Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inkuru ikora ku mutima y’uruhinja rwavukiye mu ruhuri rw’ibibazo muri Maroc

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Inkuru ikora ku mutima y’uruhinja rwavukiye mu ruhuri rw’ibibazo muri Maroc
Share on FacebookShare on Twitter

Uruhinja rwatangiriye ubuzima mu kangaratete rwavutse mbere gato y’uko muri Maroc haba umutingito, aho inzu y’ababyeyi barwo yangiritse bikabije badahari, bakaba babuze n’uko basubira aho batuye, ubu bakaba bacumbitse mu ihema ku muhanda.

Uyu mutingito wari ku gipimo cyo hejuru, kugeza wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje ubu harabarwa abagera mu bihumbi bibiri, bahasize ubuzima.

Uru ruhinja rw’umubyeyi Khadija, rwavukiye mu bitaro bya Marrakesh mu minota micye mbere gato y’uko uyu mutingito uba, aho uyu mwana n’abandi bari muri ibyo bitaro, bahise babikurwamo, nyuma y’amasaha atatu gusa amaze kuvuka.

Khadija, nyina w’uru ruhinja, yagize ati “Bahise badusohora kuko twari dufite ubwoba ko ibikuta bishobora kutugwira.”

Avuga ko we n’umugabo we, mu gitondo cya kare ku wa Gatandatu bagerageje gufata imodoka yabageza aho basanzwe batuye mu gace ka Taddart, mu bice by’imisozi miremire mu bilometero 65 uvuye muri Marrakesh, ariko baza kugera mu nzira basanga umuhanda wangijwe n’umutingito.

Bageze mu nzira na bwo baracumbika, bajya kuba mu gace ka Asni, aho ubu uyu muryango uri kuba mu ihema hafi y’umuhanda.

Uyu mubyeyi ati “Nta bufasha na buto ndakira cyangwa indi nkunga iyo ari yo yose iturutse mu butobozi. Twagerageje gusaba abaturage bo muri aka gace, ko nibura badutiza ibiringiti tukabasha kwifubika.”

Uyu mubyeyi wumvikana nk’uri mu gahinda, yongeyeho ati “Ubu icyo dufite ni Imana gusa.”

Avuga ko ibi byago byabaye, bafite utwenda ducye tw’uru ruhinja, mu gihe abaturanyi babo aho batuye, na bo bavuze ko inzu yabo yangiritse bikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Next Post

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.