idamu y’amazi iherereye mu Mudugudu wa Gahonogo, Akagari ka Nyagasenyi Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana.

Uyu munyeshuri witabye Imana, ni Niyinderera Diogene wari afite imyaka 24 wigaga mu mwaka wa gatatu mu buforomo n’ububyaza mu Ishami ry’ubuvuzi rya Kaminuza y’u Rwanda rya Rwamagana, aho we na bagenzi be bane koga muri iyo damu ya Bugugu, we akaza kubura imbaraga ubwo bari bakinjira mu mazi.

Bagenzi be bari bajyanye, ubwo babonaga abuze imbaraga bagerageje kumurohora biranga, bajya gutabaza inzego zumutekano, ariko biza kuba iby’ubusa ahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yemereye RADIOTV10 ko ibi byago byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Ati “Mu masaha y’umugoroba, abanyeshuri babaga hanze y’ikigo bagiye koga muri ariya mazi, bagenda ari abanyeshyuri batanu, noneho mu gihe barimo koga bageze hagati, umwe abwira bagenzi be ngo ararushye, ahita ahindukira ashaka kugaruka ku mwaro aho yagiriyemo, ahindukiye babona ararohamye, babiri bagerageza kujya kumukuramo abarusha imbaraga, babona na bo yabaroha barekera aho baratabaza.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko Ishami Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ryahise rigera ahabereye iyi mpanuka, rigatangira gushakisha uyu munyeshuri ariko ko byageze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ataraboneka, ariko umurambo wa nyakwigendera ukaba waje kuboneka muri iki gitondo, wahise unajyanwa mu Bitaro bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Next Post

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry’igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry'igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.