Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wigaga mu mwaka wa gatatu mu Buforomo n’Ububyaza muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Rwamagana, wari wajyanye na bagenzi be koga mu idamu y’amazi iherereye mu Murenge wa Kigabiro, yarohamye ahasiga ubuzima.

Ibi byago byabaye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025 mu idamu y’amazi iherereye mu Mudugudu wa Gahonogo, Akagari ka Nyagasenyi Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana.

Uyu munyeshuri witabye Imana, ni Niyinderera Diogene wari afite imyaka 24 wigaga mu mwaka wa gatatu mu buforomo n’ububyaza mu Ishami ry’ubuvuzi rya Kaminuza y’u Rwanda rya Rwamagana, aho we na bagenzi be bane koga muri iyo damu ya Bugugu, we akaza kubura imbaraga ubwo bari bakinjira mu mazi.

Bagenzi be bari bajyanye, ubwo babonaga abuze imbaraga bagerageje kumurohora biranga, bajya gutabaza inzego zumutekano, ariko biza kuba iby’ubusa ahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yemereye RADIOTV10 ko ibi byago byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Ati “Mu masaha y’umugoroba, abanyeshuri babaga hanze y’ikigo bagiye koga muri ariya mazi, bagenda ari abanyeshyuri batanu, noneho mu gihe barimo koga bageze hagati, umwe abwira bagenzi be ngo ararushye, ahita ahindukira ashaka kugaruka ku mwaro aho yagiriyemo, ahindukiye babona ararohamye, babiri bagerageza kujya kumukuramo abarusha imbaraga, babona na bo yabaroha barekera aho baratabaza.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko Ishami Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi ryahise rigera ahabereye iyi mpanuka, rigatangira gushakisha uyu munyeshuri ariko ko byageze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ataraboneka, ariko umurambo wa nyakwigendera ukaba waje kuboneka muri iki gitondo, wahise unajyanwa mu Bitaro bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Next Post

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry’igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry'igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.