Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inkuru ikora ku mutima y’uruhinja rwavukiye mu ruhuri rw’ibibazo muri Maroc

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Inkuru ikora ku mutima y’uruhinja rwavukiye mu ruhuri rw’ibibazo muri Maroc
Share on FacebookShare on Twitter

Uruhinja rwatangiriye ubuzima mu kangaratete rwavutse mbere gato y’uko muri Maroc haba umutingito, aho inzu y’ababyeyi barwo yangiritse bikabije badahari, bakaba babuze n’uko basubira aho batuye, ubu bakaba bacumbitse mu ihema ku muhanda.

Uyu mutingito wari ku gipimo cyo hejuru, kugeza wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje ubu harabarwa abagera mu bihumbi bibiri, bahasize ubuzima.

Uru ruhinja rw’umubyeyi Khadija, rwavukiye mu bitaro bya Marrakesh mu minota micye mbere gato y’uko uyu mutingito uba, aho uyu mwana n’abandi bari muri ibyo bitaro, bahise babikurwamo, nyuma y’amasaha atatu gusa amaze kuvuka.

Khadija, nyina w’uru ruhinja, yagize ati “Bahise badusohora kuko twari dufite ubwoba ko ibikuta bishobora kutugwira.”

Avuga ko we n’umugabo we, mu gitondo cya kare ku wa Gatandatu bagerageje gufata imodoka yabageza aho basanzwe batuye mu gace ka Taddart, mu bice by’imisozi miremire mu bilometero 65 uvuye muri Marrakesh, ariko baza kugera mu nzira basanga umuhanda wangijwe n’umutingito.

Bageze mu nzira na bwo baracumbika, bajya kuba mu gace ka Asni, aho ubu uyu muryango uri kuba mu ihema hafi y’umuhanda.

Uyu mubyeyi ati “Nta bufasha na buto ndakira cyangwa indi nkunga iyo ari yo yose iturutse mu butobozi. Twagerageje gusaba abaturage bo muri aka gace, ko nibura badutiza ibiringiti tukabasha kwifubika.”

Uyu mubyeyi wumvikana nk’uri mu gahinda, yongeyeho ati “Ubu icyo dufite ni Imana gusa.”

Avuga ko ibi byago byabaye, bafite utwenda ducye tw’uru ruhinja, mu gihe abaturanyi babo aho batuye, na bo bavuze ko inzu yabo yangiritse bikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nine =

Previous Post

Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Next Post

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.