Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Inkuru nziza iturutse muri RwandAir ku bohereza ibicuruzwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir yagejeje mu Rwanda indege izajya itwara imizigo, yari imaze igihe itegerezanyijwe amatsiko n’abacuruzi basanzwe bafite ibyo bohereza hanze.

Abashoramari basanzwe bohereza ibicuruzwa byabo mu mahanga, bari bamaze iminsi bagaragaza imbogamizi zo kuba batabona uko bohereza ibicuruzwa bihagije.

Bamwe bagaragazaga ko hari igihe bajyana ibicuruzwa, bagera ku kibuga cy’Indege, bikaba ngombwa ko babigabanya, bigatuma bimwe bipfa ubusa.

Ibi byaterwaga no kuba nta ndege yihariye itwara imizigo gusa, kuko ibicuruzwa byatwarwaga mu ndege zisanzwe zitwara abagenzi bigatuma ingano y’ibicuruzwa bifuza kohereza hanze ikomeza kuba iyanga nyamara baba bafite isoko rinini hanze.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana yari aherutse gutangaza ko aba bacuruzi bashonje bahishiwe kuko sosiyete y’u Rwanda y’Indege (RwandAir), yatumije indege izajya itwara imizigo (Cardo aircraft).

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 24 Ugushyingo 2022, amarira y’aba bacuruzi yahanaguwe, kuko indege ya mbere itwara imizigo ya RwandAir yasesekaye ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Iyi ndege ya B737-800SF, yakiriwe neza nkuko iyi sosiyete ya RwandAir isanzwe yakira indege zayo nshya, aho yageze ku Kibuga cy’Indege ikamenwaho amazi mu buryo bwo kuyakira.

Ubutumwa bwa RwandAir bwagaragaje ko icyifuzo cya bariya bacuruzi, cyatangiye kubahirizwa, aho yagize ati “Uyu munsi twakiriye indege ya Cargo ya mbere yifujwe igihe kinini ya B737-800SF nkuko dukomeje kwagura umubare w’indege zacu.”

Ubwo iyi ndege yageraga ku kibuga cy’indege

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Bugesera: Umunyamakuru yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza
FOOTBALL

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.