Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inkuru nziza ku bakunze ‘Indoro, Mfata,’…Charly na Nina bagarukanye imbaduko

radiotv10by radiotv10
03/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Inkuru nziza ku bakunze ‘Indoro, Mfata,’…Charly na Nina bagarukanye imbaduko
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzikazi Charlotte Rulinda (Charly) na Fatuma Muhoza (Nina) bagize itsinda rizwi nka Charly&Nina, bemeje ko bagarutse mu muziki nyuma y’igihe bivugwa ko batandukanye.

Aba bahanzikazi bari bagiye kuzuza imyaka ibiri badashyira hanze indirimbo, baherutse gutumirwa mu iserukiramuco rizwi nka Amani Festival rizabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bakimara gutumirwa, abakunzi babo babaye nk’abamwenyura ko baba bagiye gusubirana ndetse bakongera kubaha ibihangano bishya dore ko indirimbo yabo nshya iheruka muri Werurwe 2020.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aba bahanzi bemeje ko ubu bongeye kugaruka mu ruganda rwa muzika.

Mu butumwa Charly yanyujije kuri Instagram, buherekejwe n’ifoto ari kumwe na mugenzi we Nina, yagize ati “MURAHOOOO!!! Hari hashize igihe, Twari tubakumbuye, twizere ko namwe ari uko!!!!”

Ni ubutumwa kandi bwashyizweho na Nina mugenzi we, na we wabushyize kuri Instagram ye na bwo buherekejwe n’iyi foto bari kumwe bombi.

Ni ubutumwa bwashimishije benshi bagaragaje ko bari bakumbuye kubabona baririmbana mu gihe byari bimaze igihe bivugwa ko batandukanye ndetse bakanahagarika umuziki.

Mu bagaragaje ko bishimye, harimo n’abasanzwe bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda barimo Umunyamakuru Sandrine Isheja, watanze igitekerezo kuri ubu butumwa, agira ati “Yeeess! The Queens are BACKKK [Yego! Abamikazi baragarutse]

Harimo kandi Umunyamakuru Ally Soudi na we wagize ati “Mutubabarire mutebuke.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eleven =

Previous Post

Kigali: Gukingira bigiye gukorwa hifashishijwe imodoka izajya ijya ahahura abantu benshi

Next Post

Ruhango: Umunyeshuri aravuga ko umugabo utazwi yamusanze mu bwiherero bw’ishuri amusambanyirizamo

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umunyeshuri aravuga ko umugabo utazwi yamusanze mu bwiherero bw’ishuri amusambanyirizamo

Ruhango: Umunyeshuri aravuga ko umugabo utazwi yamusanze mu bwiherero bw’ishuri amusambanyirizamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.